Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bateye igisasu cya Grenade mu rugo rw’umuturage wo mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, gikomeretsa umwana wo muri uru rugo.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Indakemwa muri aka Kagari ka Nyakabanda kuri uyu wa 07 Mata 2022 mu masaha y’igicamunsi ahagana saa cyenda.

Ikinyamakuru Kigali Today dukesha aya makuru, gitangaza ko iyi grenade yatewe mu rugo rw’umuturage witwa Twagira ukomoka mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

Ahishakiye Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango yatangaje ko nyuma y’iki gikorwa hahise hatangira gushakishwa amakuru y’aho uyu Twagira akomoka niba yaba yararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi ku buryo iki gikorwa cyaba gifitanye isano n’Ingengabitekerezo ya Jenoside.

Gusa amakuru yaje kumenyekana ni uko uyu muturage wo mu rugo rwatewemo Grenade basanze atararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru mu Karere ka Kicukiro yabwiye RADIOTV10 ko inzego z’umutekano n’iz’iperereza ziri gukora kora iperereza kuri ubu bugizi bwa nabi.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage cyakomereje umwana w’umukobwa, uri kuvurirwa mu Bitaro bikuru bya Kigali bya Kaminuza CHUK.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira gukorera iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo abakiri inyuma bakurikiranwe.

Mu bihe byo kwibuka mu myaka yatambatuse hakunze kugaragara ibikorwa nk’ibi bigamije kurogoya imigendekere y’iki gikorwa nko kuba bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi baragenda bahohoterwa mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.