Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

radiotv10by radiotv10
03/09/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bakenera amata mu buzima bwabo bwa buri munsi cyane cyane abo muri Kigali bavuga ko kuri ubu amata ari kugenda abura ,dore ko binagaragazwa n’abayacuruza nabo bavuga ko bitari gukunda kubona aho kuyarangurira, ibituma na bayabonye rimwe na rimwe bongeza igiciro.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga umusaruro w’amata ukunze kugabanuka mu gihe cy’impeshyi kubera ibura ry’ubwatsi n’amazi ariko iki kibazo hari ingamba zirambye kiri gufatirwa.

Iribura ry’amata rihamywa na raporo y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare riheruka gusohorwa rigagaza ko igiciro cy’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye cyazamutseho 3.5% ku ijana kuva muri mata uyu mwaka.

Kuri ubu iyo uzengurutse mu bice bitandukanye ukinjira ahacururizwa amata hari aho usanga yabashiranye kumasaha yak are bitewe n’uko ababaranguza ngo baba babahaye macye akabashirana ,ahandi ugasanga ntanayahigeze .

Bamwe mu baturage twaganirije bavuga muri ibi bihe amata yabuze bakibaza ikiri kubitera,naho aboneka akaba ari ku giciro kiri hejuru y’icyo yari asanzwe agurishwaho.

Umwe muri aba yagize ati“Muri ibi bihe amata yarabuze kuko urajya ku cyuma saa tatu bakakubwira ngo yashize, hari n’aho twajyaga kunywa icyayi kuri ubu bari guteka mu karu ngo amata yarabuze, babuze inshyushyu”

Abacuruzi baganirije RadioTV10 barimo n’abafite ibyuma bicuruza amata bavuze ko nabo batari kugemurirwa amata nk’ibisanzwe kuko babaha umunsi umwe bagasiba undi kugira ngo babasaranganye.

Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu gace ka Nyabisindu baganiriye na RadioTV10 bagaragaza uko muri iyi minsi ikibazo cy’amata gihagaze.

“Amata muri iyi minsi yabaye macye, natwe abatugemurira bagabanije ingano yayo baduhaga, ubwo rero bituma ashira kare kuko aba ari macye, hari n’ubwo biba ngombwa tugasaranganya wowe ejo ukayabona ejo bundi ntuyabone kugira ngo twese tugerweho”

Dr. Ndayisenga Fabrice umuyobozi w’ishami rishinzwe ubworozi muri RAB avuga ko bikunze kubaho ko umusaruro w’amata ugabanuka mu bihe by’impeshyi bitewe n’ibura ry’amazi, gusa ngo ntibari bazi ko hari abacuruzi bari kubura amata ariyo mpamvu bagiye kubikurikirana.

“Ibi bisanzwe kubaho mu gihe cy’impeshyi kubera ikibazo kizuba, birumvikana amazi aba ari macye ndetse n’ubwatsi budahagije, gusa hari ingamba iki kibazo cyafatiwe zirimo gushishikariza abahinzi no kubahugurira guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi bazajya baba bafite ibiryo bihagije byo kugaburira amatungo.”

Hamwe na hamwe bacuruza amata kuri ubu usanga bayatanga ku biciro bitandukanye hari aho usanga ayaguraga 500 ari kugura 600, ayaguraga 1000 ari kugura 1200, ni mu gihe abacuruza amata bapima kuri litiro naho usanga baragiye buriza ibi biciro, gusa kugeza ubu ntacyo Ministeri ishinzwe ubucuruzi n’inganda irabivugaho.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda kivuga ko ikibazo cy’ibura ry’umukamo zirimo guhugura no gushishikariza abahinzi guhinga ubwatsi buhunikwa ku buryo mu gihe cy’impeshyi aho ubwatsi buba ari iyanga bazajya babasha kubona ibihaza amatungo nayo agatanga umusaruro uhagije, ngo ni gahunda inatangiye kumenyerwa mu turere twa Gatsibo na Nyagatare ikazakomeza no mu tundi turere.

Yanditswe na TUYISENGE Olivier/Radiotv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Next Post

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.