• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Uwari watawe n’umugore we yafashe icyemezo kibababaje

radiotv10by radiotv10
14/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Uwari watawe n’umugore we yafashe icyemezo kibababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, haravugwa inkuru y’umugabo ukekwaho kwiyahura nyuma yuko atawe n’umugore we babanaga batarasezerana.

Uyu mugabo w’imyaka 24 arakekwaho kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko wifashishwa mu kuhagira amatungo, yanyoye muri iki cyumweru.

Uyu mugabo wiyahuriye iwe mu Kagari ka Juru mu Murenge wa Gahini aho asanzwe atuye, yari amaze iminsi agaragaza ibibazo by’ubusinzi nyuma yuko umugore we babanaga batarasezerana amutaye akamusiga mu rugo.

Nyuma y’iminsi atawe n’umugore we, uyu mugabo yiyahuye anyoye uriya muti wifashishwa mu kuhagira inka, abaturanyi baza kubimenya bahita babimenyesha inzego, zihutiye kuhagera zigahita zimujyana ku Bitaro bya Gahini.

Joseph Rukeribuga uyobora Umurenge wa Gahini, avuga ko uyu Mugabo yaje kwitaba Imana kuri uyu wa Kane tariki 12 Mutarama 2023.

Uyu muyobozi yanagarutse ku myitwarire yari imaze iminsi iranga uyu mugabo nyuma yuko atawe n’umugore we, ati “Yahise atangira ingeso z’ubusinzi bukabije cyane, atangira no kwiheba kugeza ubwo yiyahuye.”

Amakuru atangwa n’abaturanyi, avuga ko uyu mugabo yari asanzwe abana mu makimbirane n’umugore we kuko yamuhozaga ku nkoni.

Hari andi makuru avuga ko bari bamaze igihe barabuze urubyaro ndetse ko ari yo ntandaro y’aya makimbirane, ari na yo yatumye umugore afata utwe agata umugabo we wahoraga amukubita.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Icyatumye batatu bari bagiye gukorera ‘Provisoire’ badasubira iwabo ahubwo bakajyanwa muri RIB

Next Post

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.