Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko ubwinshi bw’ubusabe bw’abaturage bashaka ibyangombwa byo kubaka, ndetse n’umubare w’abakozi bacye babishinzwe, ari byo bituma bitinda kuboneka.

Hakunze kumvikana amajwi y’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali binubira itinda ry’ibyangombwa byo kubaka, ndetse bamwe bakavuga ko biba bibashyira mu bihombo.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo, Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko gutinda kubona ibyangombwa byo kubaka biterwa n’abakozi bacye bashinzwe gutanga iyi serivisi, ndetse n’ubwinshi bw’abayisaba.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali uri gukura cyane ku buryo tubona ubusabe burenze ubushobozi bw’abakozi dufite kugira ngo babashe gutanga ibyangombwa, kandi mu minsi yagenwe bigatuma umuntu atinda kubona icyangombwa.”

Usibye kubona ibyangombwa byo kubaka, n’ibyo gusana inzu yangiritse na byo biragoye, ku buryo bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga kuko hari ababura uko basana inzu zabo ziba zenda kubagwaho.

Icyakora Eng. Fulgence Dusabimana avuga ko bagiye gushyiraho itsinda rishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyangombwa byo gusana.

Ati “Muri iyi minsi dufite ikibazo cy’akajagari karimo kuzamuka cyane aho umuntu ahabwa icyangombwa cy’icyo agomba gukora, agahita akoramo ikindi, none ku rwego rwo ku Murenge hakabura uburyo bwo kugenzura ibyo byose, umujyi ntubashe kubigeraho ngo barebe ko abantu barimo kurengera.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeje gukaza ibihano ku bubaka cyangwa abasana badafite ibyangombwa, kuko aho bigaragara bikamenyekana, bahita basenyerwa.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Next Post

Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi n’Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Umunyarwandakazi n'Umurundikazi bapfiriye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.