Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu bice byo mu Mujyi wa Kigali biherutse gutangazwa ko byongerewe mu bigiye kujya byerecyezamo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga ko bari bishimiye ko batekerejweho, ariko ko kugeza ubu ntirabarabone imodoka n’imwe ibiganamo.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza amabwiriza mashya mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, arimo n’ibyerecyezo bishya [bizwi nka Ligne], byashyizweho kubera ubusabe bw’abatuye ibice byagiye biturwa ariko ntihashyirwe imodoka zibiganamo.

Ni icyemezo cyatangajwe tariki 13 Werurwe 2024 ariko gitangira gushyirwa mu bikorwa tariki 16 Werurwe 2024, kuko habanje gutangwa igihe ku bashoferi kugira ngo bitegure.

Icyo gihe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yari yagize ati “Turaha Abanyarwanda umwanya wo kwitegura, n’abatwara abantu mu buryo bwa rusange bitegure, batangire gukorera mu bihanda mishya ndetse dutangire no kwishyura ikiguzio gishya kitarimo nkunganire.”

Icyaguye neza imitima y’abaturage bari bahangayikishijwe n’ingendo kuruta abandi; ni abatuye ahantu izi modoka rusange zitageraga, bakiriye neza iyi nkuru ko na bo bagiye kubona imodoka zibaganisha mu bice batuyemo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yagaragaje bimwe mu byerecyezo bishya, aho yagize ati “Hakaba n’icyerekezo Gasanze-Birembo yerekeza Kinyinya, hari ukuva Nyacyonga ugana Rutunga, hakaba na Nyacyonga ugana Masoro. Nubwo ari ibice by’icyaro ariko abaturage baho bari baragaragaje ko dukeneye kuhagira icyerekezo kandi na byo byitaweho.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye bimwe muri ibi bice, asanga amarira ari yose, aho abaturage bavuga ko ibyari ibyishimo ko bagiye kubona imodoka, babiheruka umunsi byatangarijwe.

Umwe mu baturage batuye Nyacyonga, yagize ati “Tumvise ejobundi Minisitiri w’Ibikorwa Remezo avuga ko hano bahashyize icyerekezo cya Nyacyonga-Masoro. Akibivuga twarabyishimiye ariko ntazo twabonye. Twarumiwe pe! Tubiheruka icyo gihe babivuga kuri radiyo. Bashobora kuba babiteganya ariko ntibiraba.”

Umunyamakuru kandi yahise yerecyeza i Gasanze n’ahitwa mu Birembo, na ho hari hemejwe ko hinjiye mu byerecyezo bigomba kujya biganamo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, na ho asanga inkuru yararangiriye ku itangazwa ryabyo.

Umuturage umwe ati “Ubu ni ukugenda n’ibirenge, ushobora gukoresha nk’isaha imwe. Uru rugendo rwa Gasanze-Birembo-Kinyinya ruvuze ibintu byinshi ku muturage, urabona hano mu Birembo dufite isoko, na Kinyinya dufite isoko n’i Gasanze dufite isoko, urumva ko iki cyerekezo gishya cy’imodoka cyari gutuma abacuruzi babasha guhahiranira. Ikintu ubuze mu isoko rya Birembo ushobora kujya kugishaka Kinyinya mu gihe urwo rugendo rwajyaho, ndetse n’ubukungu bwacu hari icyo bwakwiyongeraho. Ubu turi mu bihombo.”

Guverinoma y’u Rwanda yari yemeje ko buri cyerekezo cy’imodoka kigomba kujyamo kompanyi zirenze imwe kugira ngo abaturage batongera kwicirwa n’izuba ku muhanda bazitegereje.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Amashyaka PSD na PL yatangaje ko azashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Related Posts

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
MU RWANDA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
19/01/2026
0

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.