• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ikimoteri cy’umujyi wa Kayonza giherereye mu Murenge wa Mukarange, bavuga ko giturukamo umunuko ukabije ndetse n’amasazi aza akabanduriza ibikoresho birimo n’ibyo bafatiraho amafunguro, ku buryo bafite impungenge zo kurwara indwara ziterwa n’umwanda.

Abaturiye iki kimoteri kirundwamo imyanda, giherere mu Mudugudu wa Kinunga mu Kagari ka Mburabuturo, bavuga ko iki kibazo cy’umunuko n’amasazi gikunze kubaho mu bihe by’imvura.

Umwe muri bo ati “Iyo imvura iguye hamanuka amasazi aturutse ku kimoteri n’umunuko. Ikibazo kinini ni amasazi amanuka akanduza amasahani n’inkono umuntu aba atetse.”

Aba baturage bavuga ko bafite impungenge zo kuzabikurizamo indwara ziterwa n’umwanda, kuko ayo masazi azana imyanda akura muri iki kimoteri.

Undi ati “Ikibazo ni uko umuntu ashobora kwandura indwara zaba impiswi cyangwa indwara zindi zikomoka muri izo sazi. Icyifuzo ni uko ubu haboneka umuti bwite ushobora gutsirika isazi n’imyanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, John Ntambara avuga ko iki kimoteri cyashyiriweho inyungu z’abaturage kandi ko aho cyashyizwe hari habanje gukorerwa isuzuma ko nta ngaruka byagira ku baturage, ku buryo kidashobora kuhakurwa.

Ati “Cyahashyizwe kubera impamvu kubera ko cyashyizwe ahantu hitaruye kandi gifite icyo kimariye umujyi. Ikiriho ni ukureba imicungire yacyo ku bashinzwe bagicunga ku buryo banoza.”

John Ntambara yavuze ko ubuyobozi bugiye kuganira n’abashinzwe gucunga iki kimoteri, kugira ngo harebwe niba hari ibyo batanoza, bibe byashyirwa ku murongo, kugira ngo ibi bibazo bizamurwa n’abaturage bikemuke.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Uko imikino ifungura shampiyona y’u Rwanda yagenze n’udushya yatangiranye

Next Post

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.