Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatishoboye bo mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, bavuga ko basinyiye inkunga y’amafaranga babwirwaga ko bazahabwa mu kwezi kumwe, none amezi abaye abiri bategereje.

Aba baturage batishoboye, bavuga ko batumijwe ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga (07) 2024, ngo bajye ku Biro by’Akagari gusinyira inkunga y’amafaranga igomba kubafasha kwikura mu bukene.

Bavuga ko uretse amakuru bumvaga ko bazahabwa ibihumbi 800 Frw, nta yandi makuru bari bafite kuri iyi nkunga, bamaze amezi abiri bategereje.

Dusabimana Innovent, umwe muri aba baturage, avuga ko ubwo batumizwaga ku Biro by’Akagari bahawe impapuro zo gusinyaho, ubundi bakazisinya bafite ibyishimo.

Ati “Twagiye kubona tubona baduhaye impapuro, twamara kuzisinyaho na bo bakazisinyaho, bati ‘ngaho nimutahe nyuma y’iminsi mirongo itatu nibwo turi bubasubize’. Ibipapuro turabimanukana tubishyira hano mu rugo. Twarategereje twarahebye.”

Mukabutera Rachel na we agira ati “Ayo mafaranga ntayo baduhaye mu ntoki, ahubwo baduhaye ibipapuro kugeza n’ubu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukandayisenga Janviere yavuze ko aba baturage basinye koko, ariko ko atari inkunga bagombaga guhita bahabwa, ahubwo ko byari bigamije kuzabafasha igihe habonetse inkunga.

Ati “Ntabwo ari amsezerano yo kugira ibyo babaha biri precis (bizwi). Icyo dukora ni uguhora tuganira nab o hanyuma twabona ubufasha runaka, amahirwe yo kumuhuza na yo tukagenda dufata kugeza igihe bose tuzabahera. Ntabwo ako kanya twahita tubikora icyarimwe ngo tubone ubushobozi.”

Uyu muyobozo asaba aba baturage gutegereza kuko umwaka w’Imihigo ukiri mu ntangiro, bityo ko igihe amahirwe yabonetse bazabimenyeshwa.

Ati “Haracyari kare ni bwo dutangiye umwaka w’imihigo, ubu nibwo dutangiye gukora imishinga. Tuzagenda tubahuza n’amahirwe bitewe kandi n’ibikorwa biri gukorwa.”

Guhera mu midugudu kugera ku rwego rw’igihugu hari komite zashyizweho zigamije guherekeza abafite amikoro make binyuze mu guhabwa inkunga bakeneye ndetse bakanasinya amasezerano yoroheje yo kwiyemeza kwivana mu bukene mu gihe cy’imyaka 2, harimo gushakirwa imirimo yoroheje, korozwa amatungo, ndetse guhabwa amafaranga.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Nyanza: Bambuwe ibyangombwa by’inzu bubakiwe bakibihabwa none ibyakurikiyeho byabashyize mu kaga

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Related Posts

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025,...

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
1

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has confirmed that a new vehicle emission testing program will officially begin on August...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

by radiotv10
19/08/2025
0

The Ministry of Emergency Management has announced that disasters caused by the heavy rainfall that poured throughout the night of...

IZIHERUKA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
MU RWANDA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

19/08/2025
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.