Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Bumbogo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri ikagenda igonga abantu barimo uwahise ahasiga ubuzima, ndetse n’abandi 15 bakomeretse, inasenya inyubako.

Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, ahazwi nka Zindiriro, ubwo iyi kamyo yerecyezaga muri aka gace, bikekwa ko yacitse feri, ikabanza kugonga umuntu wagendaga n’amaguru agahita yitaba Imana.

Yakomereje igenda isekura ibyari biri imbere yayo byose, birimo imodoka y’ivatiri yarimo umuntu umwe, ubundi iruhukira ku nyubako ikorerwamo ubucuruzi, na yo yahise isenya, yari irimo abantu.

Umwe mu ba baturage bari ahabereye iyi mpanuka, yagize ati “Ubanza yari yacitse feri, yamanutse igonga umunyamaguru wari uri kuzamuka ahita apfa, noneho irakomeza igonga n’ivatiri yari iri imbere yayo ikomereza muri ‘salon de coiffures’ irazisenya.”

Abantu bakomeretse, abenshi ni abari muri izi nzu zasenywe n’iyi modoka, ndetse bakaba bakomeretse bikabije, aho batatu muri bo bakomeretse cyane, bamwe bajyanywe kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare bya Kanombe, mu gihe abandi bajyanywe mu bya Kibagabaga.

Naho umurambo wa nyakwigendera witabye Imana, wari igitsinagore, ukaba wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kacyiru.

Aha habereye iyi mpanuka, zikunze kuhabera, kuko hari ikorosi rinini kandi hamanuka cyane, ku buryo abahatuye n’abahakorera basaba ko hashyirwa uburyo bwo kurinda izi mpanuka, nko kuba hashyirwa utununga two mu muhanda (dos d’âne) kugira ngo tube twatuma abantu bazajya bahagenda bigengesereye.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda muri, SP Kayigi Emmanuel, yemeje ko iyi mpanuka yahitanye umuntu umwe, abandi 15 bagakomereka.

SP Kayigi uvuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka, yasabye abatwara ibinyabiziga kujya barangwa n’ubushishozi no kwitwararika byumwihariko mu gihe bari mu mihanda nk’iyi ihuriramo abantu benshi.

Ati “Abantu kandi bagomba kwirinda umuvuduko ndetse n’uburangare ubwo ari bwo bwose.”

Iyi mpanuka ibaye mu gihe mu bice binyuranye by’Igihugu byumwihariko mu Ntara y’Amajyepfo hakomeje kumvikana impanuka ziganjemo iziterwa n’amakosa akorwa na bamwe mu bashoferi mu kunyuranaho.

Iyi kamyo yasekuye inzu irayisenya
Yari impanuka ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seven =

Previous Post

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Next Post

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Related Posts

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

by radiotv10
24/10/2025
0

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw'Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza,...

Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

by radiotv10
24/10/2025
0

The weekend passes away in a blink of an eye, those precious two days when alarms are optional, pajamas are...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha. Kuri...

IZIHERUKA

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)
IMYIDAGADURO

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

by radiotv10
24/10/2025
0

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

24/10/2025
Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

Friday Debate: Should weekends be longer?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.