Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora imirimo y’amaboko bahemberwa muri gahunda ya VUP bo mu Karere ka Kirehe bavuga ko nubwo iyi gahunda yashyiriweho kuzamura imibereho yabo, bidashoboka kuko amafaranga bahembwa avamo ibibatunga gusa.

Bamwe muri aba baturage bamaze iminsi bakora imirimo isanzwe y’amaboko nko guhanga imihanda y’imigenderano, bavuga ko iyi gahunda yabatabaye kuko yabafashije mu mibereho ya buri munsi bakabasha kubona ibyo kurya.

Umwe muri bo yagize ati “Uretse ko nakuyemo imyenda yo kwambara nkabona igitenge cyo kwambara ariko ntakindi nayikuyemo.”

Undi na we yagize ati “Ayo ukureyemo uraza ugahahira abana ukagaburira ariko ntakindi waguramo. Nta tungo waguramo, ntiwakwiyubakira n’iyo nzu none se ko uba ugiye gukora n’ubundi ukennye, ayo ubonye ari yo akubeshejeho.”

Uyu muturage avuga kandi ko abenshi mu bakora muri VUP muri kariya gace, iyo bahembwe batayararana kuko baba barafashe imyenda ku buryo bahita bishyura amadeni.

Ati “N’ubwo iyo agiye abana barasonza agafata ibintu mu iduka akabagaburira ubundi akazishyura kugira ngo abana bataburara.”

Uyu muturage uvuga ko abakora imirimo muri iyi gahunda ya VUP ntaho bitaniye no guca inshuro, avuga ko bamwe mu bakora muri iyi gahunda baba baba bacumbitse.

Ati “Akaba atagira isambu, akabyuka akagenda agasiga ba bana, ya mafaranga bayamuhaye akayamarira mu kwishyura kugira ngo ba bana babeho, nta tungo yaguramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira avuga ko iyi gahunda ya VUP yagize umumaro ukomeye kuko yabafashije kubona imibereho.

Bruno Rangira avuga ko kuba abaturage bafite imibereho bashobora no kugera ku bindi byinshi kuko ababa muri iyi gahunda hari n’izindi gahunda zashyizweho zizabafasha kwiteza imbere na Ejo Heza no kwishyira mu matsinda yo kugurizanya.

Ahakana ibivugwa ko abakora muri iyi gahunda badatera imbere, ati “Abenshi bavuye mu cyiciro kimwe bajya mu kindi kandi na byo dukangurira abantu guha abandi umwanya.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + six =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Next Post

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.