• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko Ikigo cy’Ubuzima cya Rugazi kimaze imyaka itanu kidakora, mu gihe ubuyobozi bw’Akarere bubihakana, bukavuga ko nubwo kidakora iminsi yose ariko gikora itatu mu cyumweru.

Aba baturage bavuga ko banagize uruhare mu kugira ngo iki kigo cy’ubuzima kiboneke, biganjemo abo mu Midugudu y’Agashikiri na Rugazi mu Kagari ka Kinzovu mu Murenge wa Kabarondo.

Ngerageze Aphrodis yagize ati “Twatanze amafaranga yo kwishyura ikibanza cyari icya Koperative biba ngombwa ko twe tukishyura. Umuganga yaraje yahakoze nk’amezi atatu bageze aho baramutwara bahita bahafunga, kandi kuvayo umubyeyi iyo agize ikibazo yabanzaga kuharuhukira Ambiransi ikaza ikamutwara.”

Turatsinze Emmanuel na we ati “Iyo abarwayi barwaye ni ngombwa ngo tuzamuke Kabarondo kandi ni mu misozi umurwayi ajya kugerayo yanegekaye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kayonza ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Harerimana Jean Damascene yahakanye ibivugwa n’abaturage by’igihe iyo Poste de Sante imaze idakora.

Ati “Imyaka itanu ko atari byo! Kuko Poste de Sante ikora iminsi itatu mu Cyumweru bitewe n’uko nta Rwiyemezamirimo twari twabona usimbura uwari uhari kuko uwari uhari yarasezeye avuga ko abayitabira ari bake turi muri gahunda yo gushaka undi.”

Uyu muyobozi avuga ko mu gihe hataraboneka abaganga bahagije, iyi poste de sante ikora iminsi micye, ariko ko hari gushakishwa rwiyemezamirimo wayikoresha, ku buryo yajya ikora iminsi yose.

Ati “Bakwihamgana nko mu gihe kiri hagati y’ukwezi kumwe n’amezi abiri ndahamya azaba yarabonetse.”

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eighteen =

Previous Post

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Next Post

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

by radiotv10
07/07/2026
0

Umunyemari ufite imitungo myinshi irimo ibibanza birenga 100, n’imodoka zirenga 20 waregwaga kwigwizaho imitungo ayikuye mu ishyirahamwe yakoreraga mu Karere...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

by radiotv10
07/07/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Israel, ziyemeje gushimangira ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi, zinasinya amasezerano y’imikoranire mu by’uburezi. Ni bimwe...

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

by radiotv10
06/07/2026
0

Mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa umugabo washumitse inzu yari irimo ibifite agaciro...

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

by radiotv10
05/07/2026
0

Mu rwego rwo gusoza gahunda y’ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda byo gufasha abaturage mu iterambere byakozwe muri uyu mwaka...

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

by radiotv10
05/07/2026
0

Umuturage wo mu murenge wa Bugarama warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 wabaga mu nzu imeze nabi yashyikirijwe inzu y’agaciro...

Next Post
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

Mu buryo budasanzwe Abanya-Iran ibihumbi bagiye guherekeza Umuyobozi w’Ikirenga wabo umaze amezi atanu yishwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.