Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Bumbogo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri ikagenda igonga abantu barimo uwahise ahasiga ubuzima, ndetse n’abandi 15 bakomeretse, inasenya inyubako.

Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, ahazwi nka Zindiriro, ubwo iyi kamyo yerecyezaga muri aka gace, bikekwa ko yacitse feri, ikabanza kugonga umuntu wagendaga n’amaguru agahita yitaba Imana.

Yakomereje igenda isekura ibyari biri imbere yayo byose, birimo imodoka y’ivatiri yarimo umuntu umwe, ubundi iruhukira ku nyubako ikorerwamo ubucuruzi, na yo yahise isenya, yari irimo abantu.

Umwe mu ba baturage bari ahabereye iyi mpanuka, yagize ati “Ubanza yari yacitse feri, yamanutse igonga umunyamaguru wari uri kuzamuka ahita apfa, noneho irakomeza igonga n’ivatiri yari iri imbere yayo ikomereza muri ‘salon de coiffures’ irazisenya.”

Abantu bakomeretse, abenshi ni abari muri izi nzu zasenywe n’iyi modoka, ndetse bakaba bakomeretse bikabije, aho batatu muri bo bakomeretse cyane, bamwe bajyanywe kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare bya Kanombe, mu gihe abandi bajyanywe mu bya Kibagabaga.

Naho umurambo wa nyakwigendera witabye Imana, wari igitsinagore, ukaba wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kacyiru.

Aha habereye iyi mpanuka, zikunze kuhabera, kuko hari ikorosi rinini kandi hamanuka cyane, ku buryo abahatuye n’abahakorera basaba ko hashyirwa uburyo bwo kurinda izi mpanuka, nko kuba hashyirwa utununga two mu muhanda (dos d’âne) kugira ngo tube twatuma abantu bazajya bahagenda bigengesereye.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda muri, SP Kayigi Emmanuel, yemeje ko iyi mpanuka yahitanye umuntu umwe, abandi 15 bagakomereka.

SP Kayigi uvuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka, yasabye abatwara ibinyabiziga kujya barangwa n’ubushishozi no kwitwararika byumwihariko mu gihe bari mu mihanda nk’iyi ihuriramo abantu benshi.

Ati “Abantu kandi bagomba kwirinda umuvuduko ndetse n’uburangare ubwo ari bwo bwose.”

Iyi mpanuka ibaye mu gihe mu bice binyuranye by’Igihugu byumwihariko mu Ntara y’Amajyepfo hakomeje kumvikana impanuka ziganjemo iziterwa n’amakosa akorwa na bamwe mu bashoferi mu kunyuranaho.

Iyi kamyo yasekuye inzu irayisenya
Yari impanuka ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + ten =

Previous Post

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Next Post

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.