Wednesday, October 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
12/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu bihe bitandukanye, anabanza kubagurira bagira ngo bagiye gukira, none ubu urwo bahinze rwumiye mu mirima, urundi ruri kwangirikira ku mbuga.

Aba baturage bo mu Kagari ka Kinzovu mu Murenge wa Kabarondo, biganjemo abo mu Gihuke, bavuga ko babwiwe guhinga urusenda na Dancile Mukandayisenga, umuguzi w’urusenda muri aka gace.

Bavuga ko bamwe muri yabafashije kubona umurama w’urusenda, ariko ntiyongeye kubagurira umusaruro.

Munyaneza Eric yagize ati “Yaje atubwira ko ahagarariye Ikigo kiri hariya i Nyamirama, Koperative y’urusenda mbaha umurima ndahinga, ariko ubu nagiye ndwihera abantu ku buntu nashyizemo imiti ariko nta n’inoti y’Igihumbi nasaruye.”

Undi witwa Anitha Niyoyita na we yagize ati “Bigeze ngo rurera (urusenda) wa wundi waruduhaye ntitwamenye uko byamugendekeye. Aha nasaruraga umufuka w’ibishyimbo none nahinzemo ibi ngibi. Uru rusenda ntacyo rumariye ubu ngubu.”

Dancille Mukandayisenga, utungwa agatoki n’aba bahinzi b’urusenda, avuga ko umusaruro yabanje kugurira aba baturage, wagize ikibazo kubera kurutwara ari rubisi.

Yagize ati “Umusaruro wa mbere twarawufashe mubisi ariko urusenda ruza kugiramo ikibazo cy’uburwayi cya Tarakinoze bawuzana nka 3/4 byose bikaba birarwaye.”

Akomeza agira ati “Noneho turababwira bongere bawanike bazawujonjore kuko twongeye kubakata ntabwo bayishimira bavuga ko turi kubiba, noneho bajonjoremo bya bindi bipfuye bazane umusaruro muzima tubagurire ku Kilo 1 700 urwumye, ni ko twavuganye.”

Amakuru avuga ko nyuma yuko umunyamakuru avugishije uyu mushoramari n’aba baturage, yahise ahamagara bamwe mu bahinzi abasaba kujinjora umusaruro wabo ubundi akawubagurira.

uga

Munyaneza Eric avuga ko uyu mushoramari yabatengushye
Anitha Niyoyita yavuze ko na we bitamushimishije
Bavuga ko hari n’urusenda rwumiye mu murima

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Next Post

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Related Posts

RDF yemeje ko hari Umusirikare w’u Rwanda ufungiye i Burundi

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

by radiotv10
07/10/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant mu Ngabo z’u Rwanda wari wafatiwe i Burundi nyuma yo kuhagera atabigambiriye, byemejwe ko yarekuwe,...

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Abantu barindwi bafatiwe mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abategera imodoka muri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro bari bamaze...

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

by radiotv10
07/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye, yafashe abantu bane bakekwaho kuba bari mu gatsiko k’amabandi, bafatiwe mu mukwabu...

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

by radiotv10
07/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, n’abandi bakozi b’aka Karere barimo Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza, n’ushinzwe inyubako, ndetse na Perezida wa...

Impamvu Abanyerondo ari bo ba mbere bafunzwe nyuma yuko ibendera ry’Igihugu ryibwe ku Kagari

Impamvu Abanyerondo ari bo ba mbere bafunzwe nyuma yuko ibendera ry’Igihugu ryibwe ku Kagari

by radiotv10
07/10/2025
0

Abanyerondo babiri n’umuzamu umwe bari bacunze umutekano ku Biro by’Akagari ka Buhoro mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi,...

IZIHERUKA

RDF yemeje ko hari Umusirikare w’u Rwanda ufungiye i Burundi
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

by radiotv10
07/10/2025
0

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

07/10/2025
Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

07/10/2025
Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

07/10/2025
Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

07/10/2025
Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

07/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.