• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

radiotv10by radiotv10
03/09/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bakenera amata mu buzima bwabo bwa buri munsi cyane cyane abo muri Kigali bavuga ko kuri ubu amata ari kugenda abura ,dore ko binagaragazwa n’abayacuruza nabo bavuga ko bitari gukunda kubona aho kuyarangurira, ibituma na bayabonye rimwe na rimwe bongeza igiciro.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga umusaruro w’amata ukunze kugabanuka mu gihe cy’impeshyi kubera ibura ry’ubwatsi n’amazi ariko iki kibazo hari ingamba zirambye kiri gufatirwa.

Iribura ry’amata rihamywa na raporo y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare riheruka gusohorwa rigagaza ko igiciro cy’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye cyazamutseho 3.5% ku ijana kuva muri mata uyu mwaka.

Kuri ubu iyo uzengurutse mu bice bitandukanye ukinjira ahacururizwa amata hari aho usanga yabashiranye kumasaha yak are bitewe n’uko ababaranguza ngo baba babahaye macye akabashirana ,ahandi ugasanga ntanayahigeze .

Bamwe mu baturage twaganirije bavuga muri ibi bihe amata yabuze bakibaza ikiri kubitera,naho aboneka akaba ari ku giciro kiri hejuru y’icyo yari asanzwe agurishwaho.

Umwe muri aba yagize ati“Muri ibi bihe amata yarabuze kuko urajya ku cyuma saa tatu bakakubwira ngo yashize, hari n’aho twajyaga kunywa icyayi kuri ubu bari guteka mu karu ngo amata yarabuze, babuze inshyushyu”

Abacuruzi baganirije RadioTV10 barimo n’abafite ibyuma bicuruza amata bavuze ko nabo batari kugemurirwa amata nk’ibisanzwe kuko babaha umunsi umwe bagasiba undi kugira ngo babasaranganye.

Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu gace ka Nyabisindu baganiriye na RadioTV10 bagaragaza uko muri iyi minsi ikibazo cy’amata gihagaze.

“Amata muri iyi minsi yabaye macye, natwe abatugemurira bagabanije ingano yayo baduhaga, ubwo rero bituma ashira kare kuko aba ari macye, hari n’ubwo biba ngombwa tugasaranganya wowe ejo ukayabona ejo bundi ntuyabone kugira ngo twese tugerweho”

Dr. Ndayisenga Fabrice umuyobozi w’ishami rishinzwe ubworozi muri RAB avuga ko bikunze kubaho ko umusaruro w’amata ugabanuka mu bihe by’impeshyi bitewe n’ibura ry’amazi, gusa ngo ntibari bazi ko hari abacuruzi bari kubura amata ariyo mpamvu bagiye kubikurikirana.

“Ibi bisanzwe kubaho mu gihe cy’impeshyi kubera ikibazo kizuba, birumvikana amazi aba ari macye ndetse n’ubwatsi budahagije, gusa hari ingamba iki kibazo cyafatiwe zirimo gushishikariza abahinzi no kubahugurira guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi bazajya baba bafite ibiryo bihagije byo kugaburira amatungo.”

Hamwe na hamwe bacuruza amata kuri ubu usanga bayatanga ku biciro bitandukanye hari aho usanga ayaguraga 500 ari kugura 600, ayaguraga 1000 ari kugura 1200, ni mu gihe abacuruza amata bapima kuri litiro naho usanga baragiye buriza ibi biciro, gusa kugeza ubu ntacyo Ministeri ishinzwe ubucuruzi n’inganda irabivugaho.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda kivuga ko ikibazo cy’ibura ry’umukamo zirimo guhugura no gushishikariza abahinzi guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi aho ubwatsi buba ari iyanga bazajya babasha kubona ibihaza amatungo nayo agatanga umusaruro uhagije, ngo ni gahunda inatangiye kumenyerwa mu turere twa Gatsibo na Nyagatare ikazakomeza no mu tundi turere.

Yanditswe na TUYISENGE Olivier/Radiotv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Next Post

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.