Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva intambara yo muri Ukraine yatangira, Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika, birinze kugira icyo bavuga mu gihe abayoboye ibihugu byo ku yindi migabane bo bagaragaje uruhande bahagazemo. Ese byaba ari ukwanga kuba ba ‘Ntibiteranya’ cyangwa hari izindi mpamvu?

Iminsi umunani (8) irashize Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya atangije intambara muri Ukraine ikomeje kuyogoza byinshi muri iki Gihugu.

Kuva uru rugamba rwambikana, abakuru b’Ibihugu by’ibikomerezwa, bagize icyo bavuga nk’abo ku Mugabane w’u Burayi, bahise basaba Perezida Putin guhagarika intambara nubwo yari yatangaje ko uzashaka kumwitambika imbere azahura n’akaga gakomeye.

Gusa abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, birinze kugira icyo bavuga kuri iki kibazo gikomeje kugarukwaho n’Isi yose.

Mu Nteko Rusange idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022, mu Bihugu 193 byayitabiriye, 141 byatoye umwanzuro usaba u Burusiya guhagarika intambara, bitanu (5) birawanga mu gihe 35 byifashe.

Umusesenguzi mu bijyanye na politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana avuga ko  uku kwifata kw’ibi Bihugu, gushingiye ku bintu bibiri birimo inyungu bikura mu mibanire n’imikoranire n’u Burusiya.

Ati “U Burusiya muri iyi minsi bwaguye umubano bifitanye n’Ibihugu bya Afurika harimo gukorana ubucuruzi n’imikoranire mu bya gisirikare ku buryo uko kwifata kuvuga ngo ‘bari batangiye kwagura imikoranire n’ibihugu byinshi muri Afurika’ harimo nyine n’ibyifashe […] ubundi buriya umuntu wifashe ntabwo biba bivuze ngo ni uko atabona ikibazo, ni ukuvuga ati ‘ndakibona yego ariko ntabwo nshaka kwiteranya’.”

Alexis Nizeyimana avuga kandi ko hari n’Ibihugu byifashe bishingiye ku mikoranire bifitanye n’ibihugu by’incuti n’u Burusiya nk’u Bushinwa bumaze guha inguzanyo Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika.

Alexis Nizeyimana avuga ko Ibihugu byatoye bishyigikira uriya mwanzuro nk’u Rwanda, bidashobora kubigiraho ingaruka kuko imikoranire y’Ibihugu muri iki gihe ishingiye ku kubwizanya ukuri.

By’umwihariko, agaruka ku Rwanda, akavuga ko ntacyarubuza kugaragaza aho ruhagaze kuko iki Gihugu cyagiye gihura n’ibibazo bigoye kandi rukabasha kubyikuramo rwemye.

Ati “Ku buryo kitagifite ubwoba bwo kugaragaza uruhande giherereyemo ariko umubano wacu ushingiye ku kubwizanya ukuri…u Burusiya si igihugu tubanye nabi, u Bushinwa ntitubanye nabi. Ntabwo bivanaho inyungu u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa cyangwa n’u Burusiya.”

Muri iyi minsi umunani intambara irose muri Ukraine, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yashyize hanze itangazo rimwe ryamagana iyi ntambara yashojwe n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 2 =

Previous Post

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

Next Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.