Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye ikibazo mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ryifashishwa mu ngendo z’indege by’umwihariko ku Bibuga by’Indenge, cyagize ingaruka kuri uru rwego ku Isi hose, aho Kompanyi z’indege nyinshi muri Leta Zunze Ubumwe za America no mu bindi Bihugu, zasubitse ingendo zazo z’uyu munsi.

Ni ikibazo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 cyabaye muri iri koranabuhanga ry’ingendo zo mu kirere ku Isi hose by’umwihariko ryo ku Bibuga by’Indege.

Uretse Kompanyi zikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za America zasubitse ingendo zazo uyu munsi, ni na ko byagenze ku zo mu Bwongereza, kimwe no mu Buhindi, ndetse n’ibindi Bihugu binyuranye.

Ahagana saa kumi n’ebyiri ku isaha ngengamasaha mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Tereleviziyo yo muri Australia ya ABC, ndetse n’ibigo bitandukanye, byatangaje ko byahuye n’ikibazo gikomeye kiri tekinike cyanagize ingaruka ku bikorwa byabyo.

Nyuma y’umwanya muto hatangajwe ibi, ibindi Bihugu na byo byatangaje ikibazo nk’iki, cyagiye kigira ingaruka ku bikorwa binyuranye by’umwihariko mu bijyanye n’ihuzanzira ryo mu rwego rw’ubwikorezi.

 

Ingendo z’indege mu cyeragati

Kompanyi z’ingendo zo mu kirere zo muri Leta Zunze Ubumwe za America nka Delta, United ndetse na American Airlines, zasubitse ingendo zose zari zifite uyu munsi kubera ikibazo cyabaye mu ikoranabuhanga, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’iki Gihugu gishinzwe iby’Indege FAA (Federal Aviation Administration).

Ibibuga by’indege ku Mugabane w’u Burayi, na byo byatangaje ko byahuye n’ikibazo nk’iki, aho nk’i Berlin mu Budage, Ikibuga cy’Intege Mpuzamahanga, cyahagaritse ibikorwa.

Umuvugizi w’iki Kibuga cy’Indege yagize ati “Muri aka kanya, turifuza kumenyesha ko twagize ikibazo cya tekinike mu kugenzura no kwakira abagenzi ndetse na serivisi z’ikibuga byatumye ibikorwa bihagarara kugeza saa yine [zo muri iki Gihugu].”

Kompanyi y’indege ya Ryanair yo muri Irland, isanzwe ari iya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu kugira abagenzi benshi, na yo yatangaje ko “twahuye n’ikibazo gikomeye mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ku Isi. Turagira inama abagenzi kugera ku kibuga cy’indege nibura amasaha atatu mbere y’isaha y’uregendo.”

Ibi kandi ni na ko byagiye bitangazwa n’Ibibuga by’Indege ndetse na Kompanyi z’ingenzo zo mu kirere zo mu Bihugu binyuranye ku Isi, nko mu Bufaransa, mu Bwongereza no mu Buhindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Next Post

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.