Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu yakatiwe ngo kuko yifuza gusubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda agafatanya na bo kubaka Igihugu, anavuga icyamukururiye muri ibi bikorwa yavuze ko ari “ububwa.”

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 mu Rukiko Rukuru yajuririye icyemezo yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge cyo gufungwa burundu no gutanga indishyi z’akababaro za miliyoni 30 Frw zo guha imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibyaha yahamijwe.

Muri iri buranisha ryahereye ku nzitizi zazamuwe n’Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa atubahirije igihe cyo kujurira kuko yutanze ubujurire bwe hashize amezi atatu, bugasaba ko bwateshwa agaciro.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa, byumwiharimo Me Murangwa Faustin wungangira Kazungu, yavuze ko bagaragaje ko bazajurira mu gihe giteganywa n’amategeko.

Urukiko rwemeje ko izi nzitizi zizigirwa hamwe n’ibyaburanyweho, rutegeka ko iburanisha rikomeza, aho uregwa yabajijwe impamvu yajuriye, avuga ko yifuza kugabanyirizwa igihano.

Kazungu Denis wongeye kwemera ibyaha ashinjwa, icyakora ahakana kwica umusore witwa Kimenyi Yves, ndetse Ubushinjacyaha buvuga ko atari mu bo yaregewe ariko ko igihe buzabona ibimenyetso ko ari we wamwishe, buzabimuregera.

Uregwa agaragaza impamvu yifuza kugabanyirizwa ibihano, yavuze ko atigeze agorana, kuko ari we wihereye inzego amakuru y’ibyaha yakoze, bityo ko akwiye kugirirwa imbabazi akagabanyirizwa igihano kugira ngo azasubire hanze vuba.

Yagize ati “Ndifuza gusubira muri sosiyete Nyarwanda kugira ngo mbashe gufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu cyacu.”

Uyu musore wumvikana na we yicuza ibyo yakoze, yavuze ko na we yigaya, kuko atagombaga gukora ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere.

Ati “Ntabwo ibyo nakoze ari ubugabo ni ububwa, aho imbwa yatambuka sinahatambuka, ndongera gusaba imbabazi Umukuru w’Igihugu, ndasaba imbabazi Guverinoma yose, kuba narakoze ibintu by’umwanda, ndasaba imbabazi ninginga ababyeyi, abana ku byo nakoze, usaba imbabazi aringinga. Uhana umwana ntakoresha ikibando akoresha umunyafu.”

Uregwa kandi yasobanuriye Urukiko uko yinjiye muri ibi bikorwa by’ubwicanyi, avuga ko yabitewe n’ibibazo yari amaze igihe anyuramo, aho yavuze ko yari yaratangije ibikorwa byo gufasha abana batagira kivurira b’imfubyi muri 2009, aho ngo yari yarashinze ishuri rifasha abo bana bo mu Murenge wa Remera.

Ngo byageze mu mwaka wa 2016 iri shuri rirahagarara ku mpamvu zo kutagira ibyangombwa n’amikoro, ari bwo yerecyezaga muri Kenya gushakishirizayo ubuzima aho yacuruzaga inzoga zo mu bwoko bwa Liquor azijyana muri Uganda.

Yavuze ko muri 2018 Abagande bamwambuye ibihumbi 120 USD ndetse n’imari yari ajyanye, ari bwo yinjiraga mu ihurizo ry’imibeho, akaza no kwiyambaza inshuti zamugurizaga ariko akazambura kuko atari afite aho akura.

Yavuze ko mu mwaka wa 2022 ari bwo yinjiye muri ubu bugizi bwa nabi kubera kwambura abantu, agahitamo kujya abica kuko yabaga afite ubwoba ko bazamurega.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwongeye gushimangira ko ibyakozwe na Kazungu ari ibyaha by’indengakamere, kandi ko yabikoraga ari muzima atanyoye ibiyobabwenge, bityo ko yabaga abigambiriye, akaba akwiye kugumushirizwaho igihano cyo gufungwa burundu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Next Post

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.