• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kuba wararebaga imirari ukayikosoza: Dore impamvu zatuma wemererwa guhindurirwa ifoto y’irangamuntu

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in Uncategorized
0
Kuba wararebaga imirari ukayikosoza: Dore impamvu zatuma wemererwa guhindurirwa ifoto y’irangamuntu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Hari aberekana amarangamuntu ntibemere ko ari bo

Bamwe mu baturage bavuga ko amafoto ari ku marangamuntu yabo ahabanye n’uko bagaragara ubu ku buryo hari aho bayerekana ntibemere ko ari bo, bagasaba ko ifoto zo ku marangamuntu zajya zihindurwa buri myaka 10.

Umuturage witwa Safari wo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yafashe irangamuntu afite imyaka 16 ubu akaba afite 35, yabwiye RADIOTV10 ko uko yasaga agifata irangamuntu atari ko asa ubu.

Avuga ko hari aho ajya bakamusaba kwerekana irangamuntu ariko ntibemere ko ari we.

Ati “Nifotoje nta bwanwa mfite ariko ubu bwaraje.”

Uyu muturage avuga ko byari bikwiye ko ifoto iri ku irangamuntu ihindurwa ikajyanishwa n’uko umuntu aba agaragara mu gihe aba agezemo.

Aba baturage bavuga ko bishobotse amafoto ari ku marangamuntu yajya ahindurwa nibura mu myaka iri hagati y’itanu n’icumi.

 

Si buri wese wemererwa guhindurirwa ifoto

Umukozi ushinzwe guhuza inzego n’ikigo n’Itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Umushinga w’Irangamuntu (NIDA), Bagwaneza Annet avuga ko umuntu wifuza guhindura ifoto iri ku irangamuntu abyemererwa n’amategeko ariko agatanga impamvu zumvikana.

Akomeza agaragaza izo mpamvu, ati “Kuba isura y’umuntu yarahindutse mu buryo bugaragara tuvuge yari afite nk’imirari akajya kuyikosoza cyangwa se ibibare na byo akabikosoza cyangwa se umuntu yagize ibyago agira impanuka agira inkovu mu maso arahinduka.”

Uwifuza guhinduza ifoto ku irangamuntu, abisaba NIDA akayandikira ubundi akajyana iyo rangamuntu na we ubwe akajyayo kugira ngo basuzume ubwo busabe bwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Umunyamakuru yamwatse Miliyoni 2Frw ngo adatangaza Video: Ndimbati atanze amakuru mashya

Next Post

Umunyarwanda ufite ubumuga yegukanye umudari mu irushanwa rikomeye riri kubera i Dubai

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Umunyarwanda ufite ubumuga yegukanye umudari mu irushanwa rikomeye riri kubera i Dubai

Umunyarwanda ufite ubumuga yegukanye umudari mu irushanwa rikomeye riri kubera i Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.