Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kuba umwe mu bagize Guverinoma yakurikiranwaho ruswa bishimangira ihame rya ‘Zero tolerance’ ryo kutihanganira na busa ruswa.

Ibyumweru bibiri birashize, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ahagaritse uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisohoreye itangazo ko Perezida Kagame Paul yahagaritse Bamporiki, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha na rwo rwahise rutangaza ko ruri gukurikirana uyu munyapolitiki ukekwaho ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, ndetse akaba afungiye iwe mu rugo.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ukurikiranyweho ruswa, avuga ko buri wese wakoze icyaha aba agomba kugikurikiranwaho.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe mu Rwanda hariho ihame rya ‘Zero tolerance’ [kutihanganira na busa ruswa] kandi ko rireba buri Munyarwanda.

Ati “Murabizi Abaminisitiri bava mu Banyarwanda, twe twifuza ko icika burundu ariko iyo ibonetse kuri buri Munyarwanda wese ntabwo ari uko ari Minisitiri cyangwa atari we. Umunyarwanda wese byabonekaho icya mbere biratubabaza ariko ikiza iyo yemeye icyaha nyine, inzego z’ubutabera zikora akazi kabwo.”

Yakomeje agira ati “Ahubwo ni na kimwe kirakwereka ko nyine ya tolerance [kwihanganira] koko ari zero ni uko na Minisitiri wabifatiwemo abihanirwa birashimangira uwo murongo wa Leta iyo ataba ari zero uwo Muministiri ntiyari guhanwa.”

Dr Ngirente avuga ko uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda ari gukorwaho iperereza n’inzego zibishinzwe ariko ko na we ubwe yabyemeye.

Nyuma y’umunsi umwe ahagaritswe, tariki 06 Gicurasi, Hon Bamporiki yatambukije ubutumwa kuri Twitter yemera ko yaguye mu moshya akakira indonke, ariko ko abisabira imbabazi.

Icyo gihe yari yagize ati “Nyakubahwa Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, Narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, Nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, Nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye Kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Izi mbabazi zari zasabwe na Bamporiki, zavuzweho na Perezida Paul Kagame ubwo yasubizaga umwe mu baturage wari wasubije Bamporiki ko imbabazi azikwiye ariko na we akirinda kuzongera kugwa mu cyaha nk’iki.

Perezida Kagame wasubizaga uyu wari watanze igitekerezo ku butumwa bwa Bamporiki, yagize ati Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. Kutongera gukora ibisa nkibyoyakoze bibi. Bitaruguhora mubibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki niko bimeze. Hari nabandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko nokukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!”

Bamporiki Edouard wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nyiraneza Jeanne says:
    4 years ago

    Uburyo mudohora ibihano muhanisha abakuru bakatwereye imbuto biragaragaza ubusumbane mubanyarwanda bukabije!!!kuko niba umuturage atanga ruswa cg akayakira,byagera mu bayobozi bagahanwa ki vip,ngaho ngo ibihano bisubistswe!!!ngaho ngo bafungiwe mu rugo!!ngaho ngo hari na bandi ntimubavuge!!!!bigaragaza integenge mukuyirwanya ninayo mpamvu itacika kuko abo bakomeye mworohereza ibihano ninabo barya nyinshi!!ubwose zero torerance muvuga niyihe ko ahubwo mutorera 80/100!!!
    Nyamara rubanda rugufi zero toreranze ikaba 120/100!!
    Iki kintu gihinduke kuko umuntu aba umuyobozi iyo akora ibyiza,naho iyo yakoze amarorerwa agomba kuba umuturage usanzwe.

    Reply
    • nizeeyimana bomba damascene says:
      4 years ago

      ndemeranywa nawe rwose 100/100 reba umumotari afungirwa ruswa ya 2000 Frws, reba urya mugabo wo muri REB yazize 500k ubwo se koko ni urugero rwiza muba muduha mukurikize amatigeko murakoze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Sgt Robert warekuwe yagaragaye ari kumwe n’uvugwaho kuba umwambari wa RNC

Next Post

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore batandukanye nyuma y’uko bagabanyijwe imitungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.