Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abazunguzayi 150 biganjemo abagore bakoreraga ubucuruzi butemewe mu Mujyi wa Kigali, bahawe ibibanza byo gucururizamo, bavuga ko bagiye guca ukubiri n’ibikorwa byo kubafata no guhangana n’inzego, byashoboraga gushyira ubuzima mu kaga kuri bamwe.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’ikigo LODA, aho ibi bibanza bahawe biherereye mu Mujyi rwagati ahazwi nka Quarier Commerial.

Bamwe muri aba bazunguzayi, bishimiye guhabwa ibibanza nyuma yo guhora birukwaho n’inzego z’umutekano zababuzaga gukora ubucuruzi butemewe bakoraga.

Iradukunda Jean Paul yagize ati “Kubona bafata umugore uhetse umwana bajugunya mu modoka nk’abajugunya imyanda. Twakubiswe inkoni, Imperi zatuririye i Gikondo. Ni ibintu byinshi byatubayeho by’amateka ndumva ntawakwifuza gusubira mu buzunguzayi.”

Aba bazunguzayi biganjemo abagore barasaba guhabwa igishoro bitaba ibyo bagasubira mu muhanda.

Nyiranzabondora Claudine ati ”Turasaba ko batwongerera ibishoboro kuko ibyo dufite ntaho byatugeza kuko bitabaye ibyo nabusira mu muhanda kuko ibi ntaho byangeza.”

Gusa hari bamwe mu bazunguzayi bo batahawe ibibanza, ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabizeje ko butabibagiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Urujeni yagize ati “Hari abacuriruza mu muhanda dufata ibibanza tukabibakodeshereza mu masoko asanzwe, Hari amashya twubatse 28 ariko hari n’andi asanzwe tugenda dushakamo ibibanza, ibi ni bimwe mu bisubizo tugenda dushakira abakora ubucuruzi buto kugira ngo badakora mu kajagari.”

Ibi bikorwa byo kuzamura imibereho y’abazunguzayi byashyizwemo amafaranga n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa byo mu nzego z’ibanze LODA, kinabanza kubasindagiza.

Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, Nyinawagaga Marie Claudine, yagize ati ”Muntangiriro tubishyurira ariya mafaranga yishyurwa mu masoko ipatante, amafaranga y’isuku, ay’umutekano, ayo gukodesha ibibanza n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko aba bazunguzayi kandi bazanahabwa ibihumbi 100 Frw y’igishoro kuri umwe, kugira ngo babone ayo batangiza.

Bishimiye ko babonye aho gucururiza
Ubu bashize impumu
Ngo hehe no guhangana n’inzego

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + sixteen =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunyekongo wa Rayon utarayitengushye yaje kuyifasha mu mikino yo kwishyura

Next Post

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.