Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto
Share on FacebookShare on Twitter

Rigathi Gachagua uherutse gufatirwa icyemezo cyo kweguzwa na Sena ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya, yavuze ko yatunguwe n’icyemezo cyafashwe na Perezida cyo kumukuriraho abarinzi kandi yari anarwaye.

Mu cyumweru gishize, Sena ya Kenya yatoreye icyemezo cyo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua ushinjwa ibyaha birimo amacakubiri ashingiye ku bwoko, ariko nyuma y’amasaha macye hafashwe iki cyemezo, cyateshejwe agaciro n’Urukiko Rukuru rwari rwakiriye ubujurire bw’abanyamategeko ba Rigathi Gachagua.

Rigathi Gachagua wafatiwe iki cyemezo ari mu Bitaro, kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, yabwiye Itangazamakuru ko atizeye umutekano we.

Rigathi Gachagua yavuze ko ubwo yari mu Bitaro, ubwo yafatirwaga icyemezo na Sena cyo kweguzwa, Perezida William Ruto, yahise ategeka abarinzi be, guhita bava ku bitaro.

Yagize ati “Ubu umutekano umutekano wanjye uri mu kaga. Iki ni cyo ikintu kibabaje cyane kibaye muri iki Gihugu, kuba ushobora kugirira nabi umuntu wagufashije kuba Perezida.”

Rigathi Gachagua avuga ko ariwe wafashize William Ruto, gutsinda amatora ya 2022.

Umuvugizi wa Polisi ya kenya, Resila Onyango, yanze kugira icyo avuga kubyo Gachagua yatangaje, gusa avuga ko polisi iri kwiga kuri iki kibazo.

Ubusanzwe muri Kenya ibikorwa byo kurindira umutekano abayobozi bakuru bigabanuka kenshi nyuma yo kuva ku mirimo yabo, icyakora Gachagua yabwiye itangazamakuru ko ikibazo cye gitandukanye, kuko yari yatangije ikirego mu nkiko cyo kujuririra umwanzuro wo kumweguza, bityo ko kwirukanwa bitari ntakuka.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Next Post

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n’uburyo yagafashe

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n'uburyo yagafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.