Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Ubugiraneza bwatumye imiryango ibiri y’abantu 18 ibana mu nzu imwe nayo idashinga

radiotv10by radiotv10
29/04/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Ubugiraneza bwatumye imiryango ibiri y’abantu 18 ibana mu nzu imwe nayo idashinga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa kabarondo mu Karere ka Kayonza, hari umuryango ugizwe n’abantu umunani wemeye gucumbikira undi w’umukecukuru ugizwe n’abantu 10, gusa ngo aho bigeze barabangamiwe none basabye uyu mukecuru kugenda.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuraga uyu mukecuru witwa Mukayakaremye Sophia, wasanze aha acumbitse atekeye hanze, amubarira inkuru y’aka gahinda ke.

Aha yacumbikiwe n’umuturanyi, baba mu nzu basangiye ubu irimo abantu 18 barimo 10 ba Sophia n’abandi umunani ba nyiri nzu aho buri muryango ufite umuryango winjiriramo, umwe winjirira mu w’imbere, undi mu w’inyuma.

Gusa amakuru atari meza ni uko uyu mucyecuru yasabwe gusohoka muri iyi nzu kandi iye itarasanwa none akaba avuga ko yabuze aho yerecyeza.

Aganira na RADIOTV10, Sophia yavuze ko nta bushobozi afite bwo kwisanira inzu ye ku buryo yabikora ubundi agaha amahoro uyu muturanyi wari wamugiriye neza.

yagize ati “Ndimo ndangara kandi n’abana banjye barimo barangara […] inzu imeze kuriya umuntu utishoboye, njye nzajya gupfira muri kiriya kizu kubera iki.”

Uwacumbikiye uyu mukecuru avuga ko yemeye kumucumbikira ari ubwitange ariko ko atari azi ko bizamara igihe kingana uku.

Ati “Nanjye ni ukwitanga, iyi nzu urayireba, mfitemo abana batandatu, nayigabanyijemo kabiri, ngize amahirwe bakamufasha nanjye naba nduhutsemo kuko nanjye ndabangamiwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Kabarondo, Jean Paul Kagabo avuga ko n’ubundi iyi nzu yabagamo uyu mukecuru bari barayihawe n’ubuyobozi kuko batishoboye.

Avuga ko igiteye imbogamizi ari uko uyu mukecuru ndetse n’umugabo we bombi bashakanye n’abandi.

Ati “Abana baravuga bati ‘ntabwo papa azayibamo ngo azanemo undi mugore, na mama ntazayibamo ngo azanemo undi mugabo’.”

Jean Paul Kagabo uvuga ko ibi ari na byo byatumye bombi batabasha kuba muri iyi nzu bikanayiciramo kwangirika, avuga ko nk’ubuyobozi bagerageje uburyo bahuza uyu mukecuru n n’umugabo we kugira ngo bongere babane muri iyi nzu ariko bikananirana.

Ati “Icyo tuzakora tuzahita dukora n’inyandiko ko bayibamo cyangwa bakayigurisha bakagabana.”

Abaturanyi b’uyu mukecuru bavuga ko bamuhangayikiye kuko namara kuvanwa mu icumbi ashobora kutazabona aho yerekeza n’urubyaro rwe dore ko ari no mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe.

Umunyamakuru yasanze uyu mukecuru atetse
Uwamucumbikiye avuga ko na we abangamiwe

Uyu mukecuru avuga ko atazi aho azerecyeza
Inzu ye yarangiritse cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Next Post

Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.