Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi bigiye kuzanira amahirwe abaturage batatekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangijwe umushinga wo gutera ibiti miliyoni eshanu mu rwego rwo kurwanya isuri ku misozi ikikije Ikiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi, birimo iby’imbuto ziribwa ndetse unitezweho gutanga akazi.

Ni umushinga ushimwa n’abaturage batuye muri aka gace, bavuga ko ubazaniye amahirwe yaba ari muri iki gihe ndetse no mu bihe biri imbere.

Sindayiheba Donatien “Nateye igiti kandi nabyakiriye neza kubera ko igiti nateye none n’ubwo nshaje ariko kizagirira akamaro abankomotseho n’abazabakomokaho.”

Aba baturage kandi bavuga ko bishimiye kuba uyu mushinga uzabaha akazi, ndetse ukanatuma haboneka imbuto zo kurwanya imirire mubi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi nabwo buvuga ko ibi biti byo kubungabunga Ikiyaga cya Kivu n’Umugezi wa Rusizi, bizagabanya ibiza byaterwaga no kuba hatari ibiti bihagije nk’uko byagenze muri Gashyantare uyu mwaka mu Murenge wa Nyakarenzo aho ubutaka bwamanutse bugafunga umugezi wa Rusizi bikangiza imyaka y’abaturage.

Byitezwe ko mu gihe cy’imyaka itanu hazaterwa ibiti bitari munsi ya miriyoni 5 bigizwe n’ibiti bya gakondo ku kigero cya 50%, iby’imbuto ku kigero cya 30% ndetse na 20% by’ubwoko bw’ibiti mvamahanga.

Jaqueline Nukwamazina uyobora Umuryango wiyemeje gutanga umusanzu muri uyu mushinga, avuga ko ingemwe z’ibiti zizagera kuri buri muturage uzikeneye ku buntu kugira ngo abashaka gutera ibiti biborohere ndetse ko icyo basabwa gusa ari ukubyitaho.

Yagize ati “Umuturage nta kindi asabwa rwose tuzabibahera ubuntu . icyo asabwa ni ukukitaho mbese tukajyanamo ntagitere uyu munsi ngo ndarangije nzaza nje gusarura oya.”

Nibura buri mwaka mu gihe cy’imyaka tanu, abaturage barenga 100 mu Karere ka Rusizi bazajya babona akazi gahoraho muri uyu mushinga.

Umuyobozi w’Akarere mu bitabiriye itangizwa ry’uyu mushinga

Umuturage asabwa gukurikirana igiti yateye
Ingemwe z’ibitsi zizatangwa ku buntu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Muri RCS hirukanywe abakozi barenga 400 barimo Komiseri 1 n’Abofisiye bakuru 26

Next Post

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.