Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba turi Igihugu cyakira neza abantu ntibiha uburenganzira abaturanyi kutuvogera- Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuba turi Igihugu cyakira neza abantu ntibiha uburenganzira abaturanyi kutuvogera- Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wagiriye uruzinduko mu baturanyi muri Congo-Brazzaville, yavuze ko nta gushidikanya ko u Rwanda rufasha M23, gusa avuga ko afite icyizere ko umwuka mubi wavutse hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda uzarangira.

Perezida Félix Tshisekedi wagendereye mugenzi we Denis Sassou Nguesso mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yongeye kuvuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 ndetse ko ari rwo ruwuha intwaro.

Muri uru ruzinduko yagiriye mu mujyi wa Oyo uherereye mu bilometeri 400 ubuye i Brazzaville, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru ari na cyo yongeye kuvugiramo ko u Rwanda rutera inkunga uyu mutwe.

Ubwo yagarukaga ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, yagize ati “Iteka nahoraga nifuza ko baharura inzira ziduhuza aho kubaka inkuta zidutanya yewe ni na byo nakunze gusubiramo ariko ku bw’amahirwe macye turi aho turi uyu munsi.”

Perezida Félix Tshisekedi yakomeje avuga ko nubwo bimeze uko ariko “Mfite icyizere ko bitazakomeza kumera uku.”

Yavuze ko mu kubaka ubuvandimwe no gushyira hamwe hagati y’Ibihugu hatagomba kuzamo intege nke ndetse ko Igihugu cye gishyize imbere iyi ntego.

Yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyoboye ni Igihugu twifuza kubona gitemba amahoro, umutekano ndetse no kwakira neza abantu kuko Igihugu cyacu iteka giha ikaze abantu. Ariko ntibiha uburenganzira abaturanyi kuza kutuvogera.”

Yakomeje agira ati “Ndizera ko u Rwanda ruzabona iri somo kuko uyu munsi birigaragaza ko ntagushidikanya ko u Rwanda rutera inkunga M23 kugira ngo ize kudushotora.”

Gusa u Rwanda rwo haba hambere ndetse no muri ibi bihe, rwagaragaje ko ntaho ruhuriye n’uyu mutwe wa M23, ruvuga ko rudashobora gutera inkunga umutwe uwo ari wo wose wahungabanya umutekano w’ikindi Gihugu kuko nta nyungu na nke rwakuramo.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kugaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari ibibazo by’imbere muri iki Gihugu bikwiye gushakirwa umuti n’ubuyobozi bwacyo aho kujya gushakira impamvu aho zitari.

U Rwanda ahubwo rwagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari yo ikomeje kurushotora kuko Igisirikare cy’iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda cyarashe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri gusa.

FARDC imaze iminsi ikorana na FDLR baherutse kurasa ibisasu rutura mu Rwanda byakomerekeje bamwe mu Banyarwanda ndetse bikanangiza ibikorwa bimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =

Previous Post

RDF na UPDF bongeye gushimangira kunga ubumwe, ukuriye CMI aza mu Rwanda

Next Post

Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.