• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA
0
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri Ghana, yitabye Imana azize uburwayi.

Nyakwigendera Aissa Kirabo Kacyira wari Umuyobozi w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bitanga Ubufasha muri Somalia, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Kanama 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Somalia, byatangaje ko Perezida w’iki Gihugu, yagaragaje agahinda k’urupfu rwa nyakwigendera.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezida ya Somalia, bugira buti “Nyakubahwa Hassan Sheikh Mohamud ababajwe cyane n’urupfu rwa Dr. Aisa Kirabo Kacyira, Umuyobozi w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bitanga Ubufasha muri Somalia (UNSOS).”

Bukomeza buvuga ko “Imiyoborere y’intangarugero n’umuhate byarangaga Dr. Kacyira byagize uruhare rukomeje mu kuzanira ituze n’iterambere Somalia.”

Perezida wa Somalia kandi yaboneyeho gufata mu mugongo umuryango wa nyakwigendera, Abanyarwanda ndetse na Guverinoma y’u Rwanda.

Dr Aissa Kirabo Kacyira yamenyekanye cyane ubwo yari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yayoboye kuva muri 2006 kugeza muri 2011, nyuma yaho aza kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Uyu munyapolitiki wanabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko mbere yo kuba Mayor w’Umujyi wa Kigali, yanabaye Umudipolomate, aho muri 2020 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, ndetse no mu bindi Bihugu byo muri kariya karere nka Liberia, Togo, Côte d’Ivoire, Benin na Sierra Leone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + ten =

Previous Post

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

Next Post

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Related Posts

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

by radiotv10
07/07/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagizwe umwe mu Bayobozi Bakuru ba Komisiyo Nshya y’Ubwenge Bukorano AI (Artificial Intelligence)...

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

by radiotv10
07/07/2026
0

Umunyemari ufite imitungo myinshi irimo ibibanza birenga 100, n’imodoka zirenga 20 waregwaga kwigwizaho imitungo ayikuye mu ishyirahamwe yakoreraga mu Karere...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

by radiotv10
07/07/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Israel, ziyemeje gushimangira ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi, zinasinya amasezerano y’imikoranire mu by’uburezi. Ni bimwe...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

Eng.-Rwanda and Israel pledge to strengthen cooperation, sign new cooperation agreement

by radiotv10
07/07/2026
0

The Governments of Rwanda and Israel have committed to strengthening their existing partnership, signing new cooperation agreements in the fields...

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

Kigali: Haravugwa umugabo watwitse inzu yarimo ibya miliyoni 5Frw kubera umujinya w’ideni ry’ibihumbi 80Frw

by radiotv10
06/07/2026
0

Mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa umugabo washumitse inzu yari irimo ibifite agaciro...

Next Post
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n'intego ihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.