Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

KNC atangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona ati “Uyu ni umwanda”

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in SIPORO
0
KNC atangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona ati “Uyu ni umwanda”
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles uzwi nka KNC yatangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona y’umupira w’amaguru ngo kubera inenge nyinshi ayibonamo we yise ‘umwanda’ zijyanye n’imisifurire.

Ni nyuma y’uko Gasogi United itsinzwe Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda igitego 1-0.

Muri uyu mukino wabonetsemo igitego kimwe cya Rayon Sports, ikipe ya Gasogi bari bahanganye yabonye igitego ariko umusifuzi wo ku ruhande aracyanga avuga ko abakinnyi ba Gasogi barariye mu gihe abahanga mu by’umupira w’amaguru bari kwemeza ko uyu musifuzi ashobora kuba yibeshye ku buryo icyo cyari igitego.

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles yatangaje ko ikipe ye isezeye muri shampiyona ndetse ntacyakorwa kugira ngo igaruke kabone nubwo zaba ari impuhwe z’Imana.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino, KNC yagarutse ku byo yakunze kunenga umupira w’amaguru mu rwanda, avuga ko mu buyobozi bwa FERWAFA “Huzuyemo Mafia, umwanda n’ibindi. Twebwe dufashe umwanzuro iyi kipe tuyivanye mu irushanwa. Kuva uyu munsi…”

Mu ijambo ryumvikanamo uburakari, KNC yakomeje avuga ko iyi kipe ye idashobora kugaruka muri shampiyona kabone “nubwo zaba ari impuhwe z’Imana kuko ibi ni umwanda…”

Yavuze ko abasore b’ikipe ye bakoresheje ingufu zose zishoboka kugira ngo batsinde ariko imisifurire irabazonga. Ati “Nibadakemura iki kibazo hari igihe abantu bazarwana hanze y’ikibuga.”

Kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, hakomeje imikino ya shampiyona hasozwa imikino ibanza ahakinwaga imikino y’umunsi wa 15, harimo umukino w’ishiraniro wahuje Rayon Sports na Gasogi United kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Uyu mukino wagiye gukinwa, hashize iminsi micye umuyobozi wa Gasogi United, KNC afatiwe ibihano byo kutagaragara ku kibuga imikino umunani ndetse anacibwa amande bitewe n’ibyo yatangaje ahanini agaruka ku basifuzi yashiNje ko bamusifuriye nabi.

Ni umukino amakipe yombi yagiye gukina amaze iminsi mu bihe bibi by’intsinzwi, aho bombi baherukaga gutakaza imikino y’umunsi wa 14.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − ten =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana

Next Post

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.