Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangijwe umushinga wo gutera ibiti miliyoni eshanu mu rwego rwo kurwanya isuri ku misozi ikikije Ikiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi, birimo iby’imbuto ziribwa ndetse unitezweho gutanga akazi.

Ni umushinga ushimwa n’abaturage batuye muri aka gace, bavuga ko ubazaniye amahirwe yaba ari muri iki gihe ndetse no mu bihe biri imbere.

Sindayiheba Donatien “Nateye igiti kandi nabyakiriye neza kubera ko igiti nateye none n’ubwo nshaje ariko kizagirira akamaro abankomotseho n’abazabakomokaho.”

Aba baturage kandi bavuga ko bishimiye kuba uyu mushinga uzabaha akazi, ndetse ukanatuma haboneka imbuto zo kurwanya imirire mubi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi nabwo buvuga ko ibi biti byo kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi, bizagabanya ibiza byaterwaga no kuba hatari ibiti bihagije nk’uko byagenze muri Gashyantare uyu mwaka mu Murenge wa Nyakarenzo aho ubutaka bwamanutse bugafunga umugezi wa Rusizi bikangiza imyaka y’abaturage.

Byitezwe ko mu gihe cy’imyaka itanu hazaterwa ibiti bitari munsi ya miriyoni 5 bigizwe n’ibiti bya gakondo ku kigero cya 50%, iby’imbuto ku kigero cya 30% ndetse na 20% by’ubwoko bw’ibiti mvamahanga.

Jaqueline Nukwamazina uyobora Umuryango wiyemeje gutanga umusanzu muri uyu mushinga, avuga ko ingemwe z’ibiti zizagera kuri buri muturage uzikeneye ku buntu kugira ngo abashaka gutera ibiti biborohere ndetse ko icyo basabwa gusa ari ukubyitaho.

Yagize ati “Umuturage nta kindi asabwa rwose tuzabibahera ubuntu . icyo asabwa ni ukukitaho mbese tukajyanamo ntagitere uyu munsi ngo ndarangije nzaza nje gusarura oya.”

Nibura buri mwaka mu gihe cy’imyaka tanu, abaturage barenga 100 mu Karere ka Rusizi bazajya babona akazi gahoraho muri uyu mushinga.

Umuyobozi w’Akarere mu bitabiriye itangizwa ry’uyu mushinga

Umuturage asabwa gukurikirana igiti yateye
Ingemwe z’ibitsi zizatangwa ku buntu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 20 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Muri RCS hirukanywe abakozi barenga 400 barimo Komiseri 1 n’Abofisiye bakuru 26

Next Post

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging
IMYIDAGADURO

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.