Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko ubwinshi bw’ubusabe bw’abaturage bashaka ibyangombwa byo kubaka, ndetse n’umubare w’abakozi bacye babishinzwe, ari byo bituma bitinda kuboneka.

Hakunze kumvikana amajwi y’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali binubira itinda ry’ibyangombwa byo kubaka, ndetse bamwe bakavuga ko biba bibashyira mu bihombo.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo, Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko gutinda kubona ibyangombwa byo kubaka biterwa n’abakozi bacye bashinzwe gutanga iyi serivisi, ndetse n’ubwinshi bw’abayisaba.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali uri gukura cyane ku buryo tubona ubusabe burenze ubushobozi bw’abakozi dufite kugira ngo babashe gutanga ibyangombwa, kandi mu minsi yagenwe bigatuma umuntu atinda kubona icyangombwa.”

Usibye kubona ibyangombwa byo kubaka, n’ibyo gusana inzu yangiritse na byo biragoye, ku buryo bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga kuko hari ababura uko basana inzu zabo ziba zenda kubagwaho.

Icyakora Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko bagiye gushyiraho itsinda rishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyangombwa byo gusana.

Ati “Muri iyi minsi dufite ikibazo cy’akajagari karimo kuzamuka cyane aho umuntu ahabwa icyangombwa cy’icyo agomba gukora, agahita akoramo ikindi, none ku rwego rwo ku Murenge hakabura uburyo bwo kugenzura ibyo byose, umujyi ntubashe kubigeraho ngo barebe ko abantu barimo kurengera.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeje gukaza ibihano ku bubaka cyangwa abasana badafite ibyangombwa, kuko aho bigaragara bikamenyekana, bahita basenyerwa.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Next Post

Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Related Posts

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Umunyarwandakazi n'Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.