Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage barenga 10 bo mu Mirenge ya Kabare na Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, baratunga agatoki umunyemari Paul Muvunyi kwanga kubishyura amafaranga bakoreye mu ishoramari rya Hoteli ya Akagera Safari Camp.

Aba baturage bavuga ko uyu munyemari yabahembaga mu ntoki, ariko nyuma aza kubihagarika, ari na bwo bafataga icyemezo cyo guhagarika akazi.

Uwitwa Makuza Anastase umwe muri aba bantu, ari na we uvuga ko abahagarariye, avuga ko abambuwe n’uyu munyemari, ari abantu 12 bakoraga imirimo inyuranye.

Ati “Bamwe bakoraga ubusekirite, abandi mu busitani abandi barasasaga. Twakoraga kuri Hoteri y’Uwitwa Muvunyi Paul kuri Hoteri Akagera Safari Camp, none tugera mu nzego zose zishoboka bakatubaza ikimenyetso cy’uko twamukoreye.”

Akomeza agira ati “Nkanjye ndamubaraho Ibihumbi Magana cyenda na Mirongo Icyenda (990 000 Frw). Nari umusekerite nyuma yaho nza gukora mu busitani. Nta hantu turageze.”

Niyonsaba Viollette, Umukozi w’Akarere ka Kayonza wakiriye iki kibazo, yasobanuriye umuvunyi ko bahamagara Paul Muvunyi kuri telefoni ntiyitabe ariko kandi ko aba baturage babemera ko ari bari abakozi babo ahubwo ko bagiye gukurikirana kumenya igihe azabahembera.

Ati “Yego yarabyemeye (Muvunyi Paul ngo yemereye Gitifu w’Umurenge wa Kabare ko ari abakozi bamukoreye ariko ntiyitaba Akarere). Ubwo igisigaye kwaba ari ukumenya umunsi azabishyuriraho. Navuganye na HR (umukozi ushinzwe abakozi) waho arabemera ko ari abakozi.”

Avugana na RADIOTV10 ku murongo wa Teleefoni, Umushoramari Paul Muvunvi yavuze ko atigeze yanga kwishyura aba baturage ahubwo ko hari ibyo bamwibye kandi yasabye Akarere ko bahura akabishyura bamaze kubiryozwa.

Ati “Ntabwo nanze kubishyura, ahubwo bakoze amakosa bariba. Icyo nkubwira ni uko baje bakwishyurwa ariko bakishyurwa natwe ibyo hari ibyo bibye kandi twabigejeje ku nzego zibishinzwe kandi hari ibyo bari bafatanywe. Erega n’uwo mubare sinywuzi ariko ibiribo ni uko ntawanze kubishyura. N’ubundi ntakibazo gihari ko batakoraga bonyine se, nanabibwiye n’ubuyobozi bw’Akarere mbasaba ko baza bagahembwa abatarahembwe, ntibaje rero ni cyo kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yavuze ko iki kibazo agiye kugikurikirana ku buryo kizakemuka mu gihe cya vuba. Yagize ati “Reka tugikurikirane vuba bishoboka.” 

Aba baturage uko ari 12 bishyuza Paul Muvunyi arenga Miliyoni 7 Frw, bagasaba, Umuvunyi mukuru kubafasha bakishyurwa mu gihe bamaze badahembwa.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Next Post

Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Does Belgium have the right to "sanction" anyone in this World?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.