Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko ubwinshi bw’ubusabe bw’abaturage bashaka ibyangombwa byo kubaka, ndetse n’umubare w’abakozi bacye babishinzwe, ari byo bituma bitinda kuboneka.

Hakunze kumvikana amajwi y’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali binubira itinda ry’ibyangombwa byo kubaka, ndetse bamwe bakavuga ko biba bibashyira mu bihombo.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo, Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko gutinda kubona ibyangombwa byo kubaka biterwa n’abakozi bacye bashinzwe gutanga iyi serivisi, ndetse n’ubwinshi bw’abayisaba.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali uri gukura cyane ku buryo tubona ubusabe burenze ubushobozi bw’abakozi dufite kugira ngo babashe gutanga ibyangombwa, kandi mu minsi yagenwe bigatuma umuntu atinda kubona icyangombwa.”

Usibye kubona ibyangombwa byo kubaka, n’ibyo gusana inzu yangiritse na byo biragoye, ku buryo bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga kuko hari ababura uko basana inzu zabo ziba zenda kubagwaho.

Icyakora Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko bagiye gushyiraho itsinda rishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyangombwa byo gusana.

Ati “Muri iyi minsi dufite ikibazo cy’akajagari karimo kuzamuka cyane aho umuntu ahabwa icyangombwa cy’icyo agomba gukora, agahita akoramo ikindi, none ku rwego rwo ku Murenge hakabura uburyo bwo kugenzura ibyo byose, umujyi ntubashe kubigeraho ngo barebe ko abantu barimo kurengera.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeje gukaza ibihano ku bubaka cyangwa abasana badafite ibyangombwa, kuko aho bigaragara bikamenyekana, bahita basenyerwa.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 20 =

Previous Post

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Next Post

Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Umunyarwandakazi n'Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.