Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Umwe muri aba bacancuro yabanje guhabwa ubutumwa bubakwiye n'abarwanyi ba M23 ubwo bari bakiri i Goma

Share on FacebookShare on Twitter

Umwanzuro wa 44/34 w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye wo mu kwezi k’Ukuboza 1989 wabaye itegeko mpuzamahanga mu kwezi k’Ukwakira 2001, watangaje ko ibikorwa by’abacancuro binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga. Muri iyi minsi imvururu n’imidugararo bikurikirwa kandi bigatangazwa n’ibitangazamkuru ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga ikabitangaho ibitekerezo, ariko inkuru y’Abacancuro bamanitse amaboko i Goma yabaye nk’itarabaye kuri aya mahanga, mu gihe yari ikomeye.

Yewe n’ibitangazamakuru by’i Burayi byararuciye birarumira kuri iyi nkuru y’abacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda ubwo basubizwaga iwabo nyuma yo kumanika amaboko mu rugamba bafashamo FARDC.

Kuki baryumyeho?

Ibitangazamakuru by’Abanyaburayi, bikunze gukurikirana byacitse, byumwihariko inkuru zivuga ku bacancuro b’Abarusiya, ziba zishyushye kuri byo, ariko kuri iyi nkuru y’Abacancuro b’Abanyaburayi, baratunguranye barinumira.

Gutangaza inkuru z’aba bacancuro, ni kimwe mu byari gushyira hanze uruhare rw’uburyo u Burayi bwivanga ndetse bunagira uruhare mu bibazo by’umutekano muri Afurika.

N’iyo hari ikigo cyangwa itsinda rya gisirikare byo mu Burengerazuba bw’Isi, ryumvikanyeho icyasha, hakoreshwa uburyo bwose bicecekwa ndetse bigafatwa nk’ibitabayeho. Urugero rwa hafi ni ibi byabereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ariko iyo biza kuba ari nk’abacancuro b’itsinda ry’indwanyi ry’Abarusiya rya Wagner cyangwa irindi ritari iry’i Burayi, ubu ntayindi nkuru yari kuba ivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga byumwihariko iby’i Burayi, ariko kuko aba bacancuro bakabakaba 300 bamanikiye amaboko i Goma ari Abanyaburayi, byafashwe nk’ibitabaye.

Indi mpamvu, ifitanye isano n’inyungu Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bifite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirimo iz’amabuye y’agaciro. Erega ahari ifaranga hose, ubuzima bw’abantu n’uburenganzira bwabo, biba ubusa.

Yego turabyumva Leta Zunze Ubumwe za America, wenda bahugiye mu mihini mishya y’ubuyobozi bushya buvuga ko bushaka kongera kugarura ubuhangange bw’iki Gihugu, wenda ntibushishikajwe n’ibiri kubera muri Afurika.

Bakigera mu Rwanda babanje gusakwa kugira ngo batagira ibyo basigarana byahungabanya Abanyarwanda

Aya mashusho twabonye ya Polisi z’Igihugu yo Gihugu cyo muri Afurika yambura intwaro inasaka ahantu hose abarwanyi b’abera, ntiyakwihanganirwa n’abaturage b’Abanyaburayi bagendera ku mahame ya cyera yo kumva ko ari indakorwaho, umwirabura adashobora kugaraguza agati Umunyaburayi. Ariko burya ngo agaciro ni umuntu ukihesha, iyo akiyambuye agomba guhagarara Isi ikamwota.

Kuba hari abacancuro b’Abanyaburayi baza kwivanga mu makimbirane yo mu karere, bishimgangira imigambi mibisha ya za nyungu zishingiye ku bukungu. Igitangazamakuru cy’i Burayi kiramutse gitangaje inkuru z’abacancuro bo mu Burengerazuba bw’Isi, bishobora kuzamura ibibazo byinshi hibazwa ku nyungu bafite muri ibyo bibazo no kubiba inyuma. Kutabitangazaho, bituma hakomeza kuboneka icyuho cyo guhakana ibiba bibavugwaho.

Iyo Ibihugu by’u Burayi biza kuba koko bigendera ku ndangagaciro bikunze kuvuga no kwigisga abandi, byagakwiye kuba byaratoboye bikavuga iby’aba bacancuro bari muri Kivu. Rubanda bakeneye kumenya amakuru arambuye kuri aba barwanyi, uwabahaye akazi ndetse n’ubutumwa bari bafite. Kutabavugaho rero byashimangiye wa murongo wo kubogama kwabo bakunze gushinjwa. Abaturage bo mu karere k’Ibiyaga bigari, bamaze ibinyacumi byinshi bari mu bibazo by’amakimbirane, kandi byinshi muri byo haba hari imbaraga zituruka hanze zibifitemo akaboko. Dukeneye igisubizo cy’ibi bibazo: Kuki baruciye bakarumira kuri iyi nkuru? N’ibihe bindi bikomeje guhishirwa? Ese aba bacancuro b’Abanya-Romania bazatabwa muri yombi igihe bazaba bageze i Burayi? Reka tubihange amaso.

Bageze mu Rwanda babanza gusakwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − nine =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.