Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nzeri 2021, urwego rw’igihugurushinzu ingufu (REG) rwafatiye mu cyuho Ngendahimana Jean Claude w’imyaka 42 y’amavuko wiyitaga umukozi w’uru rwego, yuriye ipoto y’amashanyarazi arimo arahurira umuturage wo mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge.

Nk’uko abakozi muri REG babigaragaza, ibi bigira ingaruka zirimo ibihombo bihoraho muri iki kigo, ndetse n’impanuka za hato na hato mu baturage, bakibutswa kujya bagira amakenga mugihe hari umuntu uje ababwira ko ari umukozi w’uru rwego, agamije kubakuramo amafranga kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko. Uyu Ngendahimana Jean Claude bita Mikufi arafunze.

Avuga ko yahoze akora mu cyahoze ari Electrogaz, nyuma akazi ke kaza guhagarara atangira kujya akora yikorera ubundi agakorana na barwiyemezamirimo n’ubundi mu by’amashanyarazi ari nabyo yafatiwemo.

Ngo yaje kuvugana na Mukarusine Jeanine utuye mu mudugudu wa Gisenga mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge bumvikana ko avana umuriro ku ipoto ya REG akawumugereza mu rugo.

“ Njyewe nahoze nkora muri Electrogas kera, nyuma nza gukora impanuka imodoka irankenyagura ndamugara ubu mfite akaguru kamwe, akaboko ni uko n’umutima barambaze, bituma nirukanwa ku kazi kuko nari maze kumugara. Ubwo rero nahise ntangira kwikorera nkajya nkorana na barwiyemezamirimo, ariko n’ubundi ngakora mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.” Ngendahimana

NGENDAHIMANA.PNG

Ngendahimana Jean Claude wafashwe yiba amashanyarazi

Yakomeje avuga ko atarazi ko ari amakosa yakoraga, ariko ngo abimenye kandi akaba abisabira imbabazi.

Mukarusinze Jeanine we avuga ko nyuma yo kumenyesha REG ko yibwe insinga z’amashanyarazi ikamubwira ko agomba kugura izindi ngo yahamagaye Ngendahimana kuko yari asanzwe abona akora bene nk’ibi.

Ngo abaturage bose basanzwe bazi ko ari umukozi wa REG kuko anafite ikarita y’akazi izwi nka BAJI, yaberekaga.

Yagize ati: “ Nyuma y’uko insinga zanjye zibwe nahamagaye kuri REG, mbasobanurira ibyambayeho bambwira ko icy’ibanze ngomba kubanza gukora, ari ukugura insinga ubundi nkabwira umutekinisiye akaza akongera akanshyiriramo umuriro. Ubwo rero nibwo mbwiye uyu mugabo kuko yari asanzwe twese tumubona abikora, twari tuzi ko ari umukozi wa REG kuko uyu musozi wose niwe uwushyiramo amashanyarazi, ariko twatunguwe no kubona hari abagabo bamusanze yuriye ipoto arimo arahura uyu muriro, bamubajije ibyangombwa dusanga si umukozi wa REG.

MUKARUSINE.PNG

Mukarusine Jeanine wibiwe amashanyarazi

Umuturanyi wa Mukarusine witwa Claude Manaturikumwe, ngo niwe watanze insinga zari zigiye gukoreshwa na Ngendahimana yiba uyu murira, insinga avuga ko zasigaye ubwo yashyirishaga umuriro munzu ye.

Imbere y’itangazamakuru, Ngendahimana yavuze ko adasanzwe yiba, ariko nyuma aza kwivuguruza ko atari ubwa mbere abikoze, kuko yanafunzwe ibyumweru bibiri azira ibyaha nk’ibi.

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG, akaba ashinzwe ibikorwa byo kurwanya ubujura muri icyo kigo, avuga ko hari abantu batari bake basigaye bakora ubujura bw’amashanyarazi biyitirira ikigo cya REG bagamije indonke, akavuga ko hari hamaze iminsi hari ikibazo cy’insinga z’amashanyarazi zibwa muri kariya gace, nyamara abaketsweho ibi byaha bagacika inzego z’umutekano.

NKUBITO.PNG

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG

Nkubito asaba abanyarwanda kugira amakenga mu gihe hari abaje biyita abakozi b’uru rwego, kuko bigira ingaruka nyinshi zirimo no guhoza ikigo mu bihombo bidashira.

Kwiba amashanyarazi, ni icyaha gihanwa n’itegeko Nº52/2018 ryo ku itariki 13/08/2018, risimbura iryavuguruwe rifite Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Next Post

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.