Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi ibiri ikurikirana, Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Abibumbye, baganiriye na Perezida Paul Kagame ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC. Umusesenguzi mu bya politiki avuga ko iki Gihugu n’uyu Muryango bishobora kuba bibona hari umusanzu u Rwanda rwatanga.

Mu minsi ibiri ya mbere y’iki cyumweru; ku wa Mbere tariki 06 Ugushyingo no ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres bagiranye ibiganiro kuri telefone na Perezida Paul Kagame.

Ni ibiganiro byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byongeye kuburana umuriri, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23, yongeye gukara.

Usibye Blinken wemeje ko yavuganye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Congo Kinshasa; ntakindi Gihugu cyo muri aka karere cyigaragaza ko cyavuganye n’aba bayobozi kuri iyi ngingo, ndetse n’abahuza muri iki kibazo ntibigeze bagaragazwa mu basabwe kongera imbagara mu gukemura iki kibazo.

Umuhanga mu bya politiki mpuzamahanga, akaba n’umusesenguzi, Alexis Nizeyimana avuga ko kuba USA na Loni barahamagaye Perezida Kagame, bigaragaza ko iki Gihugu n’uyu Muryango, bibona ko hari umusanzu u Rwanda rwatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Ati “Ntekereza ko bashaka gukora igishushanyo nk’icyo bakoze muri 2013, ariko icya kabiri twibuke ko igihe cyose M23 yarwanye; bakunze kuvuga ko ari u Rwanda ruyishyigikiye, barategekerza ko na byo byaba birimo.”

Muri 2013 ubwo umutwe wa M23 wahagarikaga imirwano, u Rwanda rwabitanzemo umusanzu, aho rwasabye uyu mutwe guhosha imirwano na yo yari ikarishye icyo gihe.

Icyo gihe Imiryango mpuzamahanga yasabye u Rwanda gusaba M23 ko yarekura ibice yari yafashe birimo n’umujyi wa Goma, ubundi hagakurikiraho urugendo rutangira inzira y’ibiganiro.

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana, abona u Rwanda rutakongera gutanga uyu musanzu, kuko abo rwasabye ko bahagarika imirwano batigeze bahabwa ibyo basabaga Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Avuga ko nanone mu gihe u Rwanda rutabikora, bitarugiraho ingaruka. Ati “Buriya ingaruka zakabaye i Kigali, zakabaye zarabaye igihe cyose bazamuraga amajwi, ariko bamaze kubona ko atari byo.”

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa ko rufasha umutwe wa M23, ndetse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta aherutse kugira inama Guverinoma ya Congo yakunze kuzamura ibi birego, ko yakabaye igaragaza ibibazo nyirizina ifite bishingiye ku miyoborere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eleven =

Previous Post

Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera

Next Post

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

by radiotv10
16/06/2025
0

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase wakokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya...

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

16/06/2025
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

14/06/2025
Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.