Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, rudafite umugambi wo kurwana n’iki Gihugu.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022 cyagarutse ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo watewe n’umutwe wa M23 wubuye imirwano none DRCongo ikaba ishinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Uyu mwuka mubi wavuzwe cyane mu cyumweru twaraye dusoje nyuma y’uko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zirashe ibisasu mu Rwanda bigakomeretsa bamwe mu Baturarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Nyuma y’iraswa ry’ibi bisasu byatewe mu Rwanda ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 23 Gicurasi 2022, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo busaba itsinda ry’Ingabo rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bisasu.

Alain Mukuralinda yavuze ko uretse ibi bisasu byatewe muri uku kwezi ariko no muri Werurwe hari ibindi byarashwe mu Rwanda.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje kwifashisha inzira ziteganywa n’amategeko ndetse n’inzego zashyizweho hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo iki kibazo gikemuke aho kwifashisha inzira zo kujya kubisakaza mu itangazamakuru nkuko ubuyobozi bwa DRCongo buri kubikora.

Ati “Hari izo mechanism, hari uburyo bwashyizweho […], Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, ni ibyo u Rwanda rwahisemo.”

Mukuralinda avuga ko ibi bikorwa bya DRC, ari “ubushotoranyi dufitiye ibimenyetso ndetse n’iyi Mechanism [urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura imipaka] yavuze iti ‘kugeza uyu munsi ibyo bisasu byaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wenda ejo bazatubwira bati ‘ni kanaka warashe’.”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwasohoye itangazo bunamenyesha ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR babakuye ku mupaka aho bariho bacunga umutekano.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko nubwo ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje ariko nta mwuka wo kurwana uhari ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Umwuka wo kurwana ntawuhari, ntawuhari kuko iyo umwuka wo kurwana uba uhari, bari kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu ukihangana ariko mu kwa Gatanu barasa na we ukarasa, ntabwo bivuze ko u Rwanda rudashoboye kurasa.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo bikemuka binyuze mu nzira zashyizweho zaba ari ibiganiro ndetse n’amasezerano asanzwe ariho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 11 =

Previous Post

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

Next Post

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.