Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuriza ibicuruzwa biciriritse hanze y’isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe, ntibavuga rumwe ku musoro bacibwa kuko uhanitse bagereranyije n’ucibwa abo bacuruza bimwe, kuko babakubye gatatu, nyamara bose bacururiza hamwe ndetse n’ibicuruzwa bijya kunganya agaciro.

Aba bacuruzi, ni abacuruza ibijumba n’ibitoki bacururiza hasi muri iri soko rya Nyakarambi riherereye mu Murenge wa Kirehe, aho bavuga ko basoreshwa ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe abacuruza inyanya n’ibindi bicuruzwa bo basoreshwa igihumbi (1 000 Frw).

Aba basoreshwa ibihumbi bitatu, bavuga ko batiyumvisha uburyo babigirijeho nkana mu musoro, bagakuba gatatu abandi, nyamara ibyo bacuruza binganya agaciro.

Umwe yagize ati “Ikigaragara uba ubona ko ari akarengane dufite kuko ab’inyanya basora igihumbi (1 000 Frw) twebwe tugasora bitatu (3 000 Frw). Bagenekereje twajya dusora kimwe n’ay’abandi.”

Undi na we ati “Niba twese ducururiza hanze, dukwiye gutanga umusoro w’igihumbi kuko tuba tuzi ko hano dukorera hakenewe isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aviga ko bagiye gufatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro gusuzuma iki kibazo, bakamenya impamvu aba bacuruzi basoreshwa umusoro utangana

Yagize ati “Ni ibicuruzwa biba bitandukanye bisora mu buryo butanduaknye. Nk’ubuyobozi turaza kubisuzuma tunaganire n’inzego zibishinzwe, turaganira na RRA dufatanyije n’Inama Njyanama kugira ngo harebwe ibijyanye n’ingano y’ibisoreshwa muri iri soko.”

Aba bacuruzi bavuga ko bumva neza umumaro wo gusora ariko ko hatari hakwe kuzamo ubusumbane mu gusoreshwa kandi aho bacururiza ari hamwe ndetse bose bacuruza ibiribwa.

Aba bacuruzi bavuga ko ibi bisa n’akarengane
Bivugwa n’abacuruza ibijumba

Ndetse n’abacuruza ibitoki
Mu gihe abacuruza inyanya bo basoreshwa 1 000 Frw

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − four =

Previous Post

Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi

Next Post

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.