Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangijwe umushinga wo gutera ibiti miliyoni eshanu mu rwego rwo kurwanya isuri ku misozi ikikije Ikiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi, birimo iby’imbuto ziribwa ndetse unitezweho gutanga akazi.

Ni umushinga ushimwa n’abaturage batuye muri aka gace, bavuga ko ubazaniye amahirwe yaba ari muri iki gihe ndetse no mu bihe biri imbere.

Sindayiheba Donatien “Nateye igiti kandi nabyakiriye neza kubera ko igiti nateye none n’ubwo nshaje ariko kizagirira akamaro abankomotseho n’abazabakomokaho.”

Aba baturage kandi bavuga ko bishimiye kuba uyu mushinga uzabaha akazi, ndetse ukanatuma haboneka imbuto zo kurwanya imirire mubi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi nabwo buvuga ko ibi biti byo kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi, bizagabanya ibiza byaterwaga no kuba hatari ibiti bihagije nk’uko byagenze muri Gashyantare uyu mwaka mu Murenge wa Nyakarenzo aho ubutaka bwamanutse bugafunga umugezi wa Rusizi bikangiza imyaka y’abaturage.

Byitezwe ko mu gihe cy’imyaka itanu hazaterwa ibiti bitari munsi ya miriyoni 5 bigizwe n’ibiti bya gakondo ku kigero cya 50%, iby’imbuto ku kigero cya 30% ndetse na 20% by’ubwoko bw’ibiti mvamahanga.

Jaqueline Nukwamazina uyobora Umuryango wiyemeje gutanga umusanzu muri uyu mushinga, avuga ko ingemwe z’ibiti zizagera kuri buri muturage uzikeneye ku buntu kugira ngo abashaka gutera ibiti biborohere ndetse ko icyo basabwa gusa ari ukubyitaho.

Yagize ati “Umuturage nta kindi asabwa rwose tuzabibahera ubuntu . icyo asabwa ni ukukitaho mbese tukajyanamo ntagitere uyu munsi ngo ndarangije nzaza nje gusarura oya.”

Nibura buri mwaka mu gihe cy’imyaka tanu, abaturage barenga 100 mu Karere ka Rusizi bazajya babona akazi gahoraho muri uyu mushinga.

Umuyobozi w’Akarere mu bitabiriye itangizwa ry’uyu mushinga

Umuturage asabwa gukurikirana igiti yateye
Ingemwe z’ibitsi zizatangwa ku buntu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Muri RCS hirukanywe abakozi barenga 400 barimo Komiseri 1 n’Abofisiye bakuru 26

Next Post

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.