Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Uko ibyaje ari amahirwe byakongeje amakimbirane mu miryango imwe ikanatandukana

radiotv10by radiotv10
29/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Uko ibyaje ari amahirwe byakongeje amakimbirane mu miryango imwe ikanatandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu miryango imwe n’imwe yo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, iravugwamo amakimbirane yanatandukanyije bamwe, yaturutse ku mwiryane watewe n’amafaranga bahawe nk’inkunga muri gahunda ya GiveDirectly.

Nikobatuye Obed na Mukabarahirwa Annonciatha, ni urugero rw’Umuryango utuye mu Mudugudu wa Shyanda mu Kagari Ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama, ariko rukaba ruvugwmao ibibazo nyuma yo guhabwa ayo mafaranga.

Umugabo umugabo avuga yajyaga abura ibintu, agakeka ko ari abana babitwaye, ariko yaje gusanga byibwa n’umugore we, washakaga ko batandukana ubundi bakagabana imitungo.

Nikobatuye yagize ati “Hari ibintu yabanje kuvuga ko ari abana be babyiba, ariko nshishoje nsanga atari abana be ahubwo ari we ubirenza. Byahise biba ngombwa ko asaba ibintu twakoranye twarabigabanye ubwo umuyobozi w’Umudugudu atwandikira urupapuro rw’uko ubintu twakoranye tubigabanye n’amafaranga baduhaye tubugabanye.”

Mukabarahirwa Annociathe ashimangira ko intandaro yo gutandukana kwe n’umugabo we, ari amafaranga bahawe muri GiveDirectly.

Avuga ko umugabo we atumvaga ko bakwiye kubyaza umusaruro ayo mafaranga, ahitamo kujya kuba ukwe, ariko ajyana ibihumbi 30 mu bihumbi 800 bari bamaze guhabwa.

Ati “Umugabo babanje kumuha amafaranga ya mbere. Ntacyo yayakoresheje, yayapfushije ubusa ibyo ndabyihanganira. Ejobundi bamusunikira ibihumbi 800 ndamubwira ko utagura akabanza, ukaba nta n’aho ushingiye aya afaranga urayapfushiriza ubusa iki? Umugabo yanteye utwatsi ngo singire icyo muvugisha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko agiye kubanza kumenya niba ibitangazwa n’aba baturage ari ukuri, ubundi bakabikurikirana.

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Bunyetongo muri uyu Murenge wa Murama bavuga ko akenshi abatandukana kubera ayo mafaranga, ari ingo zisanzwe zirimo anakimbirane, ubundi bahabwa aya mafaranga akaba imbarutso.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =

Previous Post

Mali: Impanuka ikanganye ya Bisi yaguyemo umubare munini w’abari bayirimo

Next Post

Ufite ubumuga bw’uruhu yavuze ubuzima bushaririye abayemo n’ikibutera cyanatumye umugore amuta

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite ubumuga bw’uruhu yavuze ubuzima bushaririye abayemo n’ikibutera cyanatumye umugore amuta

Ufite ubumuga bw’uruhu yavuze ubuzima bushaririye abayemo n’ikibutera cyanatumye umugore amuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.