Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Komisiyo idasanzwe y’Abadepite izacukumbura umuzi w’iby’u Rwanda na DRCongo yatangajwe

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Komisiyo idasanzwe y’Abadepite izacukumbura umuzi w’iby’u Rwanda na DRCongo yatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yatangaje abagize Komisiyo idasanzwe yo gucukumbura uruhare rw’amateka y’ubukoloni mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byanatumye havuka umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ni komisiyo yemerejwe mu kiganiro cyahuje abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta mu cyumweru gishize tariki 26 Mutarama 2023.

Muri iki kiganiro, Dr Biruta yagaragarijemo ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku mateka y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho yavuze ko nyuma yuko bamwe mu bari ku butaka bw’u Rwanda bisanze ku butaka bwa Congo ubwo hakatwaga imipaka, bagiye batotezwa.

Iri totezwa ryagiye rikorerwa aba baturage bitwaga Abanyarwanda, ryaje guhumira ku mirari ubwo bamwe mu bari basize bakoze Jenoside mu Rwanda bahungiraga muri Congo, bakajya gukomerezayo ibikorwa byabo bibi mu burasirazuba bwa Congo, aho bakomeje kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bakanabica.

Ibi byatumye havuka umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje kurwanya ibi bikorwa by’ihohoterwa rikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu mutwe urwanira intego yumvikana, wakunze gushyirwa ku gahanga k’u Rwanda, ariko na rwo rukaba rwarabihakaniye kenshi ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Dr Biruta yagezaga ku ntumwa za rubanda iby’aya mateka, Abadepite biyemeje gushyiraho Komisiyo idasanzwe yo gucukumbura ibi bibazo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023, Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yatangaje amazina y’Intumwa za rubanda icyenda (9) zigize iyi Komisiyo idasanzwe.

Iyi komisiyo idasanzwe y’Abadepite, iyobowe na Hon Bugingo Emmanuel, akaba yungirijwe na Depite Muzana Alice.

Abandi badepite bagize iyi komisiyo idasanzwe; ni Mbakeshimana Chantal, Nyirabega Euthalie, Ruku Rwabyoma John, Uwingabe Solange, Senani Benoit, Barikana Eugene na Hon. Mukabarisa Germaine.

Aba Badepite bahawe igihe cy’amezi abiri bakaba barangije iri cukumbura, ndetse bakaba batanze raporo y’ibyo bakuye muri ubu bushakashatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 13 =

Previous Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Next Post

Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Hagiye hanze amakuru y’urubanza rwa Prince Kid wagizwe umwere ntibinyure Ubushinjacyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.