Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakunda inyama bavuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe ko nta nyama zemewe kugurishwa zitamaze amasaha 24 muri frigo, bakavuga ko batari bazi ingaruka z’inyama zikibagwa zirimo umusemburo urekurwa n’itungo ryirwanaho iyo riri kubagwa, ushobora gutera uburwayi.

Ni nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA).

RICA yafashe icyemezo ko abacuruza inyama bagomba kumaza inyama amasaha 24 mu byuma bikonjesha, mu rwego rwo kugira ngo umusemburo uva mu nyama zikibagwa ubanze kuvamo.

Ni umusemburo ushobora gutera uburwayi bunyuranye ku barya inyama zikibagwa, zirimo indwara ya Cancer.

Bamwe mu bakunzi b’inyama ndetse n’abacuruzi bazo, bavuga ko batishimiye iki cyemezo dore ko abenshi bakunda kurya inyama zabazwe uwo munsi.

Umwe mu bacuruzi yagize ati “abaguzi rero bikundira izibagiweho, nk’abantu icumi twakira, umunani baba bashaka izibagiweho.”

Uyu mucuruzi avuga ko abaguzi b’inyama bakwiye kumva iki cyemezo cyafashwe, bakayoboka kurya inyama zimaze aya masaha zibazwe.

Umuturage ukunze kugura inyama we avuga ko ahubwo bumvaga ko inyama zagiye muri frigo ziba zatakaje umwimerere ko ahubwo ari zo bakekaga ko zabatera uburwayi.

Ati “Nkurikije n’indwara ziriho muri iyi minsi inyama nziza ni izibagiweho, inyama zagiye muri frigo ryari koko!”

Aba baturage kandi bavuga ko inyama ikibagwa iba ifite icyanga kurusha iyashyizwe muri frigo.

Ati “Inyama y’uwo munsi iba ifite icyanga, iyaraye muri frigo nta cyanga pe, gusa tuzajya tuzirya kuko leta yabyanzuye.”

Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’ibikomoka ku matungo muri RICA, Nyirazikwiye Eprasie avuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturarwanda kuko inyama zabazwe zigahita zitekwa zitamaze amasaha 24 muri frigo ziba zishobora gutera uburwayi.

Ati “Ni ukugira ngo imisemburo umubiri w’inka, ingurube warekuye wirwanaho mu gihe cyo kubaga ibanze ivemo kuko uriya musemburo utera uburwayi.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + one =

Previous Post

Igitaramo gikomeye muri Uganda cyatumiwemo umuhanzi nyarwanda uzwiho ubuhanga bwihariye

Next Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.