Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abafatira imodoka muri gare gare y’i Nyabugogo bakomeje kuzengerezwa n’ubujura

radiotv10by radiotv10
06/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abafatira imodoka muri gare gare y’i Nyabugogo bakomeje kuzengerezwa n’ubujura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyarwanda bafatira imodoka muri Gare ya Nyabugogo, bavuga ko baterwa impungenge n’ubujura bwanze gucika muri iyi Gare, bakavuga ko ugiye kuyinjiramo aruhuka ari uko abonye ahasohotse atibwe.

Polisi y’u Rwanda ntiyemeranywa n’aba banyarwanda bavuga ko ubujura muri iyi gare bwiyongereye, ariko na none ngo igiye guhagurukira ikibazo cy’insoresore zikora bene ubu bujura.

Kuba Gare ya Nyabugogo ari Gare mpuzamahanga,  bisobanuye ko ihuriramo n’abantu baturutse cyangwa berekeje mu bice bitandukanye by’igihugu, ariko hakanaba n’abayigana bagiye kuhategera imodoka zerekeza mu bihugu byo hanze y’u Rwanda.

Image

Gare ya Nyabugogo ikomeje kuvugwamo ubujura bwisubiramo

Ni Gare yakunze kumvikanamo ubujura, ku buryo abagiye kuyitegeramo bafite ishusho bagenda bafite mu mutwe wabo.

Umwe mu bagenzi wari uje gutega imodoka yerekeje mu ntara y’amajyaruguru yagize ati:” Ikintu cya mbere tuza gutegera hano muri gare tuzi, ni uko hari abantu baba biteguye kutugirira nabi batwiba, yaba amafaranga, telephone n’ibindi. Bityo rero nkanjye ntabwo napfa kubikuriza amafaranga hano muri Gare kuko byose nza nabirangije.”

Benshi mubaganiriye n’umunyamakuru wa Radio/TV10, bamugaragarije impungenge zo kwibirwa muri Gare mpuzamahanga ya Nyabugogo, bakagaruka kubijyanye n’amafaranga kuko ngo uwinjiyemo ajenjetse ibisambo bimwitsetaho bikayamutwara.

Image

Image

Camera zo muri gare ya Nyabugogo ntizikora 

Barabihurizaho n’abakora umurimo wo kubitsa no kubikuza amafaranga kuri Telefone, bakorera muri Gare ya Nyabugogo.

Nyiraneza ni umwe mu bahakorera. Ati:” Umuntu ntiyakwemeza ko ubujura bukorerwa muri iyi gare hari igihombo gihita kigaragarira amaso buduteza, kuko abantu bo baraza bakabikuza amafaranga yabo nkuko bisanzwe. Gusa baba bafite impungenge kuburyo babikora ubona umutima uteri hamwe. Ikindi ni uko telephone zo batazirebera izuba. N’ejo bundi hari uwayibye umuntu baramuhiga hano muri Gare baramubura burundu yihishe mu modoka….ubujura rero buteye inkeke muri iyi gare rwose.”

Aba, bavuga ko kenshi inzego z’umutekano zicunga umutekano wo muri iyi Gare, yewe ngo na Camera z’umutekano zirahari, ariko ntibibuza abiba kwiba.

Bashingiye kuri ibi bavuga ko umuntu akinjira muri iyi gare, n’umutekano mu mitekerereze uhita uhungabana.

Bavuga ko mubikwiriye kongerwa mu gukaza umutekano muri Gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo, harimo n’ubukangurambaga ngo bukwiye kujya bucishwa kuri Radio yo muri Gare, abagenzi bakibutswa uko bagomba kurinda ibyabo.

Ikibazo cy’ubujura muri Gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo, si ikibazo cy’uyu munsi.

Twifuje kumenya icyo umujyi wa Kigali uvuga kuri iki kibazo, batubwira ko ntacyo babivugaho ngo kuko atari ikibazo kibareba. Bavuze ko kireba Police y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, mu butumwa bugufi yatubwiye ko muri Gare Nyabugogo, ubu har’impunduka nini cyane kubijyanye ni umutekano mucye wahavugagwa.

Ati: “Polisi yongeremo ibikorwa byinshi m’ubugenzuzi, gufata no guhashya insoresore zishikuza abantu.

Icya kabiri ni uko dukoresha abapolice bambaye impuzankano n’abambaye civile, mu gutahura no gufata abakekwaho ibi byaha.

Mu gihe hari ugize ikibazo akibirwa muri Gare ya Nyabugogo, akwiye guhita yitabaza abapolisi bambaye uniform bari aho, kuko baba bahari igihe cyose,  cyangwa akaba yagana Station ya Police iri muri Gare.”

Image

Abategera muri gare ya Nyabugogo babona polisi y’u Rwanda ariyo yakemura iki kibazo

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda, CP.John Bosco Kabera, yakomeje avuga ko Police igiye gukomeza kurwanya ubujura bukorerwa muri ibi bice, nkuko irwanya ibindi byaha.

Impungenge n’umutima uhagaze w’abagana Gare ya Nyabugogo, bishingiye ku bujura bumaze imyaka muri iyi Gare, no mu nkengero zayo.

Inkuru ya Assoumani Twahirwa/Radio&Tv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

OFFICIAL: Uganda Cranrs yageze i Kigali amahoro-AMAFOTO

Next Post

FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

FC Barcelona irishyuzwa miliyoni 98 z’amayero ibereyemo amakipe yaguzemo abakinnyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.