Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Umushumba wibwe inka ya Sebuja yahamuhanishije kuragira izisigaye imyaka 6 adahembwa

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Umushumba wibwe inka ya Sebuja yahamuhanishije kuragira izisigaye imyaka 6 adahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubujura bw’amatungo mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, buravuza ubuhaha byumwihariko ubw’inka bukomeje no gushyira mu kaga abashumba barimo umwe uvuga ko yibwe imwe mu zo yaragiriraga sebuja none yamutegetse kuragira amezi atandatu atishyurwa.

Uyu mushumba witwa Kamanzi uragirira umuturage w’i Nyamwera mu Murenge wa Mwiri, yabwiye RADIOTV10 ko yibwe inka y’imbyeyi mu ishyo rya sebuja yaragiraga ikajyanwa atabizi.

Uyu mushumba avuga ko n’iki gihano agishima kuko iyo Sebuja abishaka yari gutuma afungwa.

Ati “Baravuga bati ‘Kamanzi reka tureke kumufunga’ nubundi akore Inka ayishyura, ubwo bantegeka kuyishyura mu myaka itandatu ubu ndimo ndakorera ibihumbi 600 nyishyura.

Uyu mushumba avuga ko abajura bibye Inka yaragiraga, bamuhemukiye kuko bamudindije mu iterambere rye.

Ati “Ubu ndi umukozi w’imyaka itandatu uzakora ntishyurwa ubwo aho nzayirangiriza ni bwo nzajya mu byanjye.”

Abatuye muri aka gace bakomeje kwiyasira bamagana ubujura bari gukorerwa byumwihariko ubw’amatungo kuko buri gufata intera.

Gorethe Nyirandemezo uherutse kwibwa inka mu minsi ishize, yagize ati “Banyibye Inka yanjye n’ihene eshanu, ubwo ndi aho gutya.”

Uyu mubyeyi uvugana ikiniga kinshi, avuga ko aya matungo ye ari yo yakeshaga imibereho none ubu akaba yarinjiye mu mibereho mibi nyamara ntacyo yajyaga abura.

Ati “Iyo ufite itungo ufumbira imirima ukabona ibiguteza imbere, inka yanjye ni yo yatumaga ntera imbere nkishyurira abana amashuri none bageze ubwo bahagarara kwiga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwiri, Ntambara John avuga ko iki kibazo cy’ubujura bagihagurukiye ku buryo ubu bari gushakisha abantu bijanditse muri ibi bikorwa by’ubujura kandi ko bari kugenda bamenyekana bagafatwa.

Ati “Hari abajura bazwi bagenda bagaragara, abaturage bagenda batunga intoki bakeka ku buryo haba hakenewe kuba bafatanwa ibihanga bagafatwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ubuyobozi bunakomeje ubukangurambaga ndetse no gukaza amarondo ku buryo bizeye ko iki kibazo kigiye kubonerwa umuti.

Mu Ntara y’Iburasirazuba ahasanzwe haba aborozi benshi, bakunze kugaragaza ikibazo cy’ubujura bw’amatungo cyanatumye bamwe bahitamo kurarana n’amatungo mu nzu zabo.

Nyirandemezo avuga ko imibereho ikomeje kumabana mibi nyuma yo kwibwa inka ye

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Next Post

Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Prince Kid rutegeka ko akomeza gufungwa

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Prince Kid rutegeka ko akomeza gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.