Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abafatira imodoka muri gare gare y’i Nyabugogo bakomeje kuzengerezwa n’ubujura

radiotv10by radiotv10
06/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abafatira imodoka muri gare gare y’i Nyabugogo bakomeje kuzengerezwa n’ubujura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyarwanda bafatira imodoka muri Gare ya Nyabugogo, bavuga ko baterwa impungenge n’ubujura bwanze gucika muri iyi Gare, bakavuga ko ugiye kuyinjiramo aruhuka ari uko abonye ahasohotse atibwe.

Polisi y’u Rwanda ntiyemeranywa n’aba banyarwanda bavuga ko ubujura muri iyi gare bwiyongereye, ariko na none ngo igiye guhagurukira ikibazo cy’insoresore zikora bene ubu bujura.

Kuba Gare ya Nyabugogo ari Gare mpuzamahanga,  bisobanuye ko ihuriramo n’abantu baturutse cyangwa berekeje mu bice bitandukanye by’igihugu, ariko hakanaba n’abayigana bagiye kuhategera imodoka zerekeza mu bihugu byo hanze y’u Rwanda.

Image

Gare ya Nyabugogo ikomeje kuvugwamo ubujura bwisubiramo

Ni Gare yakunze kumvikanamo ubujura, ku buryo abagiye kuyitegeramo bafite ishusho bagenda bafite mu mutwe wabo.

Umwe mu bagenzi wari uje gutega imodoka yerekeje mu ntara y’amajyaruguru yagize ati:” Ikintu cya mbere tuza gutegera hano muri gare tuzi, ni uko hari abantu baba biteguye kutugirira nabi batwiba, yaba amafaranga, telephone n’ibindi. Bityo rero nkanjye ntabwo napfa kubikuriza amafaranga hano muri Gare kuko byose nza nabirangije.”

Benshi mubaganiriye n’umunyamakuru wa Radio/TV10, bamugaragarije impungenge zo kwibirwa muri Gare mpuzamahanga ya Nyabugogo, bakagaruka kubijyanye n’amafaranga kuko ngo uwinjiyemo ajenjetse ibisambo bimwitsetaho bikayamutwara.

Image

Image

Camera zo muri gare ya Nyabugogo ntizikora 

Barabihurizaho n’abakora umurimo wo kubitsa no kubikuza amafaranga kuri Telefone, bakorera muri Gare ya Nyabugogo.

Nyiraneza ni umwe mu bahakorera. Ati:” Umuntu ntiyakwemeza ko ubujura bukorerwa muri iyi gare hari igihombo gihita kigaragarira amaso buduteza, kuko abantu bo baraza bakabikuza amafaranga yabo nkuko bisanzwe. Gusa baba bafite impungenge kuburyo babikora ubona umutima uteri hamwe. Ikindi ni uko telephone zo batazirebera izuba. N’ejo bundi hari uwayibye umuntu baramuhiga hano muri Gare baramubura burundu yihishe mu modoka….ubujura rero buteye inkeke muri iyi gare rwose.”

Aba, bavuga ko kenshi inzego z’umutekano zicunga umutekano wo muri iyi Gare, yewe ngo na Camera z’umutekano zirahari, ariko ntibibuza abiba kwiba.

Bashingiye kuri ibi bavuga ko umuntu akinjira muri iyi gare, n’umutekano mu mitekerereze uhita uhungabana.

Bavuga ko mubikwiriye kongerwa mu gukaza umutekano muri Gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo, harimo n’ubukangurambaga ngo bukwiye kujya bucishwa kuri Radio yo muri Gare, abagenzi bakibutswa uko bagomba kurinda ibyabo.

Ikibazo cy’ubujura muri Gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo, si ikibazo cy’uyu munsi.

Twifuje kumenya icyo umujyi wa Kigali uvuga kuri iki kibazo, batubwira ko ntacyo babivugaho ngo kuko atari ikibazo kibareba. Bavuze ko kireba Police y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, mu butumwa bugufi yatubwiye ko muri Gare Nyabugogo, ubu har’impunduka nini cyane kubijyanye ni umutekano mucye wahavugagwa.

Ati: “Polisi yongeremo ibikorwa byinshi m’ubugenzuzi, gufata no guhashya insoresore zishikuza abantu.

Icya kabiri ni uko dukoresha abapolice bambaye impuzankano n’abambaye civile, mu gutahura no gufata abakekwaho ibi byaha.

Mu gihe hari ugize ikibazo akibirwa muri Gare ya Nyabugogo, akwiye guhita yitabaza abapolisi bambaye uniform bari aho, kuko baba bahari igihe cyose,  cyangwa akaba yagana Station ya Police iri muri Gare.”

Image

Abategera muri gare ya Nyabugogo babona polisi y’u Rwanda ariyo yakemura iki kibazo

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda, CP.John Bosco Kabera, yakomeje avuga ko Police igiye gukomeza kurwanya ubujura bukorerwa muri ibi bice, nkuko irwanya ibindi byaha.

Impungenge n’umutima uhagaze w’abagana Gare ya Nyabugogo, bishingiye ku bujura bumaze imyaka muri iyi Gare, no mu nkengero zayo.

Inkuru ya Assoumani Twahirwa/Radio&Tv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

OFFICIAL: Uganda Cranrs yageze i Kigali amahoro-AMAFOTO

Next Post

FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.