Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

radiotv10by radiotv10
21/06/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatandatu mu murenge wa Kanombe mu Kagali ka Karama mu karere ka Kicukiro hatangijwe ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de Sante)

Ni mugihe hari gusozwa ndetse hanitegurwa gutangira umwaka mushya w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) aho abaturage bose basabwa guhagurukira iki gikorwa.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe, ubuyobozi bw’akarere ka Kicukiro, umuyobozi w’akagali ka Karama n’abandi bayobozi batandukanye mu nzego z’umurenge.

Uwera Anna umuyobozi w’akagali ka Karama igikorwa cyabereyemo yibukije abaturage ko ariwo musingi w’iterambere kandi ko udafite ubuzima bwiza nta terambere igihugu cyageraho ariyo mpamvu bakangurirwa kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Ushinzwe ubukangurambaga bwa mutual de sante mu karere ka kicukiro madam Mukamana Marie Claire yakakanguriye abaturage gufata iya mbere mu kwiyishyurira ubwisungane cyane ko hari abamaze kubigira umuco wo gutegereza ko ubuyobozi bubishyurira.

Yagize ati: “Nta wundi muntu uzishingira ubuzima bwawe, ubuzima bwawe buri mu biganza byawe ukwiye gufata iya mbere utekereza uko wiyishyurira ubwisungane mu kwivuza nubwo hari abafashwa na leta bitewe n’ubushobozi buke kandi bigaragara” .Image

Abaturage bo mu kagari ka Karama batangiye gahunda y’ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

 

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe Mapambano Festus Yasabye ko by’umwihariko abayobozi b’imidugudu naba mutwarasibo kumenya amakuru y’abo bayobora cyane ku makuru arebana no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Yabasabye kumenya abaturage babo n’ ibibazo bafite.

Yagize ati: “Nkuko mumenya amazina y’abo muyobora mugomba no kunenya niba bishyuye ubwisungabe mu kwivuza cyangwa hari ubundi basanzwe bakoresha, kumenya abaturage bawe ibyo bizadufasha mu gukomeza kurinda umutekano wacu” .

Ni ubukangurambaga buzamara icyumweru Guhera kuri uyu wa 20 – 27 kamena 2021.

uri uyu munsi hishyuye imiryango 21 zigizwe n’abantu 89 bishyuye amafaranga ibihimbi magana abiri na mirongo itandatu na bitandatu (266,000FRW) bihaye intego ko ukwezi kwa nyakanga kuzarangira a atuye akagali ka Karama bishyuye ku kigero cya 100%.

Image

Image

Abaturage basobanuriwe ibyiza byo gutanga ubwisungane mun kwivuza hakiri kare

INKURU YANDITSWE NA: Denise MBABAZI MPAMBARA/Radio &TV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − four =

Previous Post

Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike

Next Post

Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Muvandimwe Jean Marie Vianney “Kurzawa” yateye ivi yambika impeta umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.