• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda wa kaburimbo, hari abantu bahategera abantu n’imodoka, bakabiba ku buryo nta bagipfa kuhanyura mu masaha y’umugoroba.

Havugimana Samuel avuga ko yakubitiwe amabuye n’abantu bataramenyekana bakunze kwihisha muri iri shyamba riri kuri Kaburimbo mu Mudugudu w’Akinyenyeri mu Kagari ka Kinzovu ubwo yatabazwga n’abashinzwe irondo ngo bajye gutabara umushoferi na we wari uri gutabaza.

Ati “Tugiye dusanga batwiteguye n’amabuye baratwirukana, nibwo twirukanse hariya mu nturusi, nibwo bankubise ibuye ahangaha n’uriya twarikumwe ntiyakomeretse cyane ni jye wakomeretse.”

Bamwe mu baturage ndetse n’abashinzwe irondo muri muri aka gace iri shyamba ry’inturusu riherereyemo, barumvikana ko ari itsinda ry’abantu b’ibihazi bikinga muri iri shyamba bagamijwe kwiba ku modoka.

Haragirimana Ezechiel ati “Bitwaza ririya shyamba ntahandi wakwihisha, hacaho ikamyo bakayipanda bagaca imigozi. Twarahuruye bari batwishe bafite ibyuma icyo batari bafite n’imbunda.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo bakareba uko cyafatirwa ingamba.

Ati “Niba ari case yabayeho rimwe ntabwo twayemeza nk’aho ari ikintu kihahora. Icyo twakora ni uko twakurikirana aho byaba byaraturutse tugafata n’ingamba zo gukomeza kubikumbira.”

Abahaturiye bemeza ko nyuma ya saa mbiri z’ijoro nta muturage uhacaracara ngo ahanyure, ndetse ko n’ibinyabiziga bikurura biba bikuye ibicuruzwa hanze y’u Rwanda, bihanyura bigenda buhoro, byibwa ibyo biba bipakiye.

Bavuga ko abantu bataramenyekana bihisha mu ishyamba bakabagirira nabi
Uyu avuga ko aherutse kuhakubitirwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

How to restart your life when you feel left behind

Next Post

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.