• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri, bavuga ko hashize myaka ibiri batanze Miliyoni 17 Frw nk’umugabane mu mushinga wo kubaka isoko rya Nyakarambi, ariko bakaba batazi iherezo ry’icyo bayatangiye.

Imyaka ibaye ibiri Koperative y’Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri batanza Miliyoni 17 kugira ngo ajye mu ivuriro ry’abazagira imigabane mu mushinga wo kubaka isoko rya Nyakarambi muri uyu mujyi wa Kirehe.

Vestine Mukashirimpaka agira ati “Twatanza amafaranga bayakuye kuri konti barayazamura ngo mu ishuriro kubaka iryo soko, ariko kano kanya twaherutse batubwira ko bazijyanye (Miliyoni 17), ntibatubwiye ngo isoko ryaratangiye, ntibatubwiye niba ibyo bateganyaga niba bitakibaye. Muri make ntituzi ngo amafaranga yakoze iki.”

Rukundo na we yagize ati “Dusaba ko iryo soko ryaboneka bityo tukabasha kubona ko ibyo twakoze byagize umusaruro.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, avuga ko umushinga ugikomeje ndetse ko hari ibyabanje gukorwa birimo gushaka uko bahabwa ubutaka bwa Leta kandi bitarenze impera z’uyu mwaka isoko rizaba ryatangiye kubakwa.

Ati “Biracyari mu buryo bwo gushakisha ubutaka bwa Leta byaciye muri Minisitiri ifite ubutaka mu nshingano, Minisiteri y’Ibidukikije na RDB. Amatsinda ya Minisiteri hamwe na RDB barasuye bareba n’imishinga biri hafi gusozwa kugira ngo ubutaka buboneke batangire kubaka nyirizina.”

Kugeza ubu hamaze gukusanywa Miliyoni zirengaho 400 Frw kandi ubukangurambaga bugikomeje kugira ngo iri soko rya Nyakarambi rizubakwe. Ni isoko rimaze hafi Imyaka itatu abaricururizamo bavuga ko babangamirwa nuko ritubakiye kandi ari ryo mu mujyi wa Kirehe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Next Post

Achievement in Judiciary: 15,000 cases resolved in Rwanda in 2024-2025 without going to court

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Achievement in Judiciary: 15,000 cases resolved in Rwanda in 2024-2025 without going to court

Achievement in Judiciary: 15,000 cases resolved in Rwanda in 2024-2025 without going to court

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.