• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Umushumba wibwe inka ya Sebuja yahamuhanishije kuragira izisigaye imyaka 6 adahembwa

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Umushumba wibwe inka ya Sebuja yahamuhanishije kuragira izisigaye imyaka 6 adahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubujura bw’amatungo mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, buravuza ubuhaha byumwihariko ubw’inka bukomeje no gushyira mu kaga abashumba barimo umwe uvuga ko yibwe imwe mu zo yaragiriraga sebuja none yamutegetse kuragira amezi atandatu atishyurwa.

Uyu mushumba witwa Kamanzi uragirira umuturage w’i Nyamwera mu Murenge wa Mwiri, yabwiye RADIOTV10 ko yibwe inka y’imbyeyi mu ishyo rya sebuja yaragiraga ikajyanwa atabizi.

Uyu mushumba avuga ko n’iki gihano agishima kuko iyo Sebuja abishaka yari gutuma afungwa.

Ati “Baravuga bati ‘Kamanzi reka tureke kumufunga’ nubundi akore Inka ayishyura, ubwo bantegeka kuyishyura mu myaka itandatu ubu ndimo ndakorera ibihumbi 600 nyishyura.

Uyu mushumba avuga ko abajura bibye Inka yaragiraga, bamuhemukiye kuko bamudindije mu iterambere rye.

Ati “Ubu ndi umukozi w’imyaka itandatu uzakora ntishyurwa ubwo aho nzayirangiriza ni bwo nzajya mu byanjye.”

Abatuye muri aka gace bakomeje kwiyasira bamagana ubujura bari gukorerwa byumwihariko ubw’amatungo kuko buri gufata intera.

Gorethe Nyirandemezo uherutse kwibwa inka mu minsi ishize, yagize ati “Banyibye Inka yanjye n’ihene eshanu, ubwo ndi aho gutya.”

Uyu mubyeyi uvugana ikiniga kinshi, avuga ko aya matungo ye ari yo yakeshaga imibereho none ubu akaba yarinjiye mu mibereho mibi nyamara ntacyo yajyaga abura.

Ati “Iyo ufite itungo ufumbira imirima ukabona ibiguteza imbere, inka yanjye ni yo yatumaga ntera imbere nkishyurira abana amashuri none bageze ubwo bahagarara kwiga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwiri, Ntambara John avuga ko iki kibazo cy’ubujura bagihagurukiye ku buryo ubu bari gushakisha abantu bijanditse muri ibi bikorwa by’ubujura kandi ko bari kugenda bamenyekana bagafatwa.

Ati “Hari abajura bazwi bagenda bagaragara, abaturage bagenda batunga intoki bakeka ku buryo haba hakenewe kuba bafatanwa ibihanga bagafatwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ubuyobozi bunakomeje ubukangurambaga ndetse no gukaza amarondo ku buryo bizeye ko iki kibazo kigiye kubonerwa umuti.

Mu Ntara y’Iburasirazuba ahasanzwe haba aborozi benshi, bakunze kugaragaza ikibazo cy’ubujura bw’amatungo cyanatumye bamwe bahitamo kurarana n’amatungo mu nzu zabo.

Nyirandemezo avuga ko imibereho ikomeje kumabana mibi nyuma yo kwibwa inka ye

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Next Post

Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Prince Kid rutegeka ko akomeza gufungwa

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Prince Kid rutegeka ko akomeza gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.