Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rwa gisirikare ruhuriweho n’u Rwanda, DRC na Angola, rugizwe n’abasirikare 24 barimo 18 ba Angola. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire avuga ko iki Gihugu gifitemo abasirikare benshi kuko gisanzwe ari umuhuza, ufatwa nk’aho nta ruhande abogamiyeho.

Uru rwego rwa Gisirikare rwatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, mu gikorwa cyabereye i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni umuhango witabiriwe n’intumwa za Guverinoma z’Ibi Bihugu bitatu, ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererare, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC, ndetse na Téte António wa Angola.

Uru rwego rwiswe MVA-R (Mécanisme de Aérification Ad hoc Renforcé), rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano hagati y’impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC (M23 na FARDC n’abo bafatanyijwe) kemeranyijweho muri Kanama uyu mwaka.

Ni urwego rugizwe n’abasirikare 24, barimo 18 b Angola, batatu (3) b’u Rwanda ndetse n’abandi batatu (3) ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024, nyuma y’amasaha macye hatangijwe uru rwego, yavuze ko impamvu Angola ari yo ifite abasirikare benshi muri uru rwego, ari uko ari yo ifite inshingano nyinshi mu byo ruzaba rushinzwe.

Yagize ati “Angola ifite benshi kuko ni umuhuza kandi ikigamijwe ni ukureba iyubahirizwa ry’aka gahenge, muzi ko hari Ibihugu bishinjanya ku buryo rero umuhuza, ni we uba uzwi nk’aho nta ruhande abogamiyeho ku buryo ari byo bitanga icyizere kurushaho.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rufite abasirikare bakuru bashinzwe gufatanya n’aba ba Angola mu gusuzuma niba izi nshingano zo kugenzura ko agahenge gashyirwa mu bikorwa kubahirizwa.

Avuga ko aka gahenge katangiye tariki 04 Kanama 2024, kabanje kubahirizwa, ariko kuva mu kwezi gushize k’Ukwakira kuva mu matariki 12 karenzweho, bitewe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC n’imitwe ifatanya na yo irimo FDLR na Wazalendo, bakarenzeho, bakagaba ibitero ku barwanyi ba M23.

Ati “Akaba ari byo bintu biduteye impungenge, tukaba twifuza ko Guverinoma ya Congo yakumva ko aka gahenge n’ibi biganiro turimo bigamije kugarura amahoro arambye mu karere, ko intambara atari yo gisubizo ku makimbirane ari iburasirazuba bwa Congo.”

Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri

Kuki u Rwanda ruganira na Congo?

Amb. Olivier Nduhungirehe yongeye gusubiza abibaza impamvu Guverinoma y’u Rwanda iganira n’iya DRC, nyamara imirwano iri mu burasirazuba bwa kiriya Gihugu, ihuje Abanyekongo (FARDC na M23), avuga ko bishingiye ku kuba ibi bibazo byarazanye umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC.

Yavuze ko hari ibiganiro bibiri bitandukanye, birimo iby’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba by’i Nairobi bihuze Congo n’imitwe y’Abanyekongo irimo n’uyu wa M23, hakaba n’iby’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe by’i Luanda muri Angola.

Iby’i Luanda muri Angola, bihuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda kubera ibibazo bifitanye, bishingiye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyi ntambara yagize ingaruka mbi mu mubano hagati y’u Rwanda na Congo, ari na yo mpamvu hashyizweho ibi biganiro by’i Luanda “bitagamije gukemura ibibazo byose byo mu burasirazuba bwa Congo, ahubwo bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo.”

Ikibazo nyamukuru, ni icy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda winjiye mu mikoranire n’ubutegetsi bwa Congo, ndetse unakorana na FARDC muri uru rugamba rwa M23, hakaba n’ibibazo bishingiye ku byagiye bitangazwa n’ubutegetsi bwa DRC burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi wiyeruriye mu magambo ye ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegeti buriho.

Hari kandi ikibazo cya Guverinoma ya Congo ishinja ibinyoma u Rwanda gufasha umutwe wa M23 usanzwe ugizwe n’Abanyekongo barwanya akarengane gakorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ati “Haje ikibazo cy’uko badushinja gushyigikira umutwe wa M23, twe turavuga tuti ‘iki kibazo kirarambiranye’. Iki kibazo nibagikemure, kandi kugira ngo bagikemure ni ukujya mu mizi yacyo.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Congo, ko kugira ngo ibi bibazo bikemuke burundu, igomba kwicara ku meza y’ibiganiro na M23 bakajya mu mizi yacyo, “kugira ngo ntikizongera kutugaruka twebwe Abanyarwanda, kuko dufite impunzi zirenga ibihumbi ijana hano z’Abanyekongo.”

Avuga ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo byombi (kurandura FDLR n’icy’Abanyekongo b’Abatutsi bahohoterwa) birangira burundu, kugira ngo iki Gihugu kitazongera kugarurwa mu majwi y’ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 14 =

Previous Post

Amajyepfo: Hafashwe abarenga 50 bakoraga ubucukuzi butemewe hatangazwa n’ingano y’amabuye y’agaciro bafatanywe

Next Post

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.