Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Umurambo w'uyu mugabo bawusanze mu cyuzi cy'amafi

Share on FacebookShare on Twitter

Mu cyuzi cy’amafi giherereye mu mugezi uri mu rugabano rw’Umurenge wa Gisozi n’uwa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, basanze umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30, batazi icyamuhitanye, ariko bagakeka abari biriwe basangira bakaza no gushwana bagafatana mu mashati.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ubwo abaturage bo mu Kagari ka Gacuriro mu Murenge wa Kinyinya bahanyuraga bajya mu mirimo yabo bagahita bamenyesha inzego.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera witwa Murundi, ejo ku wa Mbere yari yiriwe asangira inzoga n’abandi bagabo bagenzi be muri aka gace.

Umwe muri aba baturage yavuze ko mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa 13 Gashyantare 2023, aba bagabo baje kugirana amakimbirane bakarwana ariko abaturage bakabakiza.

Avuga ko batamenye niba barakomeje gusangira, ariko ko iperereza rikwiye guhera aho nubwo batakwemeza niba urupfu rwa nyakwigendera rufitanye isano n’ubu bushyamirane bwari bwabaye ejo.

Nyakwigendera yari asanzwe akora akazi ko gucungira umutekano inyubako iherereye muri aka gace yari atuyemo.

Inzego zishinzwe iperereza nk’Urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) zahise zitangira gukora iperereza, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzuma rya nyuma.

Umurambo w’uyu mugabo bawusanze mu cyuzi cy’amafi
Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Kacyiru

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Next Post

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.