Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Komisiyo idasanzwe y’Abadepite izacukumbura umuzi w’iby’u Rwanda na DRCongo yatangajwe

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Komisiyo idasanzwe y’Abadepite izacukumbura umuzi w’iby’u Rwanda na DRCongo yatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yatangaje abagize Komisiyo idasanzwe yo gucukumbura uruhare rw’amateka y’ubukoloni mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byanatumye havuka umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ni komisiyo yemerejwe mu kiganiro cyahuje abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta mu cyumweru gishize tariki 26 Mutarama 2023.

Muri iki kiganiro, Dr Biruta yagaragarijemo ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku mateka y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho yavuze ko nyuma yuko bamwe mu bari ku butaka bw’u Rwanda bisanze ku butaka bwa Congo ubwo hakatwaga imipaka, bagiye batotezwa.

Iri totezwa ryagiye rikorerwa aba baturage bitwaga Abanyarwanda, ryaje guhumira ku mirari ubwo bamwe mu bari basize bakoze Jenoside mu Rwanda bahungiraga muri Congo, bakajya gukomerezayo ibikorwa byabo bibi mu burasirazuba bwa Congo, aho bakomeje kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bakanabica.

Ibi byatumye havuka umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje kurwanya ibi bikorwa by’ihohoterwa rikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu mutwe urwanira intego yumvikana, wakunze gushyirwa ku gahanga k’u Rwanda, ariko na rwo rukaba rwarabihakaniye kenshi ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Dr Biruta yagezaga ku ntumwa za rubanda iby’aya mateka, Abadepite biyemeje gushyiraho Komisiyo idasanzwe yo gucukumbura ibi bibazo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023, Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yatangaje amazina y’Intumwa za rubanda icyenda (9) zigize iyi Komisiyo idasanzwe.

Iyi komisiyo idasanzwe y’Abadepite, iyobowe na Hon Bugingo Emmanuel, akaba yungirijwe na Depite Muzana Alice.

Abandi badepite bagize iyi komisiyo idasanzwe; ni Mbakeshimana Chantal, Nyirabega Euthalie, Ruku Rwabyoma John, Uwingabe Solange, Senani Benoit, Barikana Eugene na Hon. Mukabarisa Germaine.

Aba Badepite bahawe igihe cy’amezi abiri bakaba barangije iri cukumbura, ndetse bakaba batanze raporo y’ibyo bakuye muri ubu bushakashatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Next Post

Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.