Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rwa gisirikare ruhuriweho n’u Rwanda, DRC na Angola, rugizwe n’abasirikare 24 barimo 18 ba Angola. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire avuga ko iki Gihugu gifitemo abasirikare benshi kuko gisanzwe ari umuhuza, ufatwa nk’aho nta ruhande abogamiyeho.

Uru rwego rwa Gisirikare rwatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, mu gikorwa cyabereye i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni umuhango witabiriwe n’intumwa za Guverinoma z’Ibi Bihugu bitatu, ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererare, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC, ndetse na Téte António wa Angola.

Uru rwego rwiswe MVA-R (Mécanisme de Aérification Ad hoc Renforcé), rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano hagati y’impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC (M23 na FARDC n’abo bafatanyijwe) kemeranyijweho muri Kanama uyu mwaka.

Ni urwego rugizwe n’abasirikare 24, barimo 18 b Angola, batatu (3) b’u Rwanda ndetse n’abandi batatu (3) ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024, nyuma y’amasaha macye hatangijwe uru rwego, yavuze ko impamvu Angola ari yo ifite abasirikare benshi muri uru rwego, ari uko ari yo ifite inshingano nyinshi mu byo ruzaba rushinzwe.

Yagize ati “Angola ifite benshi kuko ni umuhuza kandi ikigamijwe ni ukureba iyubahirizwa ry’aka gahenge, muzi ko hari Ibihugu bishinjanya ku buryo rero umuhuza, ni we uba uzwi nk’aho nta ruhande abogamiyeho ku buryo ari byo bitanga icyizere kurushaho.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rufite abasirikare bakuru bashinzwe gufatanya n’aba ba Angola mu gusuzuma niba izi nshingano zo kugenzura ko agahenge gashyirwa mu bikorwa kubahirizwa.

Avuga ko aka gahenge katangiye tariki 04 Kanama 2024, kabanje kubahirizwa, ariko kuva mu kwezi gushize k’Ukwakira kuva mu matariki 12 karenzweho, bitewe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC n’imitwe ifatanya na yo irimo FDLR na Wazalendo, bakarenzeho, bakagaba ibitero ku barwanyi ba M23.

Ati “Akaba ari byo bintu biduteye impungenge, tukaba twifuza ko Guverinoma ya Congo yakumva ko aka gahenge n’ibi biganiro turimo bigamije kugarura amahoro arambye mu karere, ko intambara atari yo gisubizo ku makimbirane ari iburasirazuba bwa Congo.”

Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri

Kuki u Rwanda ruganira na Congo?

Amb. Olivier Nduhungirehe yongeye gusubiza abibaza impamvu Guverinoma y’u Rwanda iganira n’iya DRC, nyamara imirwano iri mu burasirazuba bwa kiriya Gihugu, ihuje Abanyekongo (FARDC na M23), avuga ko bishingiye ku kuba ibi bibazo byarazanye umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC.

Yavuze ko hari ibiganiro bibiri bitandukanye, birimo iby’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba by’i Nairobi bihuze Congo n’imitwe y’Abanyekongo irimo n’uyu wa M23, hakaba n’iby’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe by’i Luanda muri Angola.

Iby’i Luanda muri Angola, bihuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda kubera ibibazo bifitanye, bishingiye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyi ntambara yagize ingaruka mbi mu mubano hagati y’u Rwanda na Congo, ari na yo mpamvu hashyizweho ibi biganiro by’i Luanda “bitagamije gukemura ibibazo byose byo mu burasirazuba bwa Congo, ahubwo bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo.”

Ikibazo nyamukuru, ni icy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda winjiye mu mikoranire n’ubutegetsi bwa Congo, ndetse unakorana na FARDC muri uru rugamba rwa M23, hakaba n’ibibazo bishingiye ku byagiye bitangazwa n’ubutegetsi bwa DRC burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi wiyeruriye mu magambo ye ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegeti buriho.

Hari kandi ikibazo cya Guverinoma ya Congo ishinja ibinyoma u Rwanda gufasha umutwe wa M23 usanzwe ugizwe n’Abanyekongo barwanya akarengane gakorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ati “Haje ikibazo cy’uko badushinja gushyigikira umutwe wa M23, twe turavuga tuti ‘iki kibazo kirarambiranye’. Iki kibazo nibagikemure, kandi kugira ngo bagikemure ni ukujya mu mizi yacyo.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Congo, ko kugira ngo ibi bibazo bikemuke burundu, igomba kwicara ku meza y’ibiganiro na M23 bakajya mu mizi yacyo, “kugira ngo ntikizongera kutugaruka twebwe Abanyarwanda, kuko dufite impunzi zirenga ibihumbi ijana hano z’Abanyekongo.”

Avuga ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo byombi (kurandura FDLR n’icy’Abanyekongo b’Abatutsi bahohoterwa) birangira burundu, kugira ngo iki Gihugu kitazongera kugarurwa mu majwi y’ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − six =

Previous Post

Amajyepfo: Hafashwe abarenga 50 bakoraga ubucukuzi butemewe hatangazwa n’ingano y’amabuye y’agaciro bafatanywe

Next Post

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.