Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nzeri 2021, urwego rw’igihugurushinzu ingufu (REG) rwafatiye mu cyuho Ngendahimana Jean Claude w’imyaka 42 y’amavuko wiyitaga umukozi w’uru rwego, yuriye ipoto y’amashanyarazi arimo arahurira umuturage wo mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge.

Nk’uko abakozi muri REG babigaragaza, ibi bigira ingaruka zirimo ibihombo bihoraho muri iki kigo, ndetse n’impanuka za hato na hato mu baturage, bakibutswa kujya bagira amakenga mugihe hari umuntu uje ababwira ko ari umukozi w’uru rwego, agamije kubakuramo amafranga kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko. Uyu Ngendahimana Jean Claude bita Mikufi arafunze.

Avuga ko yahoze akora mu cyahoze ari Electrogaz, nyuma akazi ke kaza guhagarara atangira kujya akora yikorera ubundi agakorana na barwiyemezamirimo n’ubundi mu by’amashanyarazi ari nabyo yafatiwemo.

Ngo yaje kuvugana na Mukarusine Jeanine utuye mu mudugudu wa Gisenga mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge bumvikana ko avana umuriro ku ipoto ya REG akawumugereza mu rugo.

“ Njyewe nahoze nkora muri Electrogas kera, nyuma nza gukora impanuka imodoka irankenyagura ndamugara ubu mfite akaguru kamwe, akaboko ni uko n’umutima barambaze, bituma nirukanwa ku kazi kuko nari maze kumugara. Ubwo rero nahise ntangira kwikorera nkajya nkorana na barwiyemezamirimo, ariko n’ubundi ngakora mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.” Ngendahimana

NGENDAHIMANA.PNG

Ngendahimana Jean Claude wafashwe yiba amashanyarazi

Yakomeje avuga ko atarazi ko ari amakosa yakoraga, ariko ngo abimenye kandi akaba abisabira imbabazi.

Mukarusinze Jeanine we avuga ko nyuma yo kumenyesha REG ko yibwe insinga z’amashanyarazi ikamubwira ko agomba kugura izindi ngo yahamagaye Ngendahimana kuko yari asanzwe abona akora bene nk’ibi.

Ngo abaturage bose basanzwe bazi ko ari umukozi wa REG kuko anafite ikarita y’akazi izwi nka BAJI, yaberekaga.

Yagize ati: “ Nyuma y’uko insinga zanjye zibwe nahamagaye kuri REG, mbasobanurira ibyambayeho bambwira ko icy’ibanze ngomba kubanza gukora, ari ukugura insinga ubundi nkabwira umutekinisiye akaza akongera akanshyiriramo umuriro. Ubwo rero nibwo mbwiye uyu mugabo kuko yari asanzwe twese tumubona abikora, twari tuzi ko ari umukozi wa REG kuko uyu musozi wose niwe uwushyiramo amashanyarazi, ariko twatunguwe no kubona hari abagabo bamusanze yuriye ipoto arimo arahura uyu muriro, bamubajije ibyangombwa dusanga si umukozi wa REG.

MUKARUSINE.PNG

Mukarusine Jeanine wibiwe amashanyarazi

Umuturanyi wa Mukarusine witwa Claude Manaturikumwe, ngo niwe watanze insinga zari zigiye gukoreshwa na Ngendahimana yiba uyu murira, insinga avuga ko zasigaye ubwo yashyirishaga umuriro munzu ye.

Imbere y’itangazamakuru, Ngendahimana yavuze ko adasanzwe yiba, ariko nyuma aza kwivuguruza ko atari ubwa mbere abikoze, kuko yanafunzwe ibyumweru bibiri azira ibyaha nk’ibi.

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG, akaba ashinzwe ibikorwa byo kurwanya ubujura muri icyo kigo, avuga ko hari abantu batari bake basigaye bakora ubujura bw’amashanyarazi biyitirira ikigo cya REG bagamije indonke, akavuga ko hari hamaze iminsi hari ikibazo cy’insinga z’amashanyarazi zibwa muri kariya gace, nyamara abaketsweho ibi byaha bagacika inzego z’umutekano.

NKUBITO.PNG

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG

Nkubito asaba abanyarwanda kugira amakenga mu gihe hari abaje biyita abakozi b’uru rwego, kuko bigira ingaruka nyinshi zirimo no guhoza ikigo mu bihombo bidashira.

Kwiba amashanyarazi, ni icyaha gihanwa n’itegeko Nº52/2018 ryo ku itariki 13/08/2018, risimbura iryavuguruwe rifite Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 14 =

Previous Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Next Post

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.