Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ufite ubumuga bw’uruhu yavuze ubuzima bushaririye abayemo n’ikibutera cyanatumye umugore amuta

radiotv10by radiotv10
29/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ufite ubumuga bw’uruhu yavuze ubuzima bushaririye abayemo n’ikibutera cyanatumye umugore amuta
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ufite ubumuga bw’uruhu wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, arembejwe n’ibibazo by’imibereho nk’uburwayi burimo n’amavunja, aterwa n’ubukene bukabije bwatumye n’umugore we amuta akigendera.

Hitimana Evariste atuye mu Mudugudu wa Nyundo, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Ruhango, avuga ko amaranye amavunja igihe kirekire ku mpamvu avuga ko zifitanye isano n’ubukene nyamara ngo akaba atabasha kuyahandura kuko atabona neza ndetse n’umugore we wakabaye amufasha yamutaye.

Yagize ati “Umugore yaranyanze, n’agasambu nari mfite arakajyana, aba ari ubukene wa muntu we, igituma njyewe ntabwo ndeba neza gukaraba ndakaraba ariko se inkweto se nazikura hehe? Uri kubona n’izi zansaziyeho.”

Umunyamakuru wasuye uyu mugabo mu rugo iwe aho aba, yasanze abayeho mu buzima bushaririye, mu nzu y’icyumba kimwe na salo bigaragara ko nta kintu kirimo cy’agaciro.

Avuga ko atajya asinzira kubera amavunja. Ati “Arandya cyane nkashimagura nkabura uko nabigenza. Uwampa nk’ubushobozi nkabona nk’udufaranga nkajya ngura nka bote rimwe na rimwe ni zo zishobora amavunja.”

Abaturanyi be, bavuga ko uyu mugabo abayeho mu buzima buteye agahinda, bagasaba ko inzego z’ubuyobozi zamufasha zikamushakira umuti w’aya mavunja ndetse zikamushakira aho yaba hazima.

Umwe ati “Dukunda kumubona yikoreye umucanga cyangwa amabuye, iyo ibyo biraka yabibuze agenda buri muryango ari gusaba, umuhaye ikirayi, umuhaye 100 ni ubwo buzima abayeho, keretse mumuhaye nk’ubufasha akabona ukuntu agera kwa muganga kuko numva kwa muganga ahandi ngo boherezayo abantu bakabavura amavunja agakira.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Umuganwa Marie Chantal, avuga ko ubuyobozi bugiye kugira icyo bukora kuri iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Kayonza: Uko ibyaje ari amahirwe byakongeje amakimbirane mu miryango imwe ikanatandukana

Next Post

M23 yashyize hanze amakuru arambuye y’ibitemewe bikorwa na MONUSCO ku rugamba

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze amakuru arambuye y’ibitemewe bikorwa na MONUSCO ku rugamba

M23 yashyize hanze amakuru arambuye y’ibitemewe bikorwa na MONUSCO ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.