Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

KIGALI: Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
KIGALI:  Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’umwaka wa 2019 nibwo leta yashyizeho gahunda yo kwimura abari batuye mu manegeka n’ibishanga bitewe n’uko inyigo y’imiturire yari yakozwe yerekanaga ko ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga kubera ibiza. Gusa hari abo byagizeho ingaruka z’ubuzima.

Mu baturage bimuwe muri ibi bishanga n’amanegeka hari abari basanzwe bafite ibyangombwa by’ubwo butaka ndetse banafite ibyangombwa by’imiturire ariko bakaba barasenyewe ariko ntibahabwe ingurane ikwiye nk’uko leta ibiteganya.

Urugero rw’abahuye n’iki kibazo ni abatuye mu murenge wa Kicukiro, akagari ka Kagina, umudugudu w’Iriba barataka inzara nyuma y’uko bimuwe mu masambu yabo ntibabone ingurane ikwiye.

Abaturage baganiriye na Radio na Tv10 bo muri aka gace bahamya ko icyo bakorewe ntaho gitaniye n’ihohoterwa bagakurwa mu mitungo yabo bitewe n’uko igishushanyo mbonera kerekanaga ko aho batuye byemewe kuhatura.

“N’ubwo batubwiye ako ari mu gishanga, ntabwo ari mu gishanga kuko baduhaye ibyangombwa by’imiturire, turasora. Niba dusora rero ntabwo numva ko uyu munsi byahinduka mu gishanga. Twagaragaje akababaro kacu ariko ntibyagira icyo bitanga, niyo mpamvu ubona uyu munsi ari mu matongo” Umuturage

Undi muturage waganiriye na Radio &TV10 yagize ati”Twararenganyijwe. Ubona ko twarenganyijwe”

Aba baturage bavuga ko kuri ubu batabona ibyo gutunga imiryango yabo mu gihe bagifite ibyangombwa by’imitungo yabo bityo byaba byiza buri ujmwe ahawe ubutaka bwe akabugurisha akimuka anafite icyamutunga.

Mukangarambe Patricie ushinzwe n’ibidukikije mu mujyi wa Kigali yemera ko hari abaturage basenyewe basanzwe bafite ibyangombwa, gusa ngo ikibazo cyabo kiri gukorerwa inyigo ku buryo iyi Kamena 2021 izasiga umuti urambye.

“Hari abantu bagiye bagaragaza ko basenyewe batari mu bishanga. Abo twabateguriye inyigo yabo iri ku ruhande. Hari ikipe iri kubikurikirana ikibazo ku kibazo ku buryo mu ngengo y’imari y’umwaka utaha haramutse hari abarenganye bahabwa ingurane nk’abandi cyangwa bakubakirwa.” Mukangarambe

Abaturage basenyewe babwirwa ko batuye mu manegeka nyamara basanganwe ibyangombwa by’imiturire birashoboka ko Atari aba batandatu bo muri Kicukiro ahubwo hirya no hino mu mujyi wa Kigali hari abandi bahuje ikibazo n’aba bagenzi babo bo mu mudugudu w’Iriba.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

WOMEN-BASKET: Ikipe y’igihugu yatangiye umwiherero urarayo

Next Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.