Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Umurambo w'uyu mugabo bawusanze mu cyuzi cy'amafi

Share on FacebookShare on Twitter

Mu cyuzi cy’amafi giherereye mu mugezi uri mu rugabano rw’Umurenge wa Gisozi n’uwa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, basanze umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30, batazi icyamuhitanye, ariko bagakeka abari biriwe basangira bakaza no gushwana bagafatana mu mashati.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ubwo abaturage bo mu Kagari ka Gacuriro mu Murenge wa Kinyinya bahanyuraga bajya mu mirimo yabo bagahita bamenyesha inzego.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera witwa Murundi, ejo ku wa Mbere yari yiriwe asangira inzoga n’abandi bagabo bagenzi be muri aka gace.

Umwe muri aba baturage yavuze ko mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa 13 Gashyantare 2023, aba bagabo baje kugirana amakimbirane bakarwana ariko abaturage bakabakiza.

Avuga ko batamenye niba barakomeje gusangira, ariko ko iperereza rikwiye guhera aho nubwo batakwemeza niba urupfu rwa nyakwigendera rufitanye isano n’ubu bushyamirane bwari bwabaye ejo.

Nyakwigendera yari asanzwe akora akazi ko gucungira umutekano inyubako iherereye muri aka gace yari atuyemo.

Inzego zishinzwe iperereza nk’Urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) zahise zitangira gukora iperereza, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzuma rya nyuma.

Umurambo w’uyu mugabo bawusanze mu cyuzi cy’amafi
Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Kacyiru

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 8 =

Previous Post

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Next Post

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.