Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuriza ibicuruzwa biciriritse hanze y’isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe, ntibavuga rumwe ku musoro bacibwa kuko uhanitse bagereranyije n’ucibwa abo bacuruza bimwe, kuko babakubye gatatu, nyamara bose bacururiza hamwe ndetse n’ibicuruzwa bijya kunganya agaciro.

Aba bacuruzi, ni abacuruza ibijumba n’ibitoki bacururiza hasi muri iri soko rya Nyakarambi riherereye mu Murenge wa Kirehe, aho bavuga ko basoreshwa ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe abacuruza inyanya n’ibindi bicuruzwa bo basoreshwa igihumbi (1 000 Frw).

Aba basoreshwa ibihumbi bitatu, bavuga ko batiyumvisha uburyo babigirijeho nkana mu musoro, bagakuba gatatu abandi, nyamara ibyo bacuruza binganya agaciro.

Umwe yagize ati “Ikigaragara uba ubona ko ari akarengane dufite kuko ab’inyanya basora igihumbi (1 000 Frw) twebwe tugasora bitatu (3 000 Frw). Bagenekereje twajya dusora kimwe n’ay’abandi.”

Undi na we ati “Niba twese ducururiza hanze, dukwiye gutanga umusoro w’igihumbi kuko tuba tuzi ko hano dukorera hakenewe isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aviga ko bagiye gufatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro gusuzuma iki kibazo, bakamenya impamvu aba bacuruzi basoreshwa umusoro utangana

Yagize ati “Ni ibicuruzwa biba bitandukanye bisora mu buryo butanduaknye. Nk’ubuyobozi turaza kubisuzuma tunaganire n’inzego zibishinzwe, turaganira na RRA dufatanyije n’Inama Njyanama kugira ngo harebwe ibijyanye n’ingano y’ibisoreshwa muri iri soko.”

Aba bacuruzi bavuga ko bumva neza umumaro wo gusora ariko ko hatari hakwe kuzamo ubusumbane mu gusoreshwa kandi aho bacururiza ari hamwe ndetse bose bacuruza ibiribwa.

Aba bacuruzi bavuga ko ibi bisa n’akarengane
Bivugwa n’abacuruza ibijumba

Ndetse n’abacuruza ibitoki
Mu gihe abacuruza inyanya bo basoreshwa 1 000 Frw

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi

Next Post

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.