Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?

radiotv10by radiotv10
16/12/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko injyana ya Rumba y’Abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanditswe mu Njyana Ndangamuco ku Isi, hari abibaza niba imbyino gakondo z’u Rwanda nk’Igishakamba cyangwa Ikinimba na zo byazagera kuri uru rwego.

Muri iki cyumweru, abakunzi b’umuziki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville bari mu byishimo nyuma y’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbwe rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryemeje injyana ya Rumba ishyirwa mu njyana ndangamuco ku rwego rw’Isi.

Iyi njyana ya Rumba yashyizwe kuri uru rwego nyuma y’igihe kitari gito ba nyiri ubwite (DRC na Congo Brazzaville) babisaba.

Umuyobozi w’ikigo cy’ubuhanzi muri DRC (INA), Andre YOKA LYE yari aherutse kugaragaza impamvu iyi njyana yashyirwa ku rutonde rw’Isi kuko ifite amateka yihariye.

Yari yagize ati “Abacakara iyo babaga bari mu bwato bacurangaga indirimbo, jazz na rumba ni ikimenyetso ko abaririmbyi bacu babashije kubikomeza.”

Yakomeje agira ati “Uyu munsi iyi ni impano isangiwe n’abanyecongo bose, yaba abaririmba indirimbo zisanzwe n’izaririmbiwe Imana kandi igakora ku nguni zose z’ubuzima.”

 

Ese Igishakamba na cyo birashoboka?

Bamwe mu bakurikiranira hafi Umuziki Nyarwanda barimo abakora itangazamakuru, bavuga ko kuba iyi njyana y’abaturanyi b’u Rwanda yarashyizwe kuri ruriya rwego bikwiye gutuma abakunzi b’umuzi mu Rwanda bikebuka bakareba niba hari injyana nyarwanda yagera kuri ruriya rwego.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Adamu Aboubakar Mukara uzwi nka Dj Adams yahise yibaza agira ati “Rumba na yo igiye mu njyana zemewe na UNESCO. Hari umunsi umwe imwe mu njyana zo mu Rwanda izaba iri mu izemewe? Bigomba iki? Biradusaba iki? Harabura iki?”

Bamwe mu basubije kuri iki kibazo, bagaragaje icyakorwa. Rameck Gisanintwari yagize ati “Adamu mwiriwe, umeze neza se? Ntekereza ko turamutse turirimbye inyana zacu tutazishe zazageraho Zikamerwa.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi mu Rwanda, Intore Tuyisenge avuga ko abakora umuziki bakwiye guha agaciro injyana gakondo yabo kuruta kwirukira iby’ahandi.

Ati “Ibyo ni byo bizageza injyana gakondo yacu ku rwego rwiza nk’uru [rwa Rumba].”

Denyse MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Gisenyi: Umusore bivugwa ko yagiye kwifotoreza ku Kivu akaza no koga yarohamye ahita apfa

Next Post

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasifuzi 4 barimo uwongereye iminota 10 ku mukino AS Kigali Vs Etincelles bahagaritswe

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.