Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva intambara yo muri Ukraine yatangira, Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika, birinze kugira icyo bavuga mu gihe abayoboye ibihugu byo ku yindi migabane bo bagaragaje uruhande bahagazemo. Ese byaba ari ukwanga kuba ba ‘Ntibiteranya’ cyangwa hari izindi mpamvu?

Iminsi umunani (8) irashize Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya atangije intambara muri Ukraine ikomeje kuyogoza byinshi muri iki Gihugu.

Kuva uru rugamba rwambikana, abakuru b’Ibihugu by’ibikomerezwa, bagize icyo bavuga nk’abo ku Mugabane w’u Burayi, bahise basaba Perezida Putin guhagarika intambara nubwo yari yatangaje ko uzashaka kumwitambika imbere azahura n’akaga gakomeye.

Gusa abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, birinze kugira icyo bavuga kuri iki kibazo gikomeje kugarukwaho n’Isi yose.

Mu Nteko Rusange idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022, mu Bihugu 193 byayitabiriye, 141 byatoye umwanzuro usaba u Burusiya guhagarika intambara, bitanu (5) birawanga mu gihe 35 byifashe.

Umusesenguzi mu bijyanye na politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana avuga ko  uku kwifata kw’ibi Bihugu, gushingiye ku bintu bibiri birimo inyungu bikura mu mibanire n’imikoranire n’u Burusiya.

Ati “U Burusiya muri iyi minsi bwaguye umubano bifitanye n’Ibihugu bya Afurika harimo gukorana ubucuruzi n’imikoranire mu bya gisirikare ku buryo uko kwifata kuvuga ngo ‘bari batangiye kwagura imikoranire n’ibihugu byinshi muri Afurika’ harimo nyine n’ibyifashe […] ubundi buriya umuntu wifashe ntabwo biba bivuze ngo ni uko atabona ikibazo, ni ukuvuga ati ‘ndakibona yego ariko ntabwo nshaka kwiteranya’.”

Alexis Nizeyimana avuga kandi ko hari n’Ibihugu byifashe bishingiye ku mikoranire bifitanye n’ibihugu by’incuti n’u Burusiya nk’u Bushinwa bumaze guha inguzanyo Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika.

Alexis Nizeyimana avuga ko Ibihugu byatoye bishyigikira uriya mwanzuro nk’u Rwanda, bidashobora kubigiraho ingaruka kuko imikoranire y’Ibihugu muri iki gihe ishingiye ku kubwizanya ukuri.

By’umwihariko, agaruka ku Rwanda, akavuga ko ntacyarubuza kugaragaza aho ruhagaze kuko iki Gihugu cyagiye gihura n’ibibazo bigoye kandi rukabasha kubyikuramo rwemye.

Ati “Ku buryo kitagifite ubwoba bwo kugaragaza uruhande giherereyemo ariko umubano wacu ushingiye ku kubwizanya ukuri…u Burusiya si igihugu tubanye nabi, u Bushinwa ntitubanye nabi. Ntabwo bivanaho inyungu u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa cyangwa n’u Burusiya.”

Muri iyi minsi umunani intambara irose muri Ukraine, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yashyize hanze itangazo rimwe ryamagana iyi ntambara yashojwe n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

Next Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.