Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Ubugiraneza bwatumye imiryango ibiri y’abantu 18 ibana mu nzu imwe nayo idashinga

radiotv10by radiotv10
29/04/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Ubugiraneza bwatumye imiryango ibiri y’abantu 18 ibana mu nzu imwe nayo idashinga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa kabarondo mu Karere ka Kayonza, hari umuryango ugizwe n’abantu umunani wemeye gucumbikira undi w’umukecukuru ugizwe n’abantu 10, gusa ngo aho bigeze barabangamiwe none basabye uyu mukecuru kugenda.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuraga uyu mukecuru witwa Mukayakaremye Sophia, wasanze aha acumbitse atekeye hanze, amubarira inkuru y’aka gahinda ke.

Aha yacumbikiwe n’umuturanyi, baba mu nzu basangiye ubu irimo abantu 18 barimo 10 ba Sophia n’abandi umunani ba nyiri nzu aho buri muryango ufite umuryango winjiriramo, umwe winjirira mu w’imbere, undi mu w’inyuma.

Gusa amakuru atari meza ni uko uyu mucyecuru yasabwe gusohoka muri iyi nzu kandi iye itarasanwa none akaba avuga ko yabuze aho yerecyeza.

Aganira na RADIOTV10, Sophia yavuze ko nta bushobozi afite bwo kwisanira inzu ye ku buryo yabikora ubundi agaha amahoro uyu muturanyi wari wamugiriye neza.

yagize ati “Ndimo ndangara kandi n’abana banjye barimo barangara […] inzu imeze kuriya umuntu utishoboye, njye nzajya gupfira muri kiriya kizu kubera iki.”

Uwacumbikiye uyu mukecuru avuga ko yemeye kumucumbikira ari ubwitange ariko ko atari azi ko bizamara igihe kingana uku.

Ati “Nanjye ni ukwitanga, iyi nzu urayireba, mfitemo abana batandatu, nayigabanyijemo kabiri, ngize amahirwe bakamufasha nanjye naba nduhutsemo kuko nanjye ndabangamiwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Kabarondo, Jean Paul Kagabo avuga ko n’ubundi iyi nzu yabagamo uyu mukecuru bari barayihawe n’ubuyobozi kuko batishoboye.

Avuga ko igiteye imbogamizi ari uko uyu mukecuru ndetse n’umugabo we bombi bashakanye n’abandi.

Ati “Abana baravuga bati ‘ntabwo papa azayibamo ngo azanemo undi mugore, na mama ntazayibamo ngo azanemo undi mugabo’.”

Jean Paul Kagabo uvuga ko ibi ari na byo byatumye bombi batabasha kuba muri iyi nzu bikanayiciramo kwangirika, avuga ko nk’ubuyobozi bagerageje uburyo bahuza uyu mukecuru n n’umugabo we kugira ngo bongere babane muri iyi nzu ariko bikananirana.

Ati “Icyo tuzakora tuzahita dukora n’inyandiko ko bayibamo cyangwa bakayigurisha bakagabana.”

Abaturanyi b’uyu mukecuru bavuga ko bamuhangayikiye kuko namara kuvanwa mu icumbi ashobora kutazabona aho yerekeza n’urubyaro rwe dore ko ari no mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe.

Umunyamakuru yasanze uyu mukecuru atetse
Uwamucumbikiye avuga ko na we abangamiwe

Uyu mukecuru avuga ko atazi aho azerecyeza
Inzu ye yarangiritse cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 17 =

Previous Post

Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Next Post

Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.