Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Korali ikunzwe mu Rwanda yaciye agahigo kadafitwe n’indi

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Korali ikunzwe mu Rwanda yaciye agahigo kadafitwe n’indi
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Ambassodors of Christ, yabaye iya mbere mu Rwanda yujuje abayikurikira bangana na Miliyoni kuri YouTube, inabiherwa igihembo n’ubuyobozi bw’uru rubuga.

Iyi korali ibarizwa mu itorero ry’Abadivandisite b’umumunsi wa karindwi, ku itorero rya Remera ni yo korali ya mbere mu Rwanda ikurikirwa n’abantu benshi ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube.

Mu cyumweru gishize, tariki 05 Gicurasi, ubuyobozi bw’iyi Korali bahawe ishimwe na YouTube nk’ikimenyetso cyuko babaye indashyikirwa nkuko twabitangarijwe n’umuyobozi wayo, Muvunyi Ruben mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10.

Yagize ati “Kuri twe icyo tugamije ni ukugira ngo ubutumwa bwiza bumenyekane ku isi hose, ubwo rero iyo tubonye abantu benshi turabyinshimira cyane kuko biba byuzuza inzozi zacu zo kugeza ubutumwa ku si.”

Ambassadors of Christ ni korali iri ku rwego mpuzamahanga kuko indirimbo zabo ziba mu ndimi zitandukanye nk’Ikinyarwanda, ikigande, igiswayire, icyongereza n’Igifaransa.

Iyi korali kandi ikorera ibitaramo n’ingendo z’ivugabutumwa mu Bihugu bitandukanye byo muri Afurika nkuko umuyobozi wayo yakomeje abivuga.

Ati “Muri uyu mwaka dufite ingendo nyinshi. tuzajya Uganda, Tanzania, Angola tuzasubirayo kuko duherutseyo ariko kandi tuzajya no muri Zambia.”

Uruganda rwa muzika ihimbaza Imana rumaze gutera intambwe, kuko kuba iyi korali yujuje miliyoni y’aba-Subscribers kuri YouTube, bifitwe na bacye mu Rwanda nka Ngabo Medal uzwi nka Meddy uherutse gutangaza ko agiye kujya akora indirimbo zihimbaza Imana

Korali Ambassadors imaze imyaka 27 muri muzika, yagiye ishyira hanze ibihangano byafashije benshi mu butumwa buhumuriza.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

DRCongo: Havumbuye imirambo myinshi mu gace kahozemo umutwe udahwema kwica abaturage urw’agashinyaguro

Next Post

Kigali: Urujijo ku mugabo wari umaze iminsi atagaragara bongeye kubona yarapfuye

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Urujijo ku mugabo wari umaze iminsi atagaragara bongeye kubona yarapfuye

Kigali: Urujijo ku mugabo wari umaze iminsi atagaragara bongeye kubona yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.