Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?

radiotv10by radiotv10
16/12/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ko Rumba yanditswe, birashoboka ku Kinimba, Igishakamba, Amaraba…?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko injyana ya Rumba y’Abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanditswe mu Njyana Ndangamuco ku Isi, hari abibaza niba imbyino gakondo z’u Rwanda nk’Igishakamba cyangwa Ikinimba na zo byazagera kuri uru rwego.

Muri iki cyumweru, abakunzi b’umuziki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville bari mu byishimo nyuma y’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbwe rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryemeje injyana ya Rumba ishyirwa mu njyana ndangamuco ku rwego rw’Isi.

Iyi njyana ya Rumba yashyizwe kuri uru rwego nyuma y’igihe kitari gito ba nyiri ubwite (DRC na Congo Brazzaville) babisaba.

Umuyobozi w’ikigo cy’ubuhanzi muri DRC (INA), Andre YOKA LYE yari aherutse kugaragaza impamvu iyi njyana yashyirwa ku rutonde rw’Isi kuko ifite amateka yihariye.

Yari yagize ati “Abacakara iyo babaga bari mu bwato bacurangaga indirimbo, jazz na rumba ni ikimenyetso ko abaririmbyi bacu babashije kubikomeza.”

Yakomeje agira ati “Uyu munsi iyi ni impano isangiwe n’abanyecongo bose, yaba abaririmba indirimbo zisanzwe n’izaririmbiwe Imana kandi igakora ku nguni zose z’ubuzima.”

 

Ese Igishakamba na cyo birashoboka?

Bamwe mu bakurikiranira hafi Umuziki Nyarwanda barimo abakora itangazamakuru, bavuga ko kuba iyi njyana y’abaturanyi b’u Rwanda yarashyizwe kuri ruriya rwego bikwiye gutuma abakunzi b’umuzi mu Rwanda bikebuka bakareba niba hari injyana nyarwanda yagera kuri ruriya rwego.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Adamu Aboubakar Mukara uzwi nka Dj Adams yahise yibaza agira ati “Rumba na yo igiye mu njyana zemewe na UNESCO. Hari umunsi umwe imwe mu njyana zo mu Rwanda izaba iri mu izemewe? Bigomba iki? Biradusaba iki? Harabura iki?”

Bamwe mu basubije kuri iki kibazo, bagaragaje icyakorwa. Rameck Gisanintwari yagize ati “Adamu mwiriwe, umeze neza se? Ntekereza ko turamutse turirimbye inyana zacu tutazishe zazageraho Zikamerwa.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi mu Rwanda, Intore Tuyisenge avuga ko abakora umuziki bakwiye guha agaciro injyana gakondo yabo kuruta kwirukira iby’ahandi.

Ati “Ibyo ni byo bizageza injyana gakondo yacu ku rwego rwiza nk’uru [rwa Rumba].”

Denyse MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

Gisenyi: Umusore bivugwa ko yagiye kwifotoreza ku Kivu akaza no koga yarohamye ahita apfa

Next Post

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasifuzi 4 barimo uwongereye iminota 10 ku mukino AS Kigali Vs Etincelles bahagaritswe

Abasifuzi bakubiswe akanyafu na FERWAFA bamwe bajuriye bati “Ntiwahanwa utabanje kwihanangirizwa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.