Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, rudafite umugambi wo kurwana n’iki Gihugu.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022 cyagarutse ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo watewe n’umutwe wa M23 wubuye imirwano none DRCongo ikaba ishinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Uyu mwuka mubi wavuzwe cyane mu cyumweru twaraye dusoje nyuma y’uko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zirashe ibisasu mu Rwanda bigakomeretsa bamwe mu Baturarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Nyuma y’iraswa ry’ibi bisasu byatewe mu Rwanda ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 23 Gicurasi 2022, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo busaba itsinda ry’Ingabo rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bisasu.

Alain Mukuralinda yavuze ko uretse ibi bisasu byatewe muri uku kwezi ariko no muri Werurwe hari ibindi byarashwe mu Rwanda.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje kwifashisha inzira ziteganywa n’amategeko ndetse n’inzego zashyizweho hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo iki kibazo gikemuke aho kwifashisha inzira zo kujya kubisakaza mu itangazamakuru nkuko ubuyobozi bwa DRCongo buri kubikora.

Ati “Hari izo mechanism, hari uburyo bwashyizweho […], Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, ni ibyo u Rwanda rwahisemo.”

Mukuralinda avuga ko ibi bikorwa bya DRC, ari “ubushotoranyi dufitiye ibimenyetso ndetse n’iyi Mechanism [urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura imipaka] yavuze iti ‘kugeza uyu munsi ibyo bisasu byaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wenda ejo bazatubwira bati ‘ni kanaka warashe’.”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwasohoye itangazo bunamenyesha ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR babakuye ku mupaka aho bariho bacunga umutekano.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko nubwo ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje ariko nta mwuka wo kurwana uhari ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Umwuka wo kurwana ntawuhari, ntawuhari kuko iyo umwuka wo kurwana uba uhari, bari kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu ukihangana ariko mu kwa Gatanu barasa na we ukarasa, ntabwo bivuze ko u Rwanda rudashoboye kurasa.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo bikemuka binyuze mu nzira zashyizweho zaba ari ibiganiro ndetse n’amasezerano asanzwe ariho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 13 =

Previous Post

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

Next Post

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.