Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Umunyemari Paul Muvunyi uzwi mu Rwanda aravugwaho kwambura abamukoreye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage barenga 10 bo mu Mirenge ya Kabare na Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, baratunga agatoki umunyemari Paul Muvunyi kwanga kubishyura amafaranga bakoreye mu ishoramari rya Hoteli ya Akagera Safari Camp.

Aba baturage bavuga ko uyu munyemari yabahembaga mu ntoki, ariko nyuma aza kubihagarika, ari na bwo bafataga icyemezo cyo guhagarika akazi.

Uwitwa Makuza Anastase umwe muri aba bantu, ari na we uvuga ko abahagarariye, avuga ko abambuwe n’uyu munyemari, ari abantu 12 bakoraga imirimo inyuranye.

Ati “Bamwe bakoraga ubusekirite, abandi mu busitani abandi barasasaga. Twakoraga kuri Hoteri y’Uwitwa Muvunyi Paul kuri Hoteri Akagera Safari Camp, none tugera mu nzego zose zishoboka bakatubaza ikimenyetso cy’uko twamukoreye.”

Akomeza agira ati “Nkanjye ndamubaraho Ibihumbi Magana cyenda na Mirongo Icyenda (990 000 Frw). Nari umusekerite nyuma yaho nza gukora mu busitani. Nta hantu turageze.”

Niyonsaba Viollette, Umukozi w’Akarere ka Kayonza wakiriye iki kibazo, yasobanuriye umuvunyi ko bahamagara Paul Muvunyi kuri telefoni ntiyitabe ariko kandi ko aba baturage babemera ko ari bari abakozi babo ahubwo ko bagiye gukurikirana kumenya igihe azabahembera.

Ati “Yego yarabyemeye (Muvunyi Paul ngo yemereye Gitifu w’Umurenge wa Kabare ko ari abakozi bamukoreye ariko ntiyitaba Akarere). Ubwo igisigaye kwaba ari ukumenya umunsi azabishyuriraho. Navuganye na HR (umukozi ushinzwe abakozi) waho arabemera ko ari abakozi.”

Avugana na RADIOTV10 ku murongo wa Teleefoni, Umushoramari Paul Muvunvi yavuze ko atigeze yanga kwishyura aba baturage ahubwo ko hari ibyo bamwibye kandi yasabye Akarere ko bahura akabishyura bamaze kubiryozwa.

Ati “Ntabwo nanze kubishyura, ahubwo bakoze amakosa bariba. Icyo nkubwira ni uko baje bakwishyurwa ariko bakishyurwa natwe ibyo hari ibyo bibye kandi twabigejeje ku nzego zibishinzwe kandi hari ibyo bari bafatanywe. Erega n’uwo mubare sinywuzi ariko ibiribo ni uko ntawanze kubishyura. N’ubundi ntakibazo gihari ko batakoraga bonyine se, nanabibwiye n’ubuyobozi bw’Akarere mbasaba ko baza bagahembwa abatarahembwe, ntibaje rero ni cyo kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yavuze ko iki kibazo agiye kugikurikirana ku buryo kizakemuka mu gihe cya vuba. Yagize ati “Reka tugikurikirane vuba bishoboka.” 

Aba baturage uko ari 12 bishyuza Paul Muvunyi arenga Miliyoni 7 Frw, bagasaba, Umuvunyi mukuru kubafasha bakishyurwa mu gihe bamaze badahembwa.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Next Post

Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Does Belgium have the right to “sanction” anyone in this World?

Does Belgium have the right to "sanction" anyone in this World?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.