Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?

radiotv10by radiotv10
16/12/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko injyana ya Rumba y’Abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanditswe mu Njyana Ndangamuco ku Isi, hari abibaza niba imbyino gakondo z’u Rwanda nk’Igishakamba cyangwa Ikinimba na zo byazagera kuri uru rwego.

Muri iki cyumweru, abakunzi b’umuziki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville bari mu byishimo nyuma y’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbwe rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryemeje injyana ya Rumba ishyirwa mu njyana ndangamuco ku rwego rw’Isi.

Iyi njyana ya Rumba yashyizwe kuri uru rwego nyuma y’igihe kitari gito ba nyiri ubwite (DRC na Congo Brazzaville) babisaba.

Umuyobozi w’ikigo cy’ubuhanzi muri DRC (INA), Andre YOKA LYE yari aherutse kugaragaza impamvu iyi njyana yashyirwa ku rutonde rw’Isi kuko ifite amateka yihariye.

Yari yagize ati “Abacakara iyo babaga bari mu bwato bacurangaga indirimbo, jazz na rumba ni ikimenyetso ko abaririmbyi bacu babashije kubikomeza.”

Yakomeje agira ati “Uyu munsi iyi ni impano isangiwe n’abanyecongo bose, yaba abaririmba indirimbo zisanzwe n’izaririmbiwe Imana kandi igakora ku nguni zose z’ubuzima.”

 

Ese Igishakamba na cyo birashoboka?

Bamwe mu bakurikiranira hafi Umuziki Nyarwanda barimo abakora itangazamakuru, bavuga ko kuba iyi njyana y’abaturanyi b’u Rwanda yarashyizwe kuri ruriya rwego bikwiye gutuma abakunzi b’umuzi mu Rwanda bikebuka bakareba niba hari injyana nyarwanda yagera kuri ruriya rwego.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Adamu Aboubakar Mukara uzwi nka Dj Adams yahise yibaza agira ati “Rumba na yo igiye mu njyana zemewe na UNESCO. Hari umunsi umwe imwe mu njyana zo mu Rwanda izaba iri mu izemewe? Bigomba iki? Biradusaba iki? Harabura iki?”

Bamwe mu basubije kuri iki kibazo, bagaragaje icyakorwa. Rameck Gisanintwari yagize ati “Adamu mwiriwe, umeze neza se? Ntekereza ko turamutse turirimbye inyana zacu tutazishe zazageraho Zikamerwa.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi mu Rwanda, Intore Tuyisenge avuga ko abakora umuziki bakwiye guha agaciro injyana gakondo yabo kuruta kwirukira iby’ahandi.

Ati “Ibyo ni byo bizageza injyana gakondo yacu ku rwego rwiza nk’uru [rwa Rumba].”

Denyse MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Gisenyi: Umusore bivugwa ko yagiye kwifotoreza ku Kivu akaza no koga yarohamye ahita apfa

Next Post

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasifuzi 4 barimo uwongereye iminota 10 ku mukino AS Kigali Vs Etincelles bahagaritswe

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.