Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
2
Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ahazwi nko ku Kinamba mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo yacitse feri igahitana ubuzima bw’abantu batandatu, abaturage basabye ko imodoka nini zizwi nka Howo, zikwiye guhagarikwa cyangwa zigashyirirwaho umwihariko w’amasaha zigenda mu mihanda.

Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, ku Kinama mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, habereye impanuka y’imodoka izwi nka Howo yari ipakiye umucanga, yacitse feri irenga umuhanda ihitana ubuzima bwa bamwe.

Bamwe mu baturage baganiriye na RADIOTV10, bavuze ko izi modoka nini zizwi nka Howo, zikomeje guteza impanuka mu bice binyuranye by’Igihugu.

Umwe yagize ati “Iyo zigenda wagira ngo nta mushoferi uba urimo kuko aho inyuze hose ubona yirukanka kandi zikunda kubura feri na hariya Rwarutabura ejobundi yarazamutse isubira inyuma, na hariya ku musigiti yaramanutse ijya i Nyanza kuri gare ibura feri. Ziriya kamyo bakwiye kuzisubiza mu ruganda bakareba ikibazo zifite.”

Undi muturage usanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko izi modoka zikwiye kubuzwa kugenda mu gihe abaturage bakiri mu nzira.

Ati “Nibura izi modoka zikwiye kugenda nijoro abantu bashize mu muhanda kuko urabona ziragenda zikanabasanga no ku ruhande bigendera zikabagonga. Cyangwa se bazihaye imihanda yazo byaba ari akarusho.”

Umuvugizi wa Polisi, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Rene Irere, yabwiye RADIOTV10 ko ku bijyanye no kuba izi modoka za Howo zikora impanuka kurusha izindi, byasuzumwa kuko ntawapfa kubyemeza.

Yavuze kandi ko iki cyifuzo cy’abaturage basaba ko izi modoka zashyirirwaho amasaha zajya zigendera mu gihe abanyamaguru batakiri mu mihanda cyangwa zigahabwa imihanda yazo, na cyo cyaganirwaho n’inzego zifite mu nshingano ubwikorezi.

Yagize ati “Hari komite y’Igihugu ishinzwe iby’umutekano wo mu muhanda igizwe na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo na Polisi, ariko ubwo hajyamo n’izindi nzego, izijyanye n’ubucuruzi kugira ngo harebwe ko nta ruhande rubangamirwa ariko hagamijwe umutekano wo mu muhanda waboneka.”

Yanagarutse ku bakeka ko izi modoka ziba zidafite icyemezo cy’ubuziranenge (controle technique), avuga ko nta modoka yemerewe kugenda mu muhanda itagifite, cyakora agasaba abafite amakuru y’iyaba itagifite, kujya bayatanga kugira ngo ba nyirazo bakurikiranwe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kanyarwanda says:
    3 years ago

    Mwebwe x ubwanyu iyo murebye kubijyanye nizo kamyo za HOWO ntacyibazo muzibonaho jyewe kubwanjye ahubwo ntanubwo zari zikwiye kuba zikibarizwa no kubutaka bw’ uRwanda kuko ziri gukora amarorerwa menshi cyane kdi impamvu yabwo ntiwayihindura usibye uruganda rwazikoze uburyo bwa FERI yazo harimo kwe, zirayumba, zipakira ibirenze ibikenewe ubundi company yazikoze yazikoze nabi

    Reply
  2. SINAMENYE Paul says:
    3 years ago

    Ikibazo ntabwo ari imodoka kuko ntizitwara zifite abazitwara ahubwo nimutange umuvuduko ntarengwa wazo ahari wenda impanuka zakorwaga nazo bitewe n’umuvuduko zagabanuka. Jyewe n’uko mbyumva.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Umwera waturutse i Rwanda ugiye gukwira Isi yose: LONI igiye gutangiza Umuganda

Next Post

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.