Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode
Share on FacebookShare on Twitter

Mukandereye Beatrice n’umuryango we w’abantu bane basohowe mu nzu bakodesha mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Gatenga kubera kubura amafaranga y’ubukode none babuze aho berecyeza kuko n’ubundi nta mikoro bafite.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aho uyu mubyeyi w’imyaka 56 yari asanzwe acumbitse we n’abana be n’umugabo w’imyaka 68, asanga bashyizeho ingufuri.

Mukandereye Beatrice uvugana ikiniga, yabwiye Umunyamakuru ko yaraye hanze nyuma y’uko nyiri inzu abakingiranye.

Ati “Nari nabuze aho nerecyeza, nashatse kugenda ndeba abana numva ntabasiga, numva ntasiga umutware wanjye…”

Uyu mucyecuru avuga ko ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwigeze kubemerera kububakira ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Avuga ko ubuyobozi bwari bwatangiye inzira yo kububakira i Rusheshe mu Murenge wa Masaka, bakanabaha isakaro ariko ko byarangiriye aho.

Ati “Nagira ngo rero Leta y’Ubumwe yongere indwaneho mbashe kubona aho mba ndeke kwangara ndi umucyecuru.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatenga, Emmanuel Mugisha avuga ko iki kibazo bagiye kukitaho mu buryo bwihuse.

Yagize ati “Ibyo ari byo byose ntabwo umuturage yarara hanze, ubwo amakuru yari ataramenyekana ariko iyo ikibazo nk’icyo kigaragaye umuturage turamukodeshereza.”

INKURU MU MASHUSHO

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Next Post

Uburebure bwa dosiye bwatumye urubanza rwa Nsengimana nyiri Umubavu TV rudasomwa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburebure bwa dosiye bwatumye urubanza rwa Nsengimana nyiri Umubavu TV rudasomwa

Uburebure bwa dosiye bwatumye urubanza rwa Nsengimana nyiri Umubavu TV rudasomwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.