Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
2
Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ahazwi nko ku Kinamba mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo yacitse feri igahitana ubuzima bw’abantu batandatu, abaturage basabye ko imodoka nini zizwi nka Howo, zikwiye guhagarikwa cyangwa zigashyirirwaho umwihariko w’amasaha zigenda mu mihanda.

Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, ku Kinama mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, habereye impanuka y’imodoka izwi nka Howo yari ipakiye umucanga, yacitse feri irenga umuhanda ihitana ubuzima bwa bamwe.

Bamwe mu baturage baganiriye na RADIOTV10, bavuze ko izi modoka nini zizwi nka Howo, zikomeje guteza impanuka mu bice binyuranye by’Igihugu.

Umwe yagize ati “Iyo zigenda wagira ngo nta mushoferi uba urimo kuko aho inyuze hose ubona yirukanka kandi zikunda kubura feri na hariya Rwarutabura ejobundi yarazamutse isubira inyuma, na hariya ku musigiti yaramanutse ijya i Nyanza kuri gare ibura feri. Ziriya kamyo bakwiye kuzisubiza mu ruganda bakareba ikibazo zifite.”

Undi muturage usanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko izi modoka zikwiye kubuzwa kugenda mu gihe abaturage bakiri mu nzira.

Ati “Nibura izi modoka zikwiye kugenda nijoro abantu bashize mu muhanda kuko urabona ziragenda zikanabasanga no ku ruhande bigendera zikabagonga. Cyangwa se bazihaye imihanda yazo byaba ari akarusho.”

Umuvugizi wa Polisi, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Rene Irere, yabwiye RADIOTV10 ko ku bijyanye no kuba izi modoka za Howo zikora impanuka kurusha izindi, byasuzumwa kuko ntawapfa kubyemeza.

Yavuze kandi ko iki cyifuzo cy’abaturage basaba ko izi modoka zashyirirwaho amasaha zajya zigendera mu gihe abanyamaguru batakiri mu mihanda cyangwa zigahabwa imihanda yazo, na cyo cyaganirwaho n’inzego zifite mu nshingano ubwikorezi.

Yagize ati “Hari komite y’Igihugu ishinzwe iby’umutekano wo mu muhanda igizwe na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo na Polisi, ariko ubwo hajyamo n’izindi nzego, izijyanye n’ubucuruzi kugira ngo harebwe ko nta ruhande rubangamirwa ariko hagamijwe umutekano wo mu muhanda waboneka.”

Yanagarutse ku bakeka ko izi modoka ziba zidafite icyemezo cy’ubuziranenge (controle technique), avuga ko nta modoka yemerewe kugenda mu muhanda itagifite, cyakora agasaba abafite amakuru y’iyaba itagifite, kujya bayatanga kugira ngo ba nyirazo bakurikiranwe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kanyarwanda says:
    3 years ago

    Mwebwe x ubwanyu iyo murebye kubijyanye nizo kamyo za HOWO ntacyibazo muzibonaho jyewe kubwanjye ahubwo ntanubwo zari zikwiye kuba zikibarizwa no kubutaka bw’ uRwanda kuko ziri gukora amarorerwa menshi cyane kdi impamvu yabwo ntiwayihindura usibye uruganda rwazikoze uburyo bwa FERI yazo harimo kwe, zirayumba, zipakira ibirenze ibikenewe ubundi company yazikoze yazikoze nabi

    Reply
  2. SINAMENYE Paul says:
    3 years ago

    Ikibazo ntabwo ari imodoka kuko ntizitwara zifite abazitwara ahubwo nimutange umuvuduko ntarengwa wazo ahari wenda impanuka zakorwaga nazo bitewe n’umuvuduko zagabanuka. Jyewe n’uko mbyumva.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Umwera waturutse i Rwanda ugiye gukwira Isi yose: LONI igiye gutangiza Umuganda

Next Post

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.