Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abakunzi b’akaboga batunguwe n’icyemezo cyatewe n’ibyo batari bazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakunda inyama bavuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe ko nta nyama zemewe kugurishwa zitamaze amasaha 24 muri frigo, bakavuga ko batari bazi ingaruka z’inyama zikibagwa zirimo umusemburo urekurwa n’itungo ryirwanaho iyo riri kubagwa, ushobora gutera uburwayi.

Ni nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA).

RICA yafashe icyemezo ko abacuruza inyama bagomba kumaza inyama amasaha 24 mu byuma bikonjesha, mu rwego rwo kugira ngo umusemburo uva mu nyama zikibagwa ubanze kuvamo.

Ni umusemburo ushobora gutera uburwayi bunyuranye ku barya inyama zikibagwa, zirimo indwara ya Cancer.

Bamwe mu bakunzi b’inyama ndetse n’abacuruzi bazo, bavuga ko batishimiye iki cyemezo dore ko abenshi bakunda kurya inyama zabazwe uwo munsi.

Umwe mu bacuruzi yagize ati “abaguzi rero bikundira izibagiweho, nk’abantu icumi twakira, umunani baba bashaka izibagiweho.”

Uyu mucuruzi avuga ko abaguzi b’inyama bakwiye kumva iki cyemezo cyafashwe, bakayoboka kurya inyama zimaze aya masaha zibazwe.

Umuturage ukunze kugura inyama we avuga ko ahubwo bumvaga ko inyama zagiye muri frigo ziba zatakaje umwimerere ko ahubwo ari zo bakekaga ko zabatera uburwayi.

Ati “Nkurikije n’indwara ziriho muri iyi minsi inyama nziza ni izibagiweho, inyama zagiye muri frigo ryari koko!”

Aba baturage kandi bavuga ko inyama ikibagwa iba ifite icyanga kurusha iyashyizwe muri frigo.

Ati “Inyama y’uwo munsi iba ifite icyanga, iyaraye muri frigo nta cyanga pe, gusa tuzajya tuzirya kuko leta yabyanzuye.”

Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’ibikomoka ku matungo muri RICA, Nyirazikwiye Eprasie avuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturarwanda kuko inyama zabazwe zigahita zitekwa zitamaze amasaha 24 muri frigo ziba zishobora gutera uburwayi.

Ati “Ni ukugira ngo imisemburo umubiri w’inka, ingurube warekuye wirwanaho mu gihe cyo kubaga ibanze ivemo kuko uriya musemburo utera uburwayi.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 5 =

Previous Post

Igitaramo gikomeye muri Uganda cyatumiwemo umuhanzi nyarwanda uzwiho ubuhanga bwihariye

Next Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.