Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, rudafite umugambi wo kurwana n’iki Gihugu.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022 cyagarutse ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo watewe n’umutwe wa M23 wubuye imirwano none DRCongo ikaba ishinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Uyu mwuka mubi wavuzwe cyane mu cyumweru twaraye dusoje nyuma y’uko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zirashe ibisasu mu Rwanda bigakomeretsa bamwe mu Baturarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Nyuma y’iraswa ry’ibi bisasu byatewe mu Rwanda ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 23 Gicurasi 2022, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo busaba itsinda ry’Ingabo rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bisasu.

Alain Mukuralinda yavuze ko uretse ibi bisasu byatewe muri uku kwezi ariko no muri Werurwe hari ibindi byarashwe mu Rwanda.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje kwifashisha inzira ziteganywa n’amategeko ndetse n’inzego zashyizweho hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo iki kibazo gikemuke aho kwifashisha inzira zo kujya kubisakaza mu itangazamakuru nkuko ubuyobozi bwa DRCongo buri kubikora.

Ati “Hari izo mechanism, hari uburyo bwashyizweho […], Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, ni ibyo u Rwanda rwahisemo.”

Mukuralinda avuga ko ibi bikorwa bya DRC, ari “ubushotoranyi dufitiye ibimenyetso ndetse n’iyi Mechanism [urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura imipaka] yavuze iti ‘kugeza uyu munsi ibyo bisasu byaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wenda ejo bazatubwira bati ‘ni kanaka warashe’.”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwasohoye itangazo bunamenyesha ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR babakuye ku mupaka aho bariho bacunga umutekano.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko nubwo ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje ariko nta mwuka wo kurwana uhari ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Umwuka wo kurwana ntawuhari, ntawuhari kuko iyo umwuka wo kurwana uba uhari, bari kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu ukihangana ariko mu kwa Gatanu barasa na we ukarasa, ntabwo bivuze ko u Rwanda rudashoboye kurasa.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo bikemuka binyuze mu nzira zashyizweho zaba ari ibiganiro ndetse n’amasezerano asanzwe ariho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − nine =

Previous Post

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

Next Post

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.