Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abazunguzayi bahawe aho gucururiza bavuze icyo bagiye kuruhuka cyabazengerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abazunguzayi 150 biganjemo abagore bakoreraga ubucuruzi butemewe mu Mujyi wa Kigali, bahawe ibibanza byo gucururizamo, bavuga ko bagiye guca ukubiri n’ibikorwa byo kubafata no guhangana n’inzego, byashoboraga gushyira ubuzima mu kaga kuri bamwe.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’ikigo LODA, aho ibi bibanza bahawe biherereye mu Mujyi rwagati ahazwi nka Quarier Commerial.

Bamwe muri aba bazunguzayi, bishimiye guhabwa ibibanza nyuma yo guhora birukwaho n’inzego z’umutekano zababuzaga gukora ubucuruzi butemewe bakoraga.

Iradukunda Jean Paul yagize ati “Kubona bafata umugore uhetse umwana bajugunya mu modoka nk’abajugunya imyanda. Twakubiswe inkoni, Imperi zatuririye i Gikondo. Ni ibintu byinshi byatubayeho by’amateka ndumva ntawakwifuza gusubira mu buzunguzayi.”

Aba bazunguzayi biganjemo abagore barasaba guhabwa igishoro bitaba ibyo bagasubira mu muhanda.

Nyiranzabondora Claudine ati ”Turasaba ko batwongerera ibishoboro kuko ibyo dufite ntaho byatugeza kuko bitabaye ibyo nabusira mu muhanda kuko ibi ntaho byangeza.”

Gusa hari bamwe mu bazunguzayi bo batahawe ibibanza, ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabizeje ko butabibagiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Urujeni yagize ati “Hari abacuriruza mu muhanda dufata ibibanza tukabibakodeshereza mu masoko asanzwe, Hari amashya twubatse 28 ariko hari n’andi asanzwe tugenda dushakamo ibibanza, ibi ni bimwe mu bisubizo tugenda dushakira abakora ubucuruzi buto kugira ngo badakora mu kajagari.”

Ibi bikorwa byo kuzamura imibereho y’abazunguzayi byashyizwemo amafaranga n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa byo mu nzego z’ibanze LODA, kinabanza kubasindagiza.

Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, Nyinawagaga Marie Claudine, yagize ati ”Muntangiriro tubishyurira ariya mafaranga yishyurwa mu masoko ipatante, amafaranga y’isuku, ay’umutekano, ayo gukodesha ibibanza n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko aba bazunguzayi kandi bazanahabwa ibihumbi 100 Frw y’igishoro kuri umwe, kugira ngo babone ayo batangiza.

Bishimiye ko babonye aho gucururiza
Ubu bashize impumu
Ngo hehe no guhangana n’inzego

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunyekongo wa Rayon utarayitengushye yaje kuyifasha mu mikino yo kwishyura

Next Post

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.