Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora imirimo y’amaboko bahemberwa muri gahunda ya VUP bo mu Karere ka Kirehe bavuga ko nubwo iyi gahunda yashyiriweho kuzamura imibereho yabo, bidashoboka kuko amafaranga bahembwa avamo ibibatunga gusa.

Bamwe muri aba baturage bamaze iminsi bakora imirimo isanzwe y’amaboko nko guhanga imihanda y’imigenderano, bavuga ko iyi gahunda yabatabaye kuko yabafashije mu mibereho ya buri munsi bakabasha kubona ibyo kurya.

Umwe muri bo yagize ati “Uretse ko nakuyemo imyenda yo kwambara nkabona igitenge cyo kwambara ariko ntakindi nayikuyemo.”

Undi na we yagize ati “Ayo ukureyemo uraza ugahahira abana ukagaburira ariko ntakindi waguramo. Nta tungo waguramo, ntiwakwiyubakira n’iyo nzu none se ko uba ugiye gukora n’ubundi ukennye, ayo ubonye ari yo akubeshejeho.”

Uyu muturage avuga kandi ko abenshi mu bakora muri VUP muri kariya gace, iyo bahembwe batayararana kuko baba barafashe imyenda ku buryo bahita bishyura amadeni.

Ati “N’ubwo iyo agiye abana barasonza agafata ibintu mu iduka akabagaburira ubundi akazishyura kugira ngo abana bataburara.”

Uyu muturage uvuga ko abakora imirimo muri iyi gahunda ya VUP ntaho bitaniye no guca inshuro, avuga ko bamwe mu bakora muri iyi gahunda baba baba bacumbitse.

Ati “Akaba atagira isambu, akabyuka akagenda agasiga ba bana, ya mafaranga bayamuhaye akayamarira mu kwishyura kugira ngo ba bana babeho, nta tungo yaguramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira avuga ko iyi gahunda ya VUP yagize umumaro ukomeye kuko yabafashije kubona imibereho.

Bruno Rangira avuga ko kuba abaturage bafite imibereho bashobora no kugera ku bindi byinshi kuko ababa muri iyi gahunda hari n’izindi gahunda zashyizweho zizabafasha kwiteza imbere na Ejo Heza no kwishyira mu matsinda yo kugurizanya.

Ahakana ibivugwa ko abakora muri iyi gahunda badatera imbere, ati “Abenshi bavuye mu cyiciro kimwe bajya mu kindi kandi na byo dukangurira abantu guha abandi umwanya.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − four =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Next Post

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.