• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Kazungu uregwa kwica abantu 14 yatakambye agenera Abanyarwanda ubutumwa

radiotv10by radiotv10
09/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Kazungu uregwa kwica abantu 14 yatakambye agenera Abanyarwanda ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo cy’aho yari atuye, yongeye kwemerera Urukiko ko ibyaha aregwa yabikoze, icyakora asaba imbabazi abo yiciye, Abanyarwanda bose ndetse na Perezida w’u Rwanda.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Gashyantare 2024 ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubwo uru Rukiko rwatangiraga kuburanisha mu mizi uru rubanza.

Kazungu bwa mbere yaje mu Rukiko kuburana mu mizi, nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, dore andi maburanisha yabaga hifashishijwe ikoranabuhanga, yitabye Urukiko yambaye impuzankango y’imfungwa zitarakatirwa y’ibara ry’iroza, inkweto n’amasogisi by’umukara.

Nk’uko bisanzwe mu ntango z’urubanza, ubwo Umucamanza yabazaga uregwa niba aburana yemera ibyaha, Kazungu Denis yavuze ko abyemera.

Kazungu Denis, ubwo Urukiko rwari rumubajije ku byaha aregwa n’Ubushinjacyaha, yasubije agira ati “Mu byo bandeze byose, ntacyo nongeraho, byose narabikoze.”

Ni mu gihe bamwe mu bo mu miryango y’abo bikekwa ko bishwe na Kazungu, aho bari mu cyumba cy’Urukiko, bumvikanaga mu gahinda n’amarira no mu majwi y’agahinda kenshi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bukurikiranye kuri Kazungu Denis ibyaha 10 byakozwe mu bihe binyuranye, birimo ibishingiye ku kwica abantu batandukanye barimo abo yajyanaga iwe abashukisha akazi.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu yajyanaga iwe, yabanzaga kubatera ubwoba ababwira ko agiye kubica ndetse akababwira ko azica n’imiryango yabo, abasaba ibyo babaga bafite byose.

yabashukishaga amayeri ko agiye kubaha akazi. Abo yagezaga iwe, yabateraga ubwoba, akababwira ko agiye kubica, ko azica n’imiryango yabo nibatamuha ibyo abasabye.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku mikorere y’ibyaha biregwa Kazungu Denis birimo no gusambanya n’abagore, busabira uregwa igifungo cyo gufungwa burundu n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

Nyuma yo gusabirwa iki gihano, Kazungu Denis yabajijwe icyo akivugaho, abanza gusaba imbabazi abo yiciye abantu, Umuryango Nyarwanda ndetse na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu magambo ye, Kazungu yagize ati “Ndasaba imbabazi cyane cyane Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuba yaradutoje kuba intore nkaba narabaye ikigwari. Yadutoje kwihangana ariko sinigeze mbigaragaza. Ndasaba imbabazi cyane cyane abana natwariye ababyeyi, n’ababyeyi natwariye abana babo.”

Kazungu kandi yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, kuzaca inkoni izamba, rukamugabanyiriza igihano, ntahanishwe gufungwa burundu.

Kazungu wiyemereye ko yishe abantu 13, yavuze ko ibi byaha byose yakoze, yabikoze wenyine, ati “Umugambi nawupanze ku giti cyanjye, nta wundi muntu twafatanyije. Ibikorwa bikomeye by’ubunyamaswa nakoze, nta kintu na kimwe navuga cyari gutuma nkora biriya. Si ubukene mvuge ko ari bwo bwabinteye njya gushaka amaramuko. Nta gisobanuro nabona ku cyo nari ngambiriye.”

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Mu burakari bwinshi Biden yavuze ku byagaragajwe ko afite ikibazo cyo kwibagirwa vuba

Next Post

Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.