Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

radiotv10by radiotv10
21/06/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatandatu mu murenge wa Kanombe mu Kagali ka Karama mu karere ka Kicukiro hatangijwe ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de Sante)

Ni mugihe hari gusozwa ndetse hanitegurwa gutangira umwaka mushya w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) aho abaturage bose basabwa guhagurukira iki gikorwa.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe, ubuyobozi bw’akarere ka Kicukiro, umuyobozi w’akagali ka Karama n’abandi bayobozi batandukanye mu nzego z’umurenge.

Uwera Anna umuyobozi w’akagali ka Karama igikorwa cyabereyemo yibukije abaturage ko ariwo musingi w’iterambere kandi ko udafite ubuzima bwiza nta terambere igihugu cyageraho ariyo mpamvu bakangurirwa kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Ushinzwe ubukangurambaga bwa mutual de sante mu karere ka kicukiro madam Mukamana Marie Claire yakakanguriye abaturage gufata iya mbere mu kwiyishyurira ubwisungane cyane ko hari abamaze kubigira umuco wo gutegereza ko ubuyobozi bubishyurira.

Yagize ati: “Nta wundi muntu uzishingira ubuzima bwawe, ubuzima bwawe buri mu biganza byawe ukwiye gufata iya mbere utekereza uko wiyishyurira ubwisungane mu kwivuza nubwo hari abafashwa na leta bitewe n’ubushobozi buke kandi bigaragara” .Image

Abaturage bo mu kagari ka Karama batangiye gahunda y’ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

 

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe Mapambano Festus Yasabye ko by’umwihariko abayobozi b’imidugudu naba mutwarasibo kumenya amakuru y’abo bayobora cyane ku makuru arebana no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Yabasabye kumenya abaturage babo n’ ibibazo bafite.

Yagize ati: “Nkuko mumenya amazina y’abo muyobora mugomba no kunenya niba bishyuye ubwisungabe mu kwivuza cyangwa hari ubundi basanzwe bakoresha, kumenya abaturage bawe ibyo bizadufasha mu gukomeza kurinda umutekano wacu” .

Ni ubukangurambaga buzamara icyumweru Guhera kuri uyu wa 20 – 27 kamena 2021.

uri uyu munsi hishyuye imiryango 21 zigizwe n’abantu 89 bishyuye amafaranga ibihimbi magana abiri na mirongo itandatu na bitandatu (266,000FRW) bihaye intego ko ukwezi kwa nyakanga kuzarangira a atuye akagali ka Karama bishyuye ku kigero cya 100%.

Image

Image

Abaturage basobanuriwe ibyiza byo gutanga ubwisungane mun kwivuza hakiri kare

INKURU YANDITSWE NA: Denise MBABAZI MPAMBARA/Radio &TV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eleven =

Previous Post

Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike

Next Post

Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
AMAHANGA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.