Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in Uncategorized
0
Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Antonio Guterres, UN High Commissioner for Refugees UNHCR at a Press Conference after 66th session of Excom. 9 October 2015. UN Photo / Jean-Marc Ferré

Share on FacebookShare on Twitter

Tariki ya 16 Nzeri buri mwaka Isi yose isabwa kuzirikana no kubungabunga akayunguruzo k’izuba (Ozone ) mu ndimi z’amahanga.

Hari abazobereye ibijyanye n’imihindagurikire ndetse no kubungabunga ibidukikije bavuga ko mu gihe aka kayunguruzo kangiritse ingaruka za mbere zigera ku kiremwa muntu ndete bikabangamira imihumekere yacyo.

Zimwe mu ngaruka bigira ku muntu harimo no kwandura indwara z’ubuhumekero, kwiyongera kw’igipimo cy’ubushyuhe ku isi n’ibindi bijyana nabyo.

Ariko kandi basobanura ko kwangirika kw’aka kayunguruzo bigirwamo uruhare n’ibikorwa bya muntu ahanini birimo nk’imyuka ituruka mu nganda n’ahamenwa imyanda hashobora  gutera ihumana ry’ikirere no gutwika imyanda hirya no hino irimo ibinyabutabire (Chemicals) bigenda bigahumanya ikirere.

By’umwihariko muri iki gihe isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19, umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye, António Guterres avuga ko mu gihe abatuye isi bakorera hamwe babungabunga akayunguruzo k’izuba no gukora ibikorwa mu buryo bitabangamira ikinyabuzima na kimwe gituye iyi si byaba ingira kamaro.

Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba.

Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yerekeye ibintu bihumanya akayunguruzo k’imirasire y’izuba yasinywe mu mwaka wa 1987.

Leta y’u Rwanda yafashe iya mbere mu gushishikariza abaturarwanda kwitabira gukoresha uburyo n’ibikoresho bitangiza akayunguruzo k’izuba guhera ku bicanwa, ibinyabiziga bidasohora imyotsi yangiza ibidukikije, bikajyana na gahunda ya car free day, aho byibura rimwe vg kabiri mu kwezi abagenda mu binyabiziga babihagarika bigafasha mu kurengera ibidukikije .

Si ibyo gusa kuko n’abacuruzi beretswe uburyo bakoresha ibyuma bikonjesha ariko ntibyangize ikirere.

Mu mwaka wa 2050 Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza Imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95%.

Byitezwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.

Inkuru ya:Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 8 =

Previous Post

10 SPORTS: Itangishaka Ibrahim na Mitrović baravutse, Rayon Sports yatwaye igikombe…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.