Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatishoboye bo mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, bavuga ko basinyiye inkunga y’amafaranga babwirwaga ko bazahabwa mu kwezi kumwe, none amezi abaye abiri bategereje.

Aba baturage batishoboye, bavuga ko batumijwe ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga (07) 2024, ngo bajye ku Biro by’Akagari gusinyira inkunga y’amafaranga igomba kubafasha kwikura mu bukene.

Bavuga ko uretse amakuru bumvaga ko bazahabwa ibihumbi 800 Frw, nta yandi makuru bari bafite kuri iyi nkunga, bamaze amezi abiri bategereje.

Dusabimana Innovent, umwe muri aba baturage, avuga ko ubwo batumizwaga ku Biro by’Akagari bahawe impapuro zo gusinyaho, ubundi bakazisinya bafite ibyishimo.

Ati “Twagiye kubona tubona baduhaye impapuro, twamara kuzisinyaho na bo bakazisinyaho, bati ‘ngaho nimutahe nyuma y’iminsi mirongo itatu nibwo turi bubasubize’. Ibipapuro turabimanukana tubishyira hano mu rugo. Twarategereje twarahebye.”

Mukabutera Rachel na we agira ati “Ayo mafaranga ntayo baduhaye mu ntoki, ahubwo baduhaye ibipapuro kugeza n’ubu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukandayisenga Janviere yavuze ko aba baturage basinye koko, ariko ko atari inkunga bagombaga guhita bahabwa, ahubwo ko byari bigamije kuzabafasha igihe habonetse inkunga.

Ati “Ntabwo ari amsezerano yo kugira ibyo babaha biri precis (bizwi). Icyo dukora ni uguhora tuganira nab o hanyuma twabona ubufasha runaka, amahirwe yo kumuhuza na yo tukagenda dufata kugeza igihe bose tuzabahera. Ntabwo ako kanya twahita tubikora icyarimwe ngo tubone ubushobozi.”

Uyu muyobozo asaba aba baturage gutegereza kuko umwaka w’Imihigo ukiri mu ntangiro, bityo ko igihe amahirwe yabonetse bazabimenyeshwa.

Ati “Haracyari kare ni bwo dutangiye umwaka w’imihigo, ubu nibwo dutangiye gukora imishinga. Tuzagenda tubahuza n’amahirwe bitewe kandi n’ibikorwa biri gukorwa.”

Guhera mu midugudu kugera ku rwego rw’igihugu hari komite zashyizweho zigamije guherekeza abafite amikoro make binyuze mu guhabwa inkunga bakeneye ndetse bakanasinya amasezerano yoroheje yo kwiyemeza kwivana mu bukene mu gihe cy’imyaka 2, harimo gushakirwa imirimo yoroheje, korozwa amatungo, ndetse guhabwa amafaranga.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Nyanza: Bambuwe ibyangombwa by’inzu bubakiwe bakibihabwa none ibyakurikiyeho byabashyize mu kaga

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.