Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage barenga 10 bo mu Mirenge ya Kabare na Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, baratunga agatoki umunyemari Paul Muvunyi kwanga kubishyura amafaranga bakoreye mu ishoramari rya Hoteli ya Akagera Safari Camp.

Aba baturage bavuga ko uyu munyemari yabahembaga mu ntoki, ariko nyuma aza kubihagarika, ari na bwo bafataga icyemezo cyo guhagarika akazi.

Uwitwa Makuza Anastase umwe muri aba bantu, ari na we uvuga ko abahagarariye, avuga ko abambuwe n’uyu munyemari, ari abantu 12 bakoraga imirimo inyuranye.

Ati “Bamwe bakoraga ubusekirite, abandi mu busitani abandi barasasaga. Twakoraga kuri Hoteri y’Uwitwa Muvunyi Paul kuri Hoteri Akagera Safari Camp, none tugera mu nzego zose zishoboka bakatubaza ikimenyetso cy’uko twamukoreye.”

Akomeza agira ati “Nkanjye ndamubaraho Ibihumbi Magana cyenda na Mirongo Icyenda (990 000 Frw). Nari umusekerite nyuma yaho nza gukora mu busitani. Nta hantu turageze.”

Niyonsaba Viollette, Umukozi w’Akarere ka Kayonza wakiriye iki kibazo, yasobanuriye umuvunyi ko bahamagara Paul Muvunyi kuri telefoni ntiyitabe ariko kandi ko aba baturage babemera ko ari bari abakozi babo ahubwo ko bagiye gukurikirana kumenya igihe azabahembera.

Ati “Yego yarabyemeye (Muvunyi Paul ngo yemereye Gitifu w’Umurenge wa Kabare ko ari abakozi bamukoreye ariko ntiyitaba Akarere). Ubwo igisigaye kwaba ari ukumenya umunsi azabishyuriraho. Navuganye na HR (umukozi ushinzwe abakozi) waho arabemera ko ari abakozi.”

Avugana na RADIOTV10 ku murongo wa Teleefoni, Umushoramari Paul Muvunvi yavuze ko atigeze yanga kwishyura aba baturage ahubwo ko hari ibyo bamwibye kandi yasabye Akarere ko bahura akabishyura bamaze kubiryozwa.

Ati “Ntabwo nanze kubishyura, ahubwo bakoze amakosa bariba. Icyo nkubwira ni uko baje bakwishyurwa ariko bakishyurwa natwe ibyo hari ibyo bibye kandi twabigejeje ku nzego zibishinzwe kandi hari ibyo bari bafatanywe. Erega n’uwo mubare sinywuzi ariko ibiribo ni uko ntawanze kubishyura. N’ubundi ntakibazo gihari ko batakoraga bonyine se, nanabibwiye n’ubuyobozi bw’Akarere mbasaba ko baza bagahembwa abatarahembwe, ntibaje rero ni cyo kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yavuze ko iki kibazo agiye kugikurikirana ku buryo kizakemuka mu gihe cya vuba. Yagize ati “Reka tugikurikirane vuba bishoboka.” 

Aba baturage uko ari 12 bishyuza Paul Muvunyi arenga Miliyoni 7 Frw, bagasaba, Umuvunyi mukuru kubafasha bakishyurwa mu gihe bamaze badahembwa.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Next Post

Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Does Belgium have the right to "sanction" anyone in this World?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.