Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

radiotv10by radiotv10
03/09/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bakenera amata mu buzima bwabo bwa buri munsi cyane cyane abo muri Kigali bavuga ko kuri ubu amata ari kugenda abura ,dore ko binagaragazwa n’abayacuruza nabo bavuga ko bitari gukunda kubona aho kuyarangurira, ibituma na bayabonye rimwe na rimwe bongeza igiciro.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga umusaruro w’amata ukunze kugabanuka mu gihe cy’impeshyi kubera ibura ry’ubwatsi n’amazi ariko iki kibazo hari ingamba zirambye kiri gufatirwa.

Iribura ry’amata rihamywa na raporo y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare riheruka gusohorwa rigagaza ko igiciro cy’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye cyazamutseho 3.5% ku ijana kuva muri mata uyu mwaka.

Kuri ubu iyo uzengurutse mu bice bitandukanye ukinjira ahacururizwa amata hari aho usanga yabashiranye kumasaha yak are bitewe n’uko ababaranguza ngo baba babahaye macye akabashirana ,ahandi ugasanga ntanayahigeze .

Bamwe mu baturage twaganirije bavuga muri ibi bihe amata yabuze bakibaza ikiri kubitera,naho aboneka akaba ari ku giciro kiri hejuru y’icyo yari asanzwe agurishwaho.

Umwe muri aba yagize ati“Muri ibi bihe amata yarabuze kuko urajya ku cyuma saa tatu bakakubwira ngo yashize, hari n’aho twajyaga kunywa icyayi kuri ubu bari guteka mu karu ngo amata yarabuze, babuze inshyushyu”

Abacuruzi baganirije RadioTV10 barimo n’abafite ibyuma bicuruza amata bavuze ko nabo batari kugemurirwa amata nk’ibisanzwe kuko babaha umunsi umwe bagasiba undi kugira ngo babasaranganye.

Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu gace ka Nyabisindu baganiriye na RadioTV10 bagaragaza uko muri iyi minsi ikibazo cy’amata gihagaze.

“Amata muri iyi minsi yabaye macye, natwe abatugemurira bagabanije ingano yayo baduhaga, ubwo rero bituma ashira kare kuko aba ari macye, hari n’ubwo biba ngombwa tugasaranganya wowe ejo ukayabona ejo bundi ntuyabone kugira ngo twese tugerweho”

Dr. Ndayisenga Fabrice umuyobozi w’ishami rishinzwe ubworozi muri RAB avuga ko bikunze kubaho ko umusaruro w’amata ugabanuka mu bihe by’impeshyi bitewe n’ibura ry’amazi, gusa ngo ntibari bazi ko hari abacuruzi bari kubura amata ariyo mpamvu bagiye kubikurikirana.

“Ibi bisanzwe kubaho mu gihe cy’impeshyi kubera ikibazo kizuba, birumvikana amazi aba ari macye ndetse n’ubwatsi budahagije, gusa hari ingamba iki kibazo cyafatiwe zirimo gushishikariza abahinzi no kubahugurira guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi bazajya baba bafite ibiryo bihagije byo kugaburira amatungo.”

Hamwe na hamwe bacuruza amata kuri ubu usanga bayatanga ku biciro bitandukanye hari aho usanga ayaguraga 500 ari kugura 600, ayaguraga 1000 ari kugura 1200, ni mu gihe abacuruza amata bapima kuri litiro naho usanga baragiye buriza ibi biciro, gusa kugeza ubu ntacyo Ministeri ishinzwe ubucuruzi n’inganda irabivugaho.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda kivuga ko ikibazo cy’ibura ry’umukamo zirimo guhugura no gushishikariza abahinzi guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi aho ubwatsi buba ari iyanga bazajya babasha kubona ibihaza amatungo nayo agatanga umusaruro uhagije, ngo ni gahunda inatangiye kumenyerwa mu turere twa Gatsibo na Nyagatare ikazakomeza no mu tundi turere.

Yanditswe na TUYISENGE Olivier/Radiotv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + six =

Previous Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Next Post

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.