Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatishoboye bo mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, bavuga ko basinyiye inkunga y’amafaranga babwirwaga ko bazahabwa mu kwezi kumwe, none amezi abaye abiri bategereje.

Aba baturage batishoboye, bavuga ko batumijwe ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga (07) 2024, ngo bajye ku Biro by’Akagari gusinyira inkunga y’amafaranga igomba kubafasha kwikura mu bukene.

Bavuga ko uretse amakuru bumvaga ko bazahabwa ibihumbi 800 Frw, nta yandi makuru bari bafite kuri iyi nkunga, bamaze amezi abiri bategereje.

Dusabimana Innovent, umwe muri aba baturage, avuga ko ubwo batumizwaga ku Biro by’Akagari bahawe impapuro zo gusinyaho, ubundi bakazisinya bafite ibyishimo.

Ati “Twagiye kubona tubona baduhaye impapuro, twamara kuzisinyaho na bo bakazisinyaho, bati ‘ngaho nimutahe nyuma y’iminsi mirongo itatu nibwo turi bubasubize’. Ibipapuro turabimanukana tubishyira hano mu rugo. Twarategereje twarahebye.”

Mukabutera Rachel na we agira ati “Ayo mafaranga ntayo baduhaye mu ntoki, ahubwo baduhaye ibipapuro kugeza n’ubu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukandayisenga Janviere yavuze ko aba baturage basinye koko, ariko ko atari inkunga bagombaga guhita bahabwa, ahubwo ko byari bigamije kuzabafasha igihe habonetse inkunga.

Ati “Ntabwo ari amsezerano yo kugira ibyo babaha biri precis (bizwi). Icyo dukora ni uguhora tuganira nab o hanyuma twabona ubufasha runaka, amahirwe yo kumuhuza na yo tukagenda dufata kugeza igihe bose tuzabahera. Ntabwo ako kanya twahita tubikora icyarimwe ngo tubone ubushobozi.”

Uyu muyobozo asaba aba baturage gutegereza kuko umwaka w’Imihigo ukiri mu ntangiro, bityo ko igihe amahirwe yabonetse bazabimenyeshwa.

Ati “Haracyari kare ni bwo dutangiye umwaka w’imihigo, ubu nibwo dutangiye gukora imishinga. Tuzagenda tubahuza n’amahirwe bitewe kandi n’ibikorwa biri gukorwa.”

Guhera mu midugudu kugera ku rwego rw’igihugu hari komite zashyizweho zigamije guherekeza abafite amikoro make binyuze mu guhabwa inkunga bakeneye ndetse bakanasinya amasezerano yoroheje yo kwiyemeza kwivana mu bukene mu gihe cy’imyaka 2, harimo gushakirwa imirimo yoroheje, korozwa amatungo, ndetse guhabwa amafaranga.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Nyanza: Bambuwe ibyangombwa by’inzu bubakiwe bakibihabwa none ibyakurikiyeho byabashyize mu kaga

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.