Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto
Share on FacebookShare on Twitter

Rigathi Gachagua uherutse gufatirwa icyemezo cyo kweguzwa na Sena ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya, yavuze ko yatunguwe n’icyemezo cyafashwe na Perezida cyo kumukuriraho abarinzi kandi yari anarwaye.

Mu cyumweru gishize, Sena ya Kenya yatoreye icyemezo cyo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua ushinjwa ibyaha birimo amacakubiri ashingiye ku bwoko, ariko nyuma y’amasaha macye hafashwe iki cyemezo, cyateshejwe agaciro n’Urukiko Rukuru rwari rwakiriye ubujurire bw’abanyamategeko ba Rigathi Gachagua.

Rigathi Gachagua wafatiwe iki cyemezo ari mu Bitaro, kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, yabwiye Itangazamakuru ko atizeye umutekano we.

Rigathi Gachagua yavuze ko ubwo yari mu Bitaro, ubwo yafatirwaga icyemezo na Sena cyo kweguzwa, Perezida William Ruto, yahise ategeka abarinzi be, guhita bava ku bitaro.

Yagize ati “Ubu umutekano umutekano wanjye uri mu kaga. Iki ni cyo ikintu kibabaje cyane kibaye muri iki Gihugu, kuba ushobora kugirira nabi umuntu wagufashije kuba Perezida.”

Rigathi Gachagua avuga ko ariwe wafashize William Ruto, gutsinda amatora ya 2022.

Umuvugizi wa Polisi ya kenya, Resila Onyango, yanze kugira icyo avuga kubyo Gachagua yatangaje, gusa avuga ko polisi iri kwiga kuri iki kibazo.

Ubusanzwe muri Kenya ibikorwa byo kurindira umutekano abayobozi bakuru bigabanuka kenshi nyuma yo kuva ku mirimo yabo, icyakora Gachagua yabwiye itangazamakuru ko ikibazo cye gitandukanye, kuko yari yatangije ikirego mu nkiko cyo kujuririra umwanzuro wo kumweguza, bityo ko kwirukanwa bitari ntakuka.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Next Post

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n’uburyo yagafashe

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n'uburyo yagafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.