Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nzeri 2021, urwego rw’igihugurushinzu ingufu (REG) rwafatiye mu cyuho Ngendahimana Jean Claude w’imyaka 42 y’amavuko wiyitaga umukozi w’uru rwego, yuriye ipoto y’amashanyarazi arimo arahurira umuturage wo mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge.

Nk’uko abakozi muri REG babigaragaza, ibi bigira ingaruka zirimo ibihombo bihoraho muri iki kigo, ndetse n’impanuka za hato na hato mu baturage, bakibutswa kujya bagira amakenga mugihe hari umuntu uje ababwira ko ari umukozi w’uru rwego, agamije kubakuramo amafranga kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko. Uyu Ngendahimana Jean Claude bita Mikufi arafunze.

Avuga ko yahoze akora mu cyahoze ari Electrogaz, nyuma akazi ke kaza guhagarara atangira kujya akora yikorera ubundi agakorana na barwiyemezamirimo n’ubundi mu by’amashanyarazi ari nabyo yafatiwemo.

Ngo yaje kuvugana na Mukarusine Jeanine utuye mu mudugudu wa Gisenga mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge bumvikana ko avana umuriro ku ipoto ya REG akawumugereza mu rugo.

“ Njyewe nahoze nkora muri Electrogas kera, nyuma nza gukora impanuka imodoka irankenyagura ndamugara ubu mfite akaguru kamwe, akaboko ni uko n’umutima barambaze, bituma nirukanwa ku kazi kuko nari maze kumugara. Ubwo rero nahise ntangira kwikorera nkajya nkorana na barwiyemezamirimo, ariko n’ubundi ngakora mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.” Ngendahimana

NGENDAHIMANA.PNG

Ngendahimana Jean Claude wafashwe yiba amashanyarazi

Yakomeje avuga ko atarazi ko ari amakosa yakoraga, ariko ngo abimenye kandi akaba abisabira imbabazi.

Mukarusinze Jeanine we avuga ko nyuma yo kumenyesha REG ko yibwe insinga z’amashanyarazi ikamubwira ko agomba kugura izindi ngo yahamagaye Ngendahimana kuko yari asanzwe abona akora bene nk’ibi.

Ngo abaturage bose basanzwe bazi ko ari umukozi wa REG kuko anafite ikarita y’akazi izwi nka BAJI, yaberekaga.

Yagize ati: “ Nyuma y’uko insinga zanjye zibwe nahamagaye kuri REG, mbasobanurira ibyambayeho bambwira ko icy’ibanze ngomba kubanza gukora, ari ukugura insinga ubundi nkabwira umutekinisiye akaza akongera akanshyiriramo umuriro. Ubwo rero nibwo mbwiye uyu mugabo kuko yari asanzwe twese tumubona abikora, twari tuzi ko ari umukozi wa REG kuko uyu musozi wose niwe uwushyiramo amashanyarazi, ariko twatunguwe no kubona hari abagabo bamusanze yuriye ipoto arimo arahura uyu muriro, bamubajije ibyangombwa dusanga si umukozi wa REG.

MUKARUSINE.PNG

Mukarusine Jeanine wibiwe amashanyarazi

Umuturanyi wa Mukarusine witwa Claude Manaturikumwe, ngo niwe watanze insinga zari zigiye gukoreshwa na Ngendahimana yiba uyu murira, insinga avuga ko zasigaye ubwo yashyirishaga umuriro munzu ye.

Imbere y’itangazamakuru, Ngendahimana yavuze ko adasanzwe yiba, ariko nyuma aza kwivuguruza ko atari ubwa mbere abikoze, kuko yanafunzwe ibyumweru bibiri azira ibyaha nk’ibi.

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG, akaba ashinzwe ibikorwa byo kurwanya ubujura muri icyo kigo, avuga ko hari abantu batari bake basigaye bakora ubujura bw’amashanyarazi biyitirira ikigo cya REG bagamije indonke, akavuga ko hari hamaze iminsi hari ikibazo cy’insinga z’amashanyarazi zibwa muri kariya gace, nyamara abaketsweho ibi byaha bagacika inzego z’umutekano.

NKUBITO.PNG

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG

Nkubito asaba abanyarwanda kugira amakenga mu gihe hari abaje biyita abakozi b’uru rwego, kuko bigira ingaruka nyinshi zirimo no guhoza ikigo mu bihombo bidashira.

Kwiba amashanyarazi, ni icyaha gihanwa n’itegeko Nº52/2018 ryo ku itariki 13/08/2018, risimbura iryavuguruwe rifite Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + ten =

Previous Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Next Post

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.