Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva intambara yo muri Ukraine yatangira, Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika, birinze kugira icyo bavuga mu gihe abayoboye ibihugu byo ku yindi migabane bo bagaragaje uruhande bahagazemo. Ese byaba ari ukwanga kuba ba ‘Ntibiteranya’ cyangwa hari izindi mpamvu?

Iminsi umunani (8) irashize Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya atangije intambara muri Ukraine ikomeje kuyogoza byinshi muri iki Gihugu.

Kuva uru rugamba rwambikana, abakuru b’Ibihugu by’ibikomerezwa, bagize icyo bavuga nk’abo ku Mugabane w’u Burayi, bahise basaba Perezida Putin guhagarika intambara nubwo yari yatangaje ko uzashaka kumwitambika imbere azahura n’akaga gakomeye.

Gusa abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, birinze kugira icyo bavuga kuri iki kibazo gikomeje kugarukwaho n’Isi yose.

Mu Nteko Rusange idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022, mu Bihugu 193 byayitabiriye, 141 byatoye umwanzuro usaba u Burusiya guhagarika intambara, bitanu (5) birawanga mu gihe 35 byifashe.

Umusesenguzi mu bijyanye na politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana avuga ko  uku kwifata kw’ibi Bihugu, gushingiye ku bintu bibiri birimo inyungu bikura mu mibanire n’imikoranire n’u Burusiya.

Ati “U Burusiya muri iyi minsi bwaguye umubano bifitanye n’Ibihugu bya Afurika harimo gukorana ubucuruzi n’imikoranire mu bya gisirikare ku buryo uko kwifata kuvuga ngo ‘bari batangiye kwagura imikoranire n’ibihugu byinshi muri Afurika’ harimo nyine n’ibyifashe […] ubundi buriya umuntu wifashe ntabwo biba bivuze ngo ni uko atabona ikibazo, ni ukuvuga ati ‘ndakibona yego ariko ntabwo nshaka kwiteranya’.”

Alexis Nizeyimana avuga kandi ko hari n’Ibihugu byifashe bishingiye ku mikoranire bifitanye n’ibihugu by’incuti n’u Burusiya nk’u Bushinwa bumaze guha inguzanyo Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika.

Alexis Nizeyimana avuga ko Ibihugu byatoye bishyigikira uriya mwanzuro nk’u Rwanda, bidashobora kubigiraho ingaruka kuko imikoranire y’Ibihugu muri iki gihe ishingiye ku kubwizanya ukuri.

By’umwihariko, agaruka ku Rwanda, akavuga ko ntacyarubuza kugaragaza aho ruhagaze kuko iki Gihugu cyagiye gihura n’ibibazo bigoye kandi rukabasha kubyikuramo rwemye.

Ati “Ku buryo kitagifite ubwoba bwo kugaragaza uruhande giherereyemo ariko umubano wacu ushingiye ku kubwizanya ukuri…u Burusiya si igihugu tubanye nabi, u Bushinwa ntitubanye nabi. Ntabwo bivanaho inyungu u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa cyangwa n’u Burusiya.”

Muri iyi minsi umunani intambara irose muri Ukraine, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yashyize hanze itangazo rimwe ryamagana iyi ntambara yashojwe n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

Next Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Related Posts

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
13/09/2025
9

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
MU RWANDA

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.