Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora imirimo y’amaboko bahemberwa muri gahunda ya VUP bo mu Karere ka Kirehe bavuga ko nubwo iyi gahunda yashyiriweho kuzamura imibereho yabo, bidashoboka kuko amafaranga bahembwa avamo ibibatunga gusa.

Bamwe muri aba baturage bamaze iminsi bakora imirimo isanzwe y’amaboko nko guhanga imihanda y’imigenderano, bavuga ko iyi gahunda yabatabaye kuko yabafashije mu mibereho ya buri munsi bakabasha kubona ibyo kurya.

Umwe muri bo yagize ati “Uretse ko nakuyemo imyenda yo kwambara nkabona igitenge cyo kwambara ariko ntakindi nayikuyemo.”

Undi na we yagize ati “Ayo ukureyemo uraza ugahahira abana ukagaburira ariko ntakindi waguramo. Nta tungo waguramo, ntiwakwiyubakira n’iyo nzu none se ko uba ugiye gukora n’ubundi ukennye, ayo ubonye ari yo akubeshejeho.”

Uyu muturage avuga kandi ko abenshi mu bakora muri VUP muri kariya gace, iyo bahembwe batayararana kuko baba barafashe imyenda ku buryo bahita bishyura amadeni.

Ati “N’ubwo iyo agiye abana barasonza agafata ibintu mu iduka akabagaburira ubundi akazishyura kugira ngo abana bataburara.”

Uyu muturage uvuga ko abakora imirimo muri iyi gahunda ya VUP ntaho bitaniye no guca inshuro, avuga ko bamwe mu bakora muri iyi gahunda baba baba bacumbitse.

Ati “Akaba atagira isambu, akabyuka akagenda agasiga ba bana, ya mafaranga bayamuhaye akayamarira mu kwishyura kugira ngo ba bana babeho, nta tungo yaguramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira avuga ko iyi gahunda ya VUP yagize umumaro ukomeye kuko yabafashije kubona imibereho.

Bruno Rangira avuga ko kuba abaturage bafite imibereho bashobora no kugera ku bindi byinshi kuko ababa muri iyi gahunda hari n’izindi gahunda zashyizweho zizabafasha kwiteza imbere na Ejo Heza no kwishyira mu matsinda yo kugurizanya.

Ahakana ibivugwa ko abakora muri iyi gahunda badatera imbere, ati “Abenshi bavuye mu cyiciro kimwe bajya mu kindi kandi na byo dukangurira abantu guha abandi umwanya.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Next Post

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.