Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu bice byo mu Mujyi wa Kigali biherutse gutangazwa ko byongerewe mu bigiye kujya byerecyezamo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga ko bari bishimiye ko batekerejweho, ariko ko kugeza ubu ntirabarabone imodoka n’imwe ibiganamo.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza amabwiriza mashya mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, arimo n’ibyerecyezo bishya [bizwi nka Ligne], byashyizweho kubera ubusabe bw’abatuye ibice byagiye biturwa ariko ntihashyirwe imodoka zibiganamo.

Ni icyemezo cyatangajwe tariki 13 Werurwe 2024 ariko gitangira gushyirwa mu bikorwa tariki 16 Werurwe 2024, kuko habanje gutangwa igihe ku bashoferi kugira ngo bitegure.

Icyo gihe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yari yagize ati “Turaha Abanyarwanda umwanya wo kwitegura, n’abatwara abantu mu buryo bwa rusange bitegure, batangire gukorera mu bihanda mishya ndetse dutangire no kwishyura ikiguzio gishya kitarimo nkunganire.”

Icyaguye neza imitima y’abaturage bari bahangayikishijwe n’ingendo kuruta abandi; ni abatuye ahantu izi modoka rusange zitageraga, bakiriye neza iyi nkuru ko na bo bagiye kubona imodoka zibaganisha mu bice batuyemo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yagaragaje bimwe mu byerecyezo bishya, aho yagize ati “Hakaba n’icyerekezo Gasanze-Birembo yerekeza Kinyinya, hari ukuva Nyacyonga ugana Rutunga, hakaba na Nyacyonga ugana Masoro. Nubwo ari ibice by’icyaro ariko abaturage baho bari baragaragaje ko dukeneye kuhagira icyerekezo kandi na byo byitaweho.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye bimwe muri ibi bice, asanga amarira ari yose, aho abaturage bavuga ko ibyari ibyishimo ko bagiye kubona imodoka, babiheruka umunsi byatangarijwe.

Umwe mu baturage batuye Nyacyonga, yagize ati “Tumvise ejobundi Minisitiri w’Ibikorwa Remezo avuga ko hano bahashyize icyerekezo cya Nyacyonga-Masoro. Akibivuga twarabyishimiye ariko ntazo twabonye. Twarumiwe pe! Tubiheruka icyo gihe babivuga kuri radiyo. Bashobora kuba babiteganya ariko ntibiraba.”

Umunyamakuru kandi yahise yerecyeza i Gasanze n’ahitwa mu Birembo, na ho hari hemejwe ko hinjiye mu byerecyezo bigomba kujya biganamo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, na ho asanga inkuru yararangiriye ku itangazwa ryabyo.

Umuturage umwe ati “Ubu ni ukugenda n’ibirenge, ushobora gukoresha nk’isaha imwe. Uru rugendo rwa Gasanze-Birembo-Kinyinya ruvuze ibintu byinshi ku muturage, urabona hano mu Birembo dufite isoko, na Kinyinya dufite isoko n’i Gasanze dufite isoko, urumva ko iki cyerekezo gishya cy’imodoka cyari gutuma abacuruzi babasha guhahiranira. Ikintu ubuze mu isoko rya Birembo ushobora kujya kugishaka Kinyinya mu gihe urwo rugendo rwajyaho, ndetse n’ubukungu bwacu hari icyo bwakwiyongeraho. Ubu turi mu bihombo.”

Guverinoma y’u Rwanda yari yemeje ko buri cyerekezo cy’imodoka kigomba kujyamo kompanyi zirenze imwe kugira ngo abaturage batongera kwicirwa n’izuba ku muhanda bazitegereje.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Amashyaka PSD na PL yatangaje ko azashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.