• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

radiotv10by radiotv10
24/10/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, hagaragaye umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi babanje kugundagurana hakurikijwe uko aho bawusanze hari hameze.

Umurambo w’uyu musore uri mu kigero cy’imyaka 25 wabonywe n’abagenzi banyuraga muri aka gace katagituwe ko mu Mudugudu wa Ntora mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi.

Aka gace kabonetsemo umurambo, kimuwemo abaturage bari bahatuye kuko ari mu manegeka, ku buryo niba nyakwigendera yahategewe n’abagizi ba nabi atari no gutabaza ngo hagire umwumva.

Nyirishema Marcel uyobora Akagari ka Ruhango, yavuze ko amakuru yageze ku buyobozi bw’inzego z’ibanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, ariko ko bishoboka ko nyakwigendera yishwe mu ijoro ryacyeye.

Avuga ko bakurikije uko babonye ahasanzwe uyu murango, bigaragara ko habanje kubaho kugundagurana n’abo bikekwa ko bashobora kuba bamwivuganye.

Yagize ati “Niba atari abantu yarwanaga na bo akiza amagara ye, bishoboka ko ari urundi rugomo bakoraga kandi baharwaniye. Byagaragaraga ko baharwaniye wenda yikiza.”

Uyu muyobozi avuga ko inzego z’ibanze ndetse n’urw’Igihugu rushinzwe iperereza (RIB) bihutiye kuhagera, kugira ngo hatangire iperereza ku ntandaro y’urupfu rw’uyu musore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura

Next Post

Habaye ikindi gikorwa gisa n’ubushotoranyi ku manywa y’ihangu cyaturutse muri Congo kikagera mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Habaye ikindi gikorwa gisa n’ubushotoranyi ku manywa y’ihangu cyaturutse muri Congo kikagera mu Rwanda

Habaye ikindi gikorwa gisa n’ubushotoranyi ku manywa y’ihangu cyaturutse muri Congo kikagera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.