Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye ikibazo mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ryifashishwa mu ngendo z’indege by’umwihariko ku Bibuga by’Indenge, cyagize ingaruka kuri uru rwego ku Isi hose, aho Kompanyi z’indege nyinshi muri Leta Zunze Ubumwe za America no mu bindi Bihugu, zasubitse ingendo zazo z’uyu munsi.

Ni ikibazo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 cyabaye muri iri koranabuhanga ry’ingendo zo mu kirere ku Isi hose by’umwihariko ryo ku Bibuga by’Indege.

Uretse Kompanyi zikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za America zasubitse ingendo zazo uyu munsi, ni na ko byagenze ku zo mu Bwongereza, kimwe no mu Buhindi, ndetse n’ibindi Bihugu binyuranye.

Ahagana saa kumi n’ebyiri ku isaha ngengamasaha mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Tereleviziyo yo muri Australia ya ABC, ndetse n’ibigo bitandukanye, byatangaje ko byahuye n’ikibazo gikomeye kiri tekinike cyanagize ingaruka ku bikorwa byabyo.

Nyuma y’umwanya muto hatangajwe ibi, ibindi Bihugu na byo byatangaje ikibazo nk’iki, cyagiye kigira ingaruka ku bikorwa binyuranye by’umwihariko mu bijyanye n’ihuzanzira ryo mu rwego rw’ubwikorezi.

 

Ingendo z’indege mu cyeragati

Kompanyi z’ingendo zo mu kirere zo muri Leta Zunze Ubumwe za America nka Delta, United ndetse na American Airlines, zasubitse ingendo zose zari zifite uyu munsi kubera ikibazo cyabaye mu ikoranabuhanga, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’iki Gihugu gishinzwe iby’Indege FAA (Federal Aviation Administration).

Ibibuga by’indege ku Mugabane w’u Burayi, na byo byatangaje ko byahuye n’ikibazo nk’iki, aho nk’i Berlin mu Budage, Ikibuga cy’Intege Mpuzamahanga, cyahagaritse ibikorwa.

Umuvugizi w’iki Kibuga cy’Indege yagize ati “Muri aka kanya, turifuza kumenyesha ko twagize ikibazo cya tekinike mu kugenzura no kwakira abagenzi ndetse na serivisi z’ikibuga byatumye ibikorwa bihagarara kugeza saa yine [zo muri iki Gihugu].”

Kompanyi y’indege ya Ryanair yo muri Irland, isanzwe ari iya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu kugira abagenzi benshi, na yo yatangaje ko “twahuye n’ikibazo gikomeye mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ku Isi. Turagira inama abagenzi kugera ku kibuga cy’indege nibura amasaha atatu mbere y’isaha y’uregendo.”

Ibi kandi ni na ko byagiye bitangazwa n’Ibibuga by’Indege ndetse na Kompanyi z’ingenzo zo mu kirere zo mu Bihugu binyuranye ku Isi, nko mu Bufaransa, mu Bwongereza no mu Buhindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Next Post

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.