Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera; akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu (MDF), yafashe icyemezo cyo gucyura abasirikare bacyo bari baragiye mu butumwa bwa SADC mu burasirazuba bwa DRC.

Ni icyemezo cyafashwe na Perezida Lazarus Chakwera wasabye ingabo ze ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) gutangira kwitegura gutaha.

Itangazo rya Perezida wa Malawi ry’iki cyemezo, ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025 nyuma y’umunsi umwe gusa umutwe wa M23 utangiye agahenge ko koroshya ibikorwa by’ubutabazi.

Itangazo ryo gucyura aba basirikare, rigira riti “Perezida Chakwera yategetse Umugaba Mukuru wa MDF (Malawi Defense Force) gutangira imyiteguro yo gucyura abasirikare ba Malawi. Mu rwego rwo kubahiriza agahenge katangajwe n’impande zihangaye ndetse no korohereza ibiganiro bigamije kuzana amahoro.”

Ingabo za Malawi ni zimwe mu zigize iziri mu butumwa bwa SAMIDRC zihuriyemo n’iza Afurika y’Epfo zimaze iminsi zifatanya na FARDC mu rugamba iki gisirikare cya Leta ya Congo gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) wohereje izi ngabo mu butumwa, umwaka ushize wari wafashe icyemezo cyo kuzongereye igihe.

Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC zanenzwe ubu butumwa, aho bivugwa ko zagiye kubungabunga amahoro nyamara zikaba zifasha FARDC guhangana na M23, mu gihe imyanzuro yagiye ifatirwa mu nama ziga kuri ibi bibazo, yose isaba ko bikemurwa hakoreshejwe inzira z’ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma

Next Post

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.