Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abazunguzayi 150 biganjemo abagore bakoreraga ubucuruzi butemewe mu Mujyi wa Kigali, bahawe ibibanza byo gucururizamo, bavuga ko bagiye guca ukubiri n’ibikorwa byo kubafata no guhangana n’inzego, byashoboraga gushyira ubuzima mu kaga kuri bamwe.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’ikigo LODA, aho ibi bibanza bahawe biherereye mu Mujyi rwagati ahazwi nka Quarier Commerial.

Bamwe muri aba bazunguzayi, bishimiye guhabwa ibibanza nyuma yo guhora birukwaho n’inzego z’umutekano zababuzaga gukora ubucuruzi butemewe bakoraga.

Iradukunda Jean Paul yagize ati “Kubona bafata umugore uhetse umwana bajugunya mu modoka nk’abajugunya imyanda. Twakubiswe inkoni, Imperi zatuririye i Gikondo. Ni ibintu byinshi byatubayeho by’amateka ndumva ntawakwifuza gusubira mu buzunguzayi.”

Aba bazunguzayi biganjemo abagore barasaba guhabwa igishoro bitaba ibyo bagasubira mu muhanda.

Nyiranzabondora Claudine ati ”Turasaba ko batwongerera ibishoboro kuko ibyo dufite ntaho byatugeza kuko bitabaye ibyo nabusira mu muhanda kuko ibi ntaho byangeza.”

Gusa hari bamwe mu bazunguzayi bo batahawe ibibanza, ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabizeje ko butabibagiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Urujeni yagize ati “Hari abacuriruza mu muhanda dufata ibibanza tukabibakodeshereza mu masoko asanzwe, Hari amashya twubatse 28 ariko hari n’andi asanzwe tugenda dushakamo ibibanza, ibi ni bimwe mu bisubizo tugenda dushakira abakora ubucuruzi buto kugira ngo badakora mu kajagari.”

Ibi bikorwa byo kuzamura imibereho y’abazunguzayi byashyizwemo amafaranga n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa byo mu nzego z’ibanze LODA, kinabanza kubasindagiza.

Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, Nyinawagaga Marie Claudine, yagize ati ”Muntangiriro tubishyurira ariya mafaranga yishyurwa mu masoko ipatante, amafaranga y’isuku, ay’umutekano, ayo gukodesha ibibanza n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko aba bazunguzayi kandi bazanahabwa ibihumbi 100 Frw y’igishoro kuri umwe, kugira ngo babone ayo batangiza.

Bishimiye ko babonye aho gucururiza
Ubu bashize impumu
Ngo hehe no guhangana n’inzego

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunyekongo wa Rayon utarayitengushye yaje kuyifasha mu mikino yo kwishyura

Next Post

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.